Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

IFOTO: Umuganga wafotowe ahetse umwana w’umurwayi yakoze benshi ku mutima

radiotv10by radiotv10
19/11/2022
in AMAHANGA, IMIBEREHO
5
IFOTO: Umuganga wafotowe ahetse umwana w’umurwayi yakoze benshi ku mutima
Share on FacebookShare on Twitter

Umuganga wo mu Bitaro bimwe byo muri Uganda, wafotowe ahetse mu mugongo umwana w’umwe mu barwayi, yakoze benshi ku mutima, bamushimiye ukwicisha bugufi.

Ni ifoto yashyizwe hanze n’inzobere mu kuvura indwara z’abana, Sabrina Kitaka akaba n’umwarimu muri Makerere University, washimye uyu muganga witwa Dr Roland Semakula.

Sabrina Kitaka yashyize ifoto kuri Twitter, ayiherekeza ubutumwa bugira buti “Intwari yanjye y’uyu munsi ni Dr Roland Semakula! Umuganda ufite umuhate kandi wicisha bugufi.”

Iyi foto yatanzweho ibitekerezo byiganjemo iby’abashima uyu muganga ku bw’uku kwicisha bugufi kwe yagaragaraje.

Uwitwa Slay Farmer’s Husband kuri Twitter yagize ati “Iki Gihugu kiracyafite abantu beza, abantu bagira umutima mwiza kandi wo kwicisha bugufi.”

Uwitwa Josh Ongom na we yagize ati “Gutabara ubuzima bw’abantu ntabwo ari ibya buri wese….bituruka mu mutima. Ubwo bwiyoroshye bikwiye ikiremwamuntu.”

Hope Murungi na we ati “Mbega byiza Dr Roland. Nakwifuje ko tugira benshi nkawe. Umuhate no kwiyemeza kwawe bijye bihora bikugarukira. Imana iguhe umugisha.”

RADIOTV10

Comments 5

  1. noah ntibiringirwa says:
    3 years ago

    Uwo muganga ni uwo gushimirwa nabere abandi urugero kandi Imana imwongerere imigisha mu mirimo ye nokwisha bugufi nubutwari pe

    Reply
  2. Jack says:
    3 years ago

    Iyaba n’abaganga bacu mu Rwanda bamenyaga ko kwicisha bugufi no kumbwira neza abakugana ariwo muri w’ibanze bagakoze nkuyu rwose this touched me but muri iyi minsi nagiye mu bitaro 2 bya leta byose abanyakitiye bavuga nabi kuburyo wibaza niba bashinzwe ubuzima bikakuyobera @ministry of health bazajye bahugura abaganga mbere Yuko bajya mu nahingano

    Reply
  3. Esperance Mukarugwiza says:
    3 years ago

    Igitangaje muri byo nari nagize ngo ni umudamu none numugabo yo birashimishije

    Reply
  4. Anne Umuramyi says:
    3 years ago

    Yooooooo 😭 Mubuzima dukeneye abantu nkabo , bagira umutima mwiza nubwiyoroshye kugirango Imirimo bakora igirumumaro
    Abaganga tubaziho ubunyangamugayo gusa Ubwo nubudasa twese dukoze nkuwo Is yabanziza kurusha uko twayisanze sho kubambi …. Twese twige kwiyoroshya nibwo bumuntu 👋🙏🙏🙏

    Reply
  5. Niyitegeka pierre says:
    3 years ago

    Kbs abaganga mwigire kuruyu mugabo wenda nsimvuze ngo namwe muheke abana baba rwayi ariko nubwo mwabaheka ntacyo bitwaye icyo dukeneye nukutuvugisha neza mutwakira . Cyanecyane ikigo nderabuzima cya Rangiro inyamasheke habaga umuganga witwa valentine gusa yavugaga nabi yatwacyinaga nibitutsi byinshi

    Reply

Leave a Reply to Anne Umuramyi Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − eleven =

Previous Post

U Rwanda rwavuze ku cyizere cyo kuba Mushikiwabo yongera gutorerwa kuyobora OIF

Next Post

Hatahuwe umusore wibaga insinga ku mapiloni ngo azigurishe mu ‘njyamani’

Related Posts

Hashyizwe hanze umubare w’abasirikare b’u Burundi bapfiriye muri Congo mu mezi abiri gusa

AFC/M23 yashyize hanze ubuhamya bw’Abanyekongo bari guhohoterwa bikabije n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
22/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rikomeje kwakira ubuhamya bw’Abanyekongo benshi bari mu nkambi y’impunzi ya Gatumba mu Burundi, bavuga ko bakomeje...

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko rihangayikishijwe n’ikibazo cy’Abanyekongo babuze uko basubira mu byabo mu bice birimo Umujyi wa Uvira, nyuma yuko...

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

by radiotv10
19/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano, aho rwagabye ibitero birimo iby’indege z’intambara n’ibyo...

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

by radiotv10
19/12/2025
0

Umugabo washakishwaga akekwaho kurasa abantu babiri muri Kaminuza ya Brown muri Leta Zunze Ubumwe za America, no kwica umwarimu wa...

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

by radiotv10
19/12/2025
0

The AFC/M23 coalition has announced that the opposing side continues to violate the ceasefire agreement, carrying out attacks that include...

IZIHERUKA

Hashyizwe hanze umubare w’abasirikare b’u Burundi bapfiriye muri Congo mu mezi abiri gusa
AMAHANGA

AFC/M23 yashyize hanze ubuhamya bw’Abanyekongo bari guhohoterwa bikabije n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
22/12/2025
0

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

22/12/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

22/12/2025
Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

22/12/2025
How young Rwandans build modern careers while staying connected to culture and community

How young Rwandans build modern careers while staying connected to culture and community

22/12/2025
UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

21/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatahuwe umusore wibaga insinga ku mapiloni ngo azigurishe mu ‘njyamani’

Hatahuwe umusore wibaga insinga ku mapiloni ngo azigurishe mu 'njyamani'

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yashyize hanze ubuhamya bw’Abanyekongo bari guhohoterwa bikabije n’Igisirikare cy’u Burundi

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.