Wednesday, July 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Barimo uwari umuyobozi mu Rwanda n’umugore umwe- Abarwanyi ba FDLR berekanywe na M23

radiotv10by radiotv10
15/12/2022
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Barimo uwari umuyobozi mu Rwanda n’umugore umwe- Abarwanyi ba FDLR berekanywe na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Abarwanyi batanu ba FDLR bafashwe n’umutwe wa M23, beretswe itangazamakuru, banavuga imyirondoro yabo n’ibyo bakoraga n’aho bagiye bafatirwa, barimo umugore umwe ndetse n’uwahoze mu buyobozi bw’ibanze mu Rwanda mbere ya Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Aba bafashwe n’umutwe wa M23, beretswe ibitangazamakuru kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Ukuboza 2022 ubwo uyu mutwe wagiranaga ikiganiro n’abanyamakuru cyabereye mu Mujyi wa Bunagana umaze igihe uri mu maboko yawo.

Muri aba batanu beretswe itangazamakuru, harimo Pasiteri Niyonzima Jean Damascene wabaye Burugumesitiri Wungirije w’icyahoze ari Komini Kiyami muri Perefegitura ya Byumba.

Uyu mugabo werekanywe yambaye isuti ndetse yanigirije na karuvati, ubwo yivugaga, yagize ati “Nitwa Pasiteri Niyonzima Jean Damascene. Nahoze ndi Assistant Bourgmestre muri Komini ya Kinyami muri Perefegitura ya Byumba.”

Uyu Pasiteri Niyonzima Jean Damascene yavuze ko yagiye kuri uyu mwanya wa Assistant Bourgmestre wa Komini ya Kinyami kuva mu 1990 kugeza mu 1994 ubwo Jenoside Yakorewe Abatutsi yabaga.

Umuvugizi wa M23 mu bya Gisirikare, Maj Willy Ngoma, yabwiye Itangazamakuru ko Niyonzima Jean Damascene ari umuhuzabikorwa w’ubutasi bwose bwa FDLR.

Yagize ati “Ikindi yakoraga nk’Umunyabanga, azi buri kimwe cyose, ni ukuvuga ngo ikintu cyose cyabaga muri FDLR cyamunyuragaho, yewe n’umuvugizi ndetse na Perezida.”

Undi muri aba bantu beretswe itangazamakuru, yavuze ko yafatiwe mu gace ka Tongo, aho yarakoraga nk’Umunyamabanga wa Maj General Omega uri mu buyobozi bukuru bwa FDLR.

Uyu murwanyi yavuze ko akomoka mu cyahoze ari Gisenyi ahitwa muri Mutura akaba yabaga muri komandoma iyoborwa na Maj General Omega yari abereye Umunyamabanga.

Herekanywe kandi Premier Sergent Marie Chantal akaba ari na we mugore umwe muri aba beretswe itangazamakuru, wavuze ko akomoka i Gisenyi, aho yavuye mu Rwanda mu 1997 agahita ajya muri uyu mutwe wa FDLR.

Herekanywe kandi uwitwa Jacques Dieu Merci, wavuze ko yafatiwe mu gace kitwa Paris muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na we akaba yakoranaga na General Omega.

Umutwe wa FDLR ugizwe na bamwe mu basize bakoze Jenoside Yakorewe Abatutsi mu Rwanda, uri gufatanya n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) mu mirwano kimazemo iminsi na M23.

Ni na byo u Rwanda rushinja Guverinoma ya Congo Kinshasa kuba ikomeje gufasha uyu mutwe w’iterabwoba, ukaba waranakomeje ibikorwa byo kwica abo mu bwoko bw’Abatutsi bo muri Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 4 =

Previous Post

Imitsindire y’abarangije ayisumbuye: Mu bumenyi rusange hatsinze 94%, mu nderabarezi 99,9%

Next Post

Niba baraguze iki Gihugu bambwire ayo bishyuye nyabasubize-Umuherwe muri Congo yarakariye abatagetsi

Related Posts

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru aturuka mu bice biri kuberamo imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

by radiotv10
23/07/2025
0

Ibice byinshi muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, byashizemo abantu bahunze kubera imirwano imaze iminsi ibiri...

Heavy fighting between AFC/M23 and Wazalendo is taking place in various villages of Masisi

Heavy fighting between AFC/M23 and Wazalendo is taking place in various villages of Masisi

by radiotv10
23/07/2025
0

Large parts of Masisi territory in North Kivu have been emptied of residents due to ongoing fights for the past...

Hatanzwe icyifuzo mu rubanza rwa Mutamba wabaye Minisitiri w’Ubutabera muri Congo

Hatanzwe icyifuzo mu rubanza rwa Mutamba wabaye Minisitiri w’Ubutabera muri Congo

by radiotv10
23/07/2025
0

Abanyamategeko bunganira Constant Mutamba wigeze kuba Minisitiri w’Ubutabera muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, basabye Urukiko rumuburanisha ku...

Ingabo za Mali n’abacancuro b’Umutwe w’Abarusiya baravugwaho amarorerwa

Ingabo za Mali n’abacancuro b’Umutwe w’Abarusiya baravugwaho amarorerwa

by radiotv10
23/07/2025
0

Umuryango Mpuzamahanga uharanira Uburenganzira bwa Muntu, Human Rights Watch, urashinja ingabo za Mali n’umutwe w’abacancuro wa Wagner umaze imyaka ibiri...

I Goma hatahuwe ibisasu n’imbunda byahishwe n’uruhande ruhanganye na AFC/M23 ihagenzura

I Goma hatahuwe ibisasu n’imbunda byahishwe n’uruhande ruhanganye na AFC/M23 ihagenzura

by radiotv10
23/07/2025
0

Guverineri Wungirije w’Intara ya Kivu ya Ruguru, yatangaje ko igisirikare cy’Ihuriro AFC/M23 gikomeje gutahura intwaro zahishwe n’uruhande bahanganye, zirimo ibibombe,...

IZIHERUKA

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo
AMAHANGA

Amakuru aturuka mu bice biri kuberamo imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

by radiotv10
23/07/2025
0

Heavy fighting between AFC/M23 and Wazalendo is taking place in various villages of Masisi

Heavy fighting between AFC/M23 and Wazalendo is taking place in various villages of Masisi

23/07/2025
The good and bad of AI: What the future might hold

The good and bad of AI: What the future might hold

23/07/2025
Hatanzwe icyifuzo mu rubanza rwa Mutamba wabaye Minisitiri w’Ubutabera muri Congo

Hatanzwe icyifuzo mu rubanza rwa Mutamba wabaye Minisitiri w’Ubutabera muri Congo

23/07/2025
Ingabo za Mali n’abacancuro b’Umutwe w’Abarusiya baravugwaho amarorerwa

Ingabo za Mali n’abacancuro b’Umutwe w’Abarusiya baravugwaho amarorerwa

23/07/2025
Cyera kabaye Kiyovu iratangira imyitozo, Haringingo na Amissi Cedrick baritezwe

Cyera kabaye Kiyovu iratangira imyitozo, Haringingo na Amissi Cedrick baritezwe

23/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Niba baraguze iki Gihugu bambwire ayo bishyuye nyabasubize-Umuherwe muri Congo yarakariye abatagetsi

Niba baraguze iki Gihugu bambwire ayo bishyuye nyabasubize-Umuherwe muri Congo yarakariye abatagetsi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru aturuka mu bice biri kuberamo imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Heavy fighting between AFC/M23 and Wazalendo is taking place in various villages of Masisi

The good and bad of AI: What the future might hold

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.