• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

IFOTO: Umuganga wafotowe ahetse umwana w’umurwayi yakoze benshi ku mutima

radiotv10by radiotv10
19/11/2022
in AMAHANGA, IMIBEREHO
5
IFOTO: Umuganga wafotowe ahetse umwana w’umurwayi yakoze benshi ku mutima
Share on FacebookShare on Twitter

Umuganga wo mu Bitaro bimwe byo muri Uganda, wafotowe ahetse mu mugongo umwana w’umwe mu barwayi, yakoze benshi ku mutima, bamushimiye ukwicisha bugufi.

Ni ifoto yashyizwe hanze n’inzobere mu kuvura indwara z’abana, Sabrina Kitaka akaba n’umwarimu muri Makerere University, washimye uyu muganga witwa Dr Roland Semakula.

Sabrina Kitaka yashyize ifoto kuri Twitter, ayiherekeza ubutumwa bugira buti “Intwari yanjye y’uyu munsi ni Dr Roland Semakula! Umuganda ufite umuhate kandi wicisha bugufi.”

Iyi foto yatanzweho ibitekerezo byiganjemo iby’abashima uyu muganga ku bw’uku kwicisha bugufi kwe yagaragaraje.

Uwitwa Slay Farmer’s Husband kuri Twitter yagize ati “Iki Gihugu kiracyafite abantu beza, abantu bagira umutima mwiza kandi wo kwicisha bugufi.”

Uwitwa Josh Ongom na we yagize ati “Gutabara ubuzima bw’abantu ntabwo ari ibya buri wese….bituruka mu mutima. Ubwo bwiyoroshye bikwiye ikiremwamuntu.”

Hope Murungi na we ati “Mbega byiza Dr Roland. Nakwifuje ko tugira benshi nkawe. Umuhate no kwiyemeza kwawe bijye bihora bikugarukira. Imana iguhe umugisha.”

RADIOTV10

Comments 5

  1. noah ntibiringirwa says:
    4 years ago

    Uwo muganga ni uwo gushimirwa nabere abandi urugero kandi Imana imwongerere imigisha mu mirimo ye nokwisha bugufi nubutwari pe

    Reply
  2. Jack says:
    4 years ago

    Iyaba n’abaganga bacu mu Rwanda bamenyaga ko kwicisha bugufi no kumbwira neza abakugana ariwo muri w’ibanze bagakoze nkuyu rwose this touched me but muri iyi minsi nagiye mu bitaro 2 bya leta byose abanyakitiye bavuga nabi kuburyo wibaza niba bashinzwe ubuzima bikakuyobera @ministry of health bazajye bahugura abaganga mbere Yuko bajya mu nahingano

    Reply
  3. Esperance Mukarugwiza says:
    4 years ago

    Igitangaje muri byo nari nagize ngo ni umudamu none numugabo yo birashimishije

    Reply
  4. Anne Umuramyi says:
    4 years ago

    Yooooooo 😭 Mubuzima dukeneye abantu nkabo , bagira umutima mwiza nubwiyoroshye kugirango Imirimo bakora igirumumaro
    Abaganga tubaziho ubunyangamugayo gusa Ubwo nubudasa twese dukoze nkuwo Is yabanziza kurusha uko twayisanze sho kubambi …. Twese twige kwiyoroshya nibwo bumuntu 👋🙏🙏🙏

    Reply
  5. Niyitegeka pierre says:
    4 years ago

    Kbs abaganga mwigire kuruyu mugabo wenda nsimvuze ngo namwe muheke abana baba rwayi ariko nubwo mwabaheka ntacyo bitwaye icyo dukeneye nukutuvugisha neza mutwakira . Cyanecyane ikigo nderabuzima cya Rangiro inyamasheke habaga umuganga witwa valentine gusa yavugaga nabi yatwacyinaga nibitutsi byinshi

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × two =

Previous Post

U Rwanda rwavuze ku cyizere cyo kuba Mushikiwabo yongera gutorerwa kuyobora OIF

Next Post

Hatahuwe umusore wibaga insinga ku mapiloni ngo azigurishe mu ‘njyamani’

Related Posts

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

Next Post
Hatahuwe umusore wibaga insinga ku mapiloni ngo azigurishe mu ‘njyamani’

Hatahuwe umusore wibaga insinga ku mapiloni ngo azigurishe mu 'njyamani'

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.