Saturday, November 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru mashya ku wamamaye muri Film yakunzwe ku Isi uri mu mazi abira kubera gukorakora umugore

radiotv10by radiotv10
03/12/2022
in AMAHANGA, IMYIDAGADURO, SINEMA
0
Amakuru mashya ku wamamaye muri Film yakunzwe ku Isi uri mu mazi abira kubera gukorakora umugore
Share on FacebookShare on Twitter

Umusaza w’imyaka 78 wamamaye muri film Squid Game iri mu zakunzwe cyane ku Isi, uregwa ibyaha bifitanye isano no guhohotera umugore ubwo yamukorakoraga batabyumvikanyeho, byamenyekanye ko azaburana umwaka utaha.

Uyu musaza witwa O Young-su, yamamaye muri iyi film ya Squid Game kubera imikinire ye, ukurikiranyweho ibyaha byo guhohotera umugore, urubanza rwe rwashyizwe muri Gashyantare umwaka utaha wa 2023.

Uyu mugore ashinjwa guhohotera, yari yaratanze ikirego mu kwezi k’Ukuboza 2021 ariko kiza gushyingurwa, mu gihe Umushinjacyaha wo muri Suwon mu majyepfo y’Umurwa mukuru wa Seoul yongeye kucyubura ndetse yongera gukora iperereza kuri iki cyaha cyo gukorakora umugore.

Mu cyumweru gishize, O Young-su yari yahamagajwe n’Urukiko rwo muri Korea y’Epfo nyuma yuko iki kirego cyongeye kubyutswa.

Umugore ushinja O Young-su, avuga ko yamukorakoye ku mubiri ubwo bahuraga muri 2017 mu gihe uyu mukinnyi wa Film we yakunze kubihakana avuga ko yafashe uyu mukobwa mu biganza ari kumwereka uko batembera ku kiyaga.

Umwaka ushize kandi, uyu mukinnyi wa Film yari yasabye imbabazi uyu mugore umushinja kumukorakora atabimuhereye uburenganzira, atari uko yemeraga ko yakoze iki cyaha ahubwo kuko uwo mugore yamubwiraga ko azazamura ikirego.

O Young-su muri Mutarama uyu mwaka, yegukanye igihembo gikomeye gihabwa umukinnyi mwiza wa film kizwi nka Golden Globe, aba Umunya-Korea y’Epfo wa mbere ucyegukanye.

Iyi film yitwa Squid Game, ni imwe mu zarebwe cyane kuri Netflix ndetse ikaba yarinjije akayabo ka Miliyoni z’amadolari kubera uburyo yakunzwe ku Isi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 4 =

Previous Post

Bakomeje gutabariza Producer wari ukomeye mu Rwanda uri mu kangaratete

Next Post

Hasohotse Heineken itarangwamo umusemburo yanyobwa na buri wese

Related Posts

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

by radiotv10
07/11/2025
0

Looking stylish doesn’t have to mean spending a lot of money. In Kigali, fashion is becoming more creative and affordable...

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

by radiotv10
07/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rigikomeje guhagarara ku ntego yo gucungura Abanyekongo bakomeje gukandamizwa n’ubutegetsi bw’Igihugu cyabo, nyuma yuko yerekanye amashusho...

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

by radiotv10
07/11/2025
0

Abasirikare 11 bo ku rwego rw’Abofisiye n’aba Sous-officiers mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), barimo batatu bafite...

Eng.-Senior FARDC Soldiers including Colonels accused of diverting food supplies such as rice and milk

Eng.-Senior FARDC Soldiers including Colonels accused of diverting food supplies such as rice and milk

by radiotv10
07/11/2025
0

Eleven soldiers ranked as Officers and Sous-officiers within the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC), including three...

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Umushinjacyaha wo ku rwego rw’Igihugu mu Burundi ushinzwe Komini za Kirundo na Busoni, mu Ntara ya Butanyerera amaze iminsi ahungiye...

IZIHERUKA

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank
IMYIDAGADURO

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

07/11/2025
AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

07/11/2025
Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasohotse Heineken itarangwamo umusemburo yanyobwa na buri wese

Hasohotse Heineken itarangwamo umusemburo yanyobwa na buri wese

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.