Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Bakomeje gutabariza Producer wari ukomeye mu Rwanda uri mu kangaratete

radiotv10by radiotv10
03/12/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Bakomeje gutabariza Producer wari ukomeye mu Rwanda uri mu kangaratete
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu mu ngeri zinyuranye barimo abafite amazina azwi mu ruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda, bakomeje gutabariza Producer Junior Multisystem uri mu bagize izina rikomeye mu Rwanda mu gutunganya umuziki, urembye nyuma yo gukora impanuka igatuma acika akaboko.

Karamuka Jean Luc wamamaye mu gutunganya indirimbo nka Junior Multisystem, yakoze impanuka tariki 30 Werurwe 2019, iza kumuviramo gucibwa akaboko.

Kuva icyo gihe yagiye agira ingaruka zaturutse kuri iyi mpanuka yatumye akaboko ke gacika, ndetse mu minsi ishize hagaragaye ifoto ye bigaragara ko yahindutse ku mubiri dore ko yari afite urubavu runini ubu akaba afite urubavu ruto.

Uyu wahoze afite izina rikomeye mu gutunganya umuziki ndetse akaba yarakoze indirimbo zakunzwe cyane mu Rwanda, muri uyu mwaka yabwiye itangazamakuru ko ubuzima bwe bumerewe nabi, gusa avuga ko abonye ubufasha yakwivuza agakira.

Mu butumwa aherutse kunyuza ku mbuga nkoranyambaga ze, Junior Multisystem yashyizeho ifoto ye bigaragara ko arembye, ashyira ubutumwa bwanditse agira ati “Munsengere.”

Umunyarwenya akaba ari n’umukinnyi wa film umaze kugira izina mu Rwanda, Mugisha Emmanuel Clapton uzwi nka Kibonke na we yatabarije Junior Mulitsystem.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze buherekejwe n’agace k’amashusho ya Junior Mulitsystem ari gucuranga, Kibonke yagize ati “Ndifuza ko twafasha Junior Multisystem ukeneye kujya kwivuza, ubuzima abayeho ntawe bwashimisha, koresha umutima, ubushobozi byibuza ni yo ryaba 100Rwf wohereze kuri nimero ye.”

Nyuma y’uyu munyarwenya, abandi bantu batandukanye barimo abazwi mu myidagaduro mu Rwanda, bagaragaje ko batewe impungenge n’ubuzima bwa Junior Multisystem ndetse ubu hakaba hatangijwe uburyo bwo gukusanya inkunga yo kumufasha.

Mbere Junior Multisystem yari ameze neza
Nyuma ubuzima bwarahindutse
Aherutse gusaba amasengesho

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − one =

Previous Post

Igitangaza: Yashimuswe afite amezi 22 akura atabizi none yabonye umuryango we nyuma y’imyaka 51

Next Post

Amakuru mashya ku wamamaye muri Film yakunzwe ku Isi uri mu mazi abira kubera gukorakora umugore

Related Posts

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhanzikazi Sarah Sanyu wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, yashyize hanze indirimbo...

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
1

Bamwe mu bamaze igihe bakoresha imbuga nkoranyambaga banazwi mu mwuga w’itangazamakuru, bagiriye inama utarazimaraho igihe ukomeje kunyuzaho ubutumwa buvugwaho ko...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

by radiotv10
27/01/2026
0

Nyuma yuko hari uwanditse avuga ngo “umwaka urahise undi uratashye Miss Namie akoze ubukwe ariko nta kanunu ko gusama”, uyu...

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

IZIHERUKA

Inkuba zikomeje kwiyongera mu Rwandau: Mu minsi ibiri ikurikirana zishe abantu mu Ntara ebyiri
MU RWANDA

Inkuba zikomeje kwiyongera mu Rwandau: Mu minsi ibiri ikurikirana zishe abantu mu Ntara ebyiri

by radiotv10
29/01/2026
0

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

29/01/2026
Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

29/01/2026
Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

29/01/2026
Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

29/01/2026
Five things you must know before a job interview

Five things you must know before a job interview

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku wamamaye muri Film yakunzwe ku Isi uri mu mazi abira kubera gukorakora umugore

Amakuru mashya ku wamamaye muri Film yakunzwe ku Isi uri mu mazi abira kubera gukorakora umugore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inkuba zikomeje kwiyongera mu Rwandau: Mu minsi ibiri ikurikirana zishe abantu mu Ntara ebyiri

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.