Sunday, September 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Abakinnyi ba PSG barimo Neymar bagaragaye bumva indirimbo y’Umunyarwanda

radiotv10by radiotv10
30/06/2021
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Abakinnyi ba PSG barimo Neymar bagaragaye bumva indirimbo y’Umunyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mashusho y’iminota ine n’amasegonda 17 yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga za Visit Rwanda na PSG, myugariro w’Umufaransa Layvin Kurzawa na Neymar bagaragara bumva indirimbo ‘Seka’ y’umuhanzi Niyo Bosco.

Buri umwe yagombaga kuvuga ijambo ryavuzwe na mugenzi we ari kumva indirimbo yo mu Rwanda. Kurzawa avuga ko akunda gukina uyu mukino, ariko nta jambo na rimwe yumvamo. Neymar, we avuga ko ari “Kigali”.

Alessandro Florenzi na Marco Verratti ni bamwe mu barushanwa kureba amafoto y’ibintu bitandukanye bakavumbura ko ari ibyo mu Rwanda cyangwa ari iby’ahandi.

Umutaliyani Verratti afata ifoto imwe akereka mwenewabo Florenzi ko ari iyo mu Rwanda kuko haba ubwoko bwinshi bw’inyamaswa burimo imparage, Twiga cyangwa umusumbashyamba n’izindi.

Indi foto akurikizaho ni igaragaza agace karimo inyubako za Kigali Convention Centre na Radisson Blu, akavuga ko atari mu Rwanda mu gihe Florenzi we ashimangira ko ari mu Rwanda.

Image

Neymar Junior Santos (Iburyo) na bagenzi be muri gahunda ya Visit Rwanda banumva indirimbo zo mu Rwanda

Layvin Kurzawa na Thilo Kehrer barushanwa kwihumuriza ibintu bitandukanye birimo ubuki n’icyayi mu gihe kandi Verratti, Kehrer, Leandro Paredes na Kurzawa basoma ku binyobwa bitandukanye bakabasha kuvumbura ibyo ari byo babihuje no guhekenya ku birimo ikawa ya “Nyamagabe”.

Irushanwa rya nyuma ni iryo kuvumbura inyamaswa yo mu Rwanda ubanje kuyikoraho ariko utayireba. Kurzawa akora ku nzovu atayibonye, agakuraho ikiganza yihuta nk’ubabaye, agira ati “Ntabwo mbikunze, ntabwo nkina uyu mukino.”

Yongera gukora ahari inyamaswa agomba kuvumbura, akavuga ko yumva imeze nk’imbwa mbere y’uko yemeza ko ari inzovu mu gihe Thilo Kehrer na we avumbura ko inyamaswa yakozeho ari inkura.

Aya mashusho arangira abakinnyi bose bakinnye uyu mukino bashimirana hagati yabo. Marco Verratti asoza agira ati “Turasoje, u Rwanda ni rwiza kandi umunsi umwe tuzajyanayo.”

Image

Abakinnyi ba PSG kuri ubu bavuga ko bamaze kumenya ubwiza bw’u Rwanda ndetse bifuza kurusura

Guhera mu Ukuboza 2019, u Rwanda rwagiranye ubufatanye na Paris Saint-Germain, buzamara imyaka itatu bugamije kureshya abashoramari no gukomeza kuba icyerekezo kibereye ubukerarugendo.

Binyuze muri ubu bufatanye, kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 29 Kamena 2021, Visit Rwanda n’ikipe ya Paris Saint-Germain, byatangije uburyo bushya bugamije kumenyesha abafana bayo ibyiza bitatse u Rwanda.

Inkuru ya: Jean Paul Mugabe/RadioTV10 Rwanda

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 3 =

Previous Post

Ntewe ishema n’uyu mugabo, ndagukunda….The Ben na Pamela baterana imitoma

Next Post

Muhitira Félicien “Magare” yakuwe ku rutonde rw’abanyarwanda bazakina imikino Olempike 2020

Related Posts

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

by radiotv10
12/09/2025
0

Umuhanzi Israel Mbonyicyambu wamenyekanye nka Israel Mbonyi, yatangaje ko agiye gushyira hanze Album ya gatanu y’indirimbo ze azamurikira Abaturarwanda mu...

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

by radiotv10
11/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abahanzikazi babiri, Ariel Wayz na Babo Ekeight bafunzwe bakekwaho gukoresha ibiyobyabwenge, nyuma yuko bakorewe ibizamini....

Umucyo ku bukwe bwavugwaga hagati y’umukinnyikazi wa filimi uzwi mu Rwanda n’icyamamare muri Afurika

Umucyo ku bukwe bwavugwaga hagati y’umukinnyikazi wa filimi uzwi mu Rwanda n’icyamamare muri Afurika

by radiotv10
10/09/2025
0

Umukinnyi wa filimi Igihozo Nshuti Mireille yateye utwatsi amakuru akomeje gucicikana avuga ko afite ubukwe mu kwezi gutaha, azakorana n’umunyarwenya...

Umunyamakuru Rugaju Reagan bwa mbere kuva yafungurwa yumvikanye kuri radio hahita hamenyekana iyo azakoraho

Umunyamakuru Rugaju Reagan bwa mbere kuva yafungurwa yumvikanye kuri radio hahita hamenyekana iyo azakoraho

by radiotv10
10/09/2025
0

Umunyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju, uzwi mu biganiro bya Siporo, yongeye kumvikana kuri radio, ari na yo agiye gukorera...

Bwa mbere umuhanzi Niyo Bosco yagaragaje umukobwa bamaze igihe bakundana mu ibanga

Bwa mbere umuhanzi Niyo Bosco yagaragaje umukobwa bamaze igihe bakundana mu ibanga

by radiotv10
09/09/2025
0

Umuhanzi Niyo Bosco yagaragaje umukobwa bakundana, amugenera amagambo aryohereye amwifuriza isabukuru nziza, amwibutsa ko yavukiye kugira ngo umutima we umukunde...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi
MU RWANDA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

by radiotv10
13/09/2025
0

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

13/09/2025
Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

13/09/2025
UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

13/09/2025
Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

13/09/2025
Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

12/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhitira Félicien “Magare” yakuwe ku rutonde rw’abanyarwanda bazakina imikino Olempike 2020

Muhitira Félicien "Magare" yakuwe ku rutonde rw’abanyarwanda bazakina imikino Olempike 2020

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.