Saturday, June 14, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ndekyezi umaze gupfusha abantu 8 bishwe na Ebola yavuze amagambo ateye agahinda

radiotv10by radiotv10
05/11/2022
in MU RWANDA
0
Ndekyezi umaze gupfusha abantu 8 bishwe na Ebola yavuze amagambo ateye agahinda
Share on FacebookShare on Twitter

Ndekyezi Samuel, Umunya-Uganda w’imyaka 66 y’amavuko, umaze gupfusha abantu umunani bahitanywe na Ebola, yavuze ko akurikije ibimaze kumubaho muri iki gihe gito, yagombye kuba yariyahuye.

Uyu mugabo utuye mu Karere ka Mubende kagaragayemo bwa mbere iyi ndwara ya Ebola ndetse Umunya-Uganda wa mbere wasanganywe iyi ndwara akaba ari umwana we wanaje guhitanwa na yo.

Uretse uyu mwana w’uyu musaza waje guhitanwa n’iyi ndwara, hari n’abandi bantu barindwi ba hafi ye barimo abana be, bahitanywe n’iyi ndwara.

Mu kiganiro yagiranye na BBC, Ndekyezi yagaragaje agahinda ko kubura abe umunani muri iki gihe gito kuva iyi ndwara ya Ebola yagaragara muri Uganda.

Ati “Abandi bose yarabahitanye, hasigaye akana kamwe, kari hano, ni ko konyine gasigaye, abandi bose barapfuye.”

Avuga ko uretse ko na we habaye ah’umutima ukomeye ariko na we yagombaga kwiyahura. Ati “No kwiyahura nagombye kwiyahura, ariko mfite umutima ukomeye utumpa ntiyahura.”

Ndekyezi na we yari amaze iminsi ari mu kato we n’abandi bantu 26 bo mu muryango we, aho bamaze ibyumweru bitatu bakurikiranirwa hafi, gusa we nta na rimwe bigeze bamupima ngo bamubonemo iyi ndwara.

Yagize ati “Namazeyo iminsi 21 mu kato. Bamfashe ibizamini inshuro nyinshi ariko basanga nta Ebola mfite.” 

Avuga ko nyuma yuko uriya mwana agaragaweho Ebola ikaza no kumuhitana, batahise bamenye indwara, hari n’abandi bo mu muryango we bagiye baremba, ndetse bamwe bakaza kwitaba Imana.

Ndekyezi avuga ko uwo mwana we, yabanje kwiyambaza abaganga ba gakondo, nyuma aza kujya ku mavuriro ya kizungu ari na ho iyi ndwara yaje kumwivuganira.

Avuga ko iyi ndwara yamuzaniye akaga gakomeye kuko n’aho yashakishirizaga imibereho, hasa nk’aho inzira zasibamye.

Yari asanzwe afite iduka ariko nyuma yo kuvanwa mu kato “Nasanze ibyarimo byose barabisahuye, nari mfite inkoko nasanze zose barazitwaye, nari mfite n’ingurube n’ihene, na zo nasanze barazitwaye.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 20 =

Previous Post

Imvune zavuyemo umunyenga: Uwagowe no gutwita abana 5 ubu arababona akibagirwa uburibwe

Next Post

Amakuru meza ku biga muri IPRC-Kigali yari yafungiwe ubujura bukekwa ku barimo umuyobozi wayo

Related Posts

RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

by radiotv10
14/06/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro akurikiranyweho kwica ateraguye ibyuma umugore bari bamaranye amezi abiri babana,...

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

by radiotv10
13/06/2025
0

Umunyamakuru Sengabo Jean Bosco wamenyekanye nka Fatakumavuta, yahamijwe ibyaha akurikiranyweho bishingiye ku byo yatangazaga ku byamamare birimo gutangaza amakuru y’ibihuha,...

Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

by radiotv10
13/06/2025
0

Ubuyobozi bw’uruganda ‘Basile Industries ltd’ ruherereye mu Karere ka Muhanga, rwakoragamo umukozi wishwe n’imashini yakoreshaga, rwizeje ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ko...

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

by radiotv10
13/06/2025
0

Mu rubanza rw’ubujurire, Kazungu Denis wiyemereye kwica abantu barenga 10 babonetse bashyinguye iwe, yatakambiye Urukiko ngo rumugabanyirize igihano cya burundu...

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

by radiotv10
13/06/2025
0

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yemeje ishingiro ry’Umushinga w’Ingengo y’Imari y’umwaka wa 2025-2026 wa miliyari 7 032 Frw, ugaragaza ubwiyongere...

IZIHERUKA

RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso
MU RWANDA

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

by radiotv10
14/06/2025
0

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

14/06/2025
Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

14/06/2025
Perezida wa Afurika y’Epfo yakirijwe amarira ubwo yasuraga abaturahe bagize ibyago

Perezida wa Afurika y’Epfo yakirijwe amarira ubwo yasuraga abaturahe bagize ibyago

14/06/2025
Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

13/06/2025
Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

13/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru meza ku biga muri IPRC-Kigali yari yafungiwe ubujura bukekwa ku barimo umuyobozi wayo

Amakuru meza ku biga muri IPRC-Kigali yari yafungiwe ubujura bukekwa ku barimo umuyobozi wayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.