• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abakozi ba Sosiyete y’Indege ya DRCongo bamaze amezi 19 badahembwa bakamejeje

radiotv10by radiotv10
18/10/2022
in MU RWANDA
0
Abakozi ba Sosiyete y’Indege ya DRCongo bamaze amezi 19 badahembwa bakamejeje
Share on FacebookShare on Twitter

Abakozi ba sosiyete y’indege ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (Congo Airways) bihaye iminsi itatu badakora akazi, bagaragaza akababaro ko kuba bamwe bamaze amezi arindwi (7) badahembwa ndetse n’abandi bakora bubyizi bamaze amezi 19 batazi uko umushahara usa.

Iki gikorwa gisa n’imyigaragambyo, cyatangiye kuri uyu wa Mbere tariki 17 Ukwakira 2022, aho ibiro bya Congo Airways biherereye i Lubumbashi, mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere byari bifunze.

Abakozi bari bafunze ibiro ubundi bajya hanze y’ibiro, baririmba indirimbo zisaba guhabwa uburenganzira bwabo bwo kwishyurwa imishahara y’amezi arindwi bamaze badahembwa kandi bakaba batarigeze basiba n’umunsi n’umwe.

Umwe muri bo, yagize ati “Ntitugomba gukomeza gukora tudahembwa kandi turi ababyeyi bafite abana, dufite inzu twishyura ubukode, yewe ubu abana bacu ntibagiye no ku ishuri, abandi turi gusohorwa mu nzu, ntidufite amafaranga yo kwivuza. Ni yo mpamvu turi hano kugira ngo dusabe uburenganzira bwacu.”

Aba bakozi ba Congo Airways bari bafite ibyapa byanditseho ubutumwa bugaragaza akababaro bafite, birimo ibyanditseho ngo “Abakozi baribagiranye, imiryango ibayeho nabi, Ababyeyi badahembwa, abana babuze uko bajya ku ishuri.”

Muri aba bakozi ba Congo Airways kandi harimo abakora mu buryo bwa bubyizi bamaze amezi 19 badahembwa, bakaba bari baje gufatanya na bagenzi babo bakorera mu biro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 17 =

Previous Post

Umwanya w’u Rwanda mu Bihugu 10 bya mbere ku Isi byugarijwe n’itumbagire ry’ibiciro

Next Post

Amagorofa batujwemo ntibumva uko inzu imwe bayitekeramo, bakayihereramo, bakanayogeramo

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Amagorofa batujwemo ntibumva uko inzu imwe bayitekeramo, bakayihereramo, bakanayogeramo

Amagorofa batujwemo ntibumva uko inzu imwe bayitekeramo, bakayihereramo, bakanayogeramo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.