• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umurenge wabahaye akazi bakarangije bajya guhembesha babwirwa ko bakoraga umuganda

radiotv10by radiotv10
30/11/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umurenge wabahaye akazi bakarangije bajya guhembesha babwirwa ko bakoraga umuganda
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bamaze imyaka ibiri bishyuza amafaranga bambuwe ubwo bakoraga mu mushinga wo gukora umuhanda, bajya kwishyuza amafaranga y’icyiciro kimwe cy’aka kazi, babwirwa ko batangaga umuganda.

Aba baturage bo mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri cy’Ubudehe, bakoze imirimo y’amaboko mu gukora umuhanda uturuka ku Biro by’Umurenge wa Nyamyumba werecyeza ku Kagari ka Busoro.

Babwiye RADIOTV10 ko bishyuwe igice kimwe cy’amafaranga bakoreye mu gihe cy’iminsi 10 mu mushinga witwa HIMO, bagiye kwishyuza ay’ikindi cyiciro bakababwira ko bari mu muganda.

Umwe yagize ati “Mbese twakoze ukwezi kuzuye ariko ntibakuduhembye kose. Twabajije ku Murenge kuko bari batubwiye ngo amafaranga yaje, tugezeyo ASOC (umuyobozi ushinzwe imibereho myiza y’abaturage) aratubwira ngo ntarahagera.”

Undi muturage avuga ko bahawe aka kazi bahamagawe n’Ubuyobizi bw’Umurenge bwabanje kubatoranya kuko bwashakaga abakennye kurusha abandi kugira ngo babone uko bikenura.

Ati “Twakoze dizeni ya mbere baraduhemba, dukora dizeni ya kabiri baraduhemba, dukora dezeni ya gatatu baraduhemba, noneho dizeni ya kane ntibaduhemba, tukajya tujya mu kazi bisanzwe umuntu agasiga umuryango akajya mu kazi azi ko agiye gukora, dezeni irangiye tugiye gukora urutonde ngo bazaduhembe baratubwira ngo burya ni umuganda twatangaga.”

Uyu muturage wari uyoboye abandi (kapita) avuga ko bajyaga mu kazi bazi ko bagiye gukorera amafaranga ndetse n’imiryango igasigara izi ko bagiye kuyihahira ariko bakaza gutungurwa no kubwirwa ko bakoraga umuganda.

Ati “Umuntu agasiga umugore, agasiga abana, azi ko agiye mu kazi. Twabifashe nko kuduheza kubera ko n’uwo mushinga wari mushya waje ukora nka VUP ariko atari VUP.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamyumba, Murindangabo Eric avuga ko atari azi iki kibazo ariko ko bagiye kugikurikirana.

Ati “Icyo ngiye gukora ni ugukurikirana kugira ngo menye ko hari abaturage baba barengana muri ubwo buryo, ninsanga ari ikibazo gishobora gukemurwa n’Umurenge ugikemure.”

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + five =

Previous Post

Intumwa z’u Rwanda zagiye muri Uganda mu nama yo gushimangira umubano w’Ibihugu byombi

Next Post

Mozambique: Hagaragaye undi musaruro w’ibikorwa by’ubutwari bya RDF

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Mozambique: Hagaragaye undi musaruro w’ibikorwa by’ubutwari bya RDF

Mozambique: Hagaragaye undi musaruro w’ibikorwa by’ubutwari bya RDF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.