Thursday, September 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

IFOTO: Umuganga wafotowe ahetse umwana w’umurwayi yakoze benshi ku mutima

radiotv10by radiotv10
19/11/2022
in AMAHANGA, IMIBEREHO
5
IFOTO: Umuganga wafotowe ahetse umwana w’umurwayi yakoze benshi ku mutima
Share on FacebookShare on Twitter

Umuganga wo mu Bitaro bimwe byo muri Uganda, wafotowe ahetse mu mugongo umwana w’umwe mu barwayi, yakoze benshi ku mutima, bamushimiye ukwicisha bugufi.

Ni ifoto yashyizwe hanze n’inzobere mu kuvura indwara z’abana, Sabrina Kitaka akaba n’umwarimu muri Makerere University, washimye uyu muganga witwa Dr Roland Semakula.

Sabrina Kitaka yashyize ifoto kuri Twitter, ayiherekeza ubutumwa bugira buti “Intwari yanjye y’uyu munsi ni Dr Roland Semakula! Umuganda ufite umuhate kandi wicisha bugufi.”

Iyi foto yatanzweho ibitekerezo byiganjemo iby’abashima uyu muganga ku bw’uku kwicisha bugufi kwe yagaragaraje.

Uwitwa Slay Farmer’s Husband kuri Twitter yagize ati “Iki Gihugu kiracyafite abantu beza, abantu bagira umutima mwiza kandi wo kwicisha bugufi.”

Uwitwa Josh Ongom na we yagize ati “Gutabara ubuzima bw’abantu ntabwo ari ibya buri wese….bituruka mu mutima. Ubwo bwiyoroshye bikwiye ikiremwamuntu.”

Hope Murungi na we ati “Mbega byiza Dr Roland. Nakwifuje ko tugira benshi nkawe. Umuhate no kwiyemeza kwawe bijye bihora bikugarukira. Imana iguhe umugisha.”

RADIOTV10

Comments 5

  1. noah ntibiringirwa says:
    3 years ago

    Uwo muganga ni uwo gushimirwa nabere abandi urugero kandi Imana imwongerere imigisha mu mirimo ye nokwisha bugufi nubutwari pe

    Reply
  2. Jack says:
    3 years ago

    Iyaba n’abaganga bacu mu Rwanda bamenyaga ko kwicisha bugufi no kumbwira neza abakugana ariwo muri w’ibanze bagakoze nkuyu rwose this touched me but muri iyi minsi nagiye mu bitaro 2 bya leta byose abanyakitiye bavuga nabi kuburyo wibaza niba bashinzwe ubuzima bikakuyobera @ministry of health bazajye bahugura abaganga mbere Yuko bajya mu nahingano

    Reply
  3. Esperance Mukarugwiza says:
    3 years ago

    Igitangaje muri byo nari nagize ngo ni umudamu none numugabo yo birashimishije

    Reply
  4. Anne Umuramyi says:
    3 years ago

    Yooooooo 😭 Mubuzima dukeneye abantu nkabo , bagira umutima mwiza nubwiyoroshye kugirango Imirimo bakora igirumumaro
    Abaganga tubaziho ubunyangamugayo gusa Ubwo nubudasa twese dukoze nkuwo Is yabanziza kurusha uko twayisanze sho kubambi …. Twese twige kwiyoroshya nibwo bumuntu 👋🙏🙏🙏

    Reply
  5. Niyitegeka pierre says:
    3 years ago

    Kbs abaganga mwigire kuruyu mugabo wenda nsimvuze ngo namwe muheke abana baba rwayi ariko nubwo mwabaheka ntacyo bitwaye icyo dukeneye nukutuvugisha neza mutwakira . Cyanecyane ikigo nderabuzima cya Rangiro inyamasheke habaga umuganga witwa valentine gusa yavugaga nabi yatwacyinaga nibitutsi byinshi

    Reply

Leave a Reply to Anne Umuramyi Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + 13 =

Previous Post

U Rwanda rwavuze ku cyizere cyo kuba Mushikiwabo yongera gutorerwa kuyobora OIF

Next Post

Hatahuwe umusore wibaga insinga ku mapiloni ngo azigurishe mu ‘njyamani’

Related Posts

Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

by radiotv10
17/09/2025
0

Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe iperereza, yemeje ko abayobozi ba Israel bakoze Jenoside ku Banya-Palestine bo mu Ntara ya Gaza. Raporo...

Hashyizwe hanze ibimenyetso bigaragaza ko ushinjwa kwica Charlie Kirk ari we wabikoze

Hashyizwe hanze ibimenyetso bigaragaza ko ushinjwa kwica Charlie Kirk ari we wabikoze

by radiotv10
17/09/2025
0

Ubushinjacyaha buburana na Tyler Robinson ukekwaho kwica Umunyamerika Charlie Kirk, inshuti ikomeye ya Perezida Trump, bwagaragaje bumwe mu butumwa bwoherejwe...

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

by radiotv10
16/09/2025
0

Ifoto yafashwe mu 1863 yerekana umucakara yuzuye inkovu umugongo wose, igaragaza amateka y’ubucakara bwakorewe abirabura muri Leta Zunze Ubumwe za...

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

by radiotv10
16/09/2025
0

Ikubuga cy’Indege Mpuzamahanga cyitiriwe Melchior Ndadaye kiri i Bujumbura mu Burundi, cyamaze ijoro ryose nta ndege zikigwaho cyangwa ngo zihaguruke...

Umusatsi amaranye imyaka 15 watumye yandikwa mu banyaduhigo ku Isi

Umusatsi amaranye imyaka 15 watumye yandikwa mu banyaduhigo ku Isi

by radiotv10
16/09/2025
0

Umunyamerikakazi Aevin Dugas, ari mu byishimo nyuma yo kwandikwa mu gitabo cy’abanyaduhigo ku Isi ‘Guinness World Records’, aho yagize umusatsi...

IZIHERUKA

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you
MU RWANDA

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

by radiotv10
18/09/2025
0

Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

18/09/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

18/09/2025
Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatahuwe umusore wibaga insinga ku mapiloni ngo azigurishe mu ‘njyamani’

Hatahuwe umusore wibaga insinga ku mapiloni ngo azigurishe mu 'njyamani'

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.