Saturday, April 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umudepite watanze urugero muri Politiki yifashishije Maguire utsinda ManU akinira akomeje kuzamura ibitwenge

radiotv10by radiotv10
02/12/2022
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umudepite watanze urugero muri Politiki yifashishije Maguire utsinda ManU akinira akomeje kuzamura ibitwenge
Share on FacebookShare on Twitter

Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Ghana yagereranyije Visi Perezida w’iki Gihugu na myugariro wa Manchester United, Harry Maguire ujya atsindisha Ikipe, amugereranya n’uyu muyobozi ukomeye mu Gihugu cye ko ari kuzambya ubukungu.

Depite Isaac Adongo yagereranyije Visi Perezida w’iki Gihugu, Dr. Mahamudu Bawumia na Maguire ku wa Gatatu w’iki Cyumweru, ubwo Inteko Rusange yariho ijya impaka ku ngengo y’imari y’iki Gihugu ya 2023.

Uyu mudepite yavuze ko ubukungu w’iki Gihugu buri gucungwa nabi n’ishyaka rya NPP (New Patriotic Party) riyobowe na Visi Perezida Dr. Mahamudu Bawumia wanigeze kuba Guverineri wungirije wa Banki Nkuru y’iki Gihugu cya Ghana.

Mu mvugo yujemo urwenya rwinshi, Depite Isaac Adongo yatangiye abwira Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ko niba asanzwe akurikirana iby’umupira w’amaguru, yaba azi myugariro Harry Maguire.

Ati “Manchester United yamubonye nka myugariro mwiza iragenda iramugura ariko yabaye ikigeragezo gikomeye ku bakinnyi bo mu bwugarizi bwo hagati bwa Manchester United, akajya aha imipira ivamo ibitego abakinnyi b’ikipe bahanganye.”

Iyi ntumwa ya rubanda yakomeje igira iti “Nyakubahwa Perezida w’Inteko, nimubona abo duhanganye bajya gutsinda, Maguire ubwe azagenda abatsindire.”

Depite Isaac Adongo wise ubukungu bwa Ghana ko ari economic Maguire, yakomeje asa nk’uwibasira Visi Perezida agaragaza ibitaragenze neza mu mirimo yagiye akora.

Ati “Nyakubahwa Perezida w’Inteko kuki twaha amahirwe Maguire akaba mu bwugarizi bwo hagati bwacu? Ubukungu bwacu bumeze nka Maguire (Economic Maguire) buri kugenda burindimuka.”

Yakomeje avuga ko kuva uyu muyobozi yatangira kuyobora, ubukungu bw’Igihugu bwatangiye kujegajega nyamara bwarahoze buhagaze bwuma.

Ubwo uyu munyapolitiki yatangaga uru rugero rwa myugariro Maguire, bagenzi be bo mu Nteko Ishinga Amategeko bari basetse batembagaye.

Amashusho y’iyi ntumwa ya rubanda itanga uru rugero, akomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga, akaba yasekeje benshi bazi imikinire ya Maguire muri Manchester United ndetse n’uburyo akunze kwitwara mu kibuga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + nineteen =

Previous Post

Hamenyekanye icyatumye ibiganiro by’i Nairobi bya Congo n’imitwe bizamo kirogoya itunguranye

Next Post

Amakuru ababaje muri ruhago y’u Rwanda

Related Posts

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

by radiotv10
11/04/2026
0

Uruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rurashinjwa gukomeza kurasa ibisasu mu bice bituwemo n’Abanyekongo b’Abanyamulenge muri Minembwe,...

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

by radiotv10
11/04/2026
0

Abahanga baherutse gukora urugendo rwerecyeza hafi y’ukwezi mu butumwa bwiswe Artemis II bagarutse ku Isi amahoro, nyuma yo kugenda ibilometero...

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byinshi byo ku Mugabane wa Afurika bikomeje gutangaza ingamba zitandukanye zo guhangana n’ikibazo cy'ibura ry'ibikomoka kuri Peteroli n’izamuka ry’ibiciro...

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

IZIHERUKA

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga
IMYIDAGADURO

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

by radiotv10
11/04/2026
0

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru ababaje muri ruhago y’u Rwanda

Amakuru ababaje muri ruhago y’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.