• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umurundi asimbuye Umunyarwanda ku mwanya ukomeye muri EAC

radiotv10by radiotv10
20/12/2022
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umurundi asimbuye Umunyarwanda ku mwanya ukomeye muri EAC
Share on FacebookShare on Twitter

Umurundi Ntakirutimana Joseph yatorewe kuyobora Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA), asimbura Martin Ngoga wari kuri uyu mwanya usoje manda ye.

Ni amatora yabaye uyu munsi ku wa Kabiri tariki 20 Ukuboza 2022, nyuma yuko Ibihugu bitandukanye bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba bitoye Abadepite bagomba kubihagararira mu Nteko Ishinga Amategeko y’uyu muryango (EALA).

Ni Abadepite bazasimbura abarangije manda yabo y’imyaka itanu, aho Iyi Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba yayoborwaga n’Umunyarwanda Martin Ngoga na we wari Umudepite uhagarariye u Rwanda muri iyi Nteko yasoje manda yayo.

Martin Ngoga yasimbuwe n’Umurundi Ntakirutimana Joseph watowe kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Ukuboza 2022 mu Nteko Rusange yateranye uyu munsi.

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yashimiye uyu Murundi Ntakirutimana Joseph, amwifuriza ishya n’ihirwe muri uyu mwanya ukomeye atorewe muri EAC.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye, Evariste Ndayishimiye yagize ati “Mpaye amashimwe menshi Hon Joseph Ntakirutimana ku bwo gutsinda amatora ya Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA).”

Perezida Ndayishimiye ubu unayoboye akanama k’Abakuru b’Ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yizeje Ntakirutimana ubufasha mu kuzuza inshangano ze mu rwego rwo kugeza EAC ku cyerekezo cyayo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + twenty =

Previous Post

Messi nyuma yo gutsinda u Bufaransa ahise akorera Igi ibitari byitezwe

Next Post

Kigali: Byamenyekanye ko Fuso yakoze impanuka ikomeye yanagonze imodoka yarimo uwabaye Minisitiri

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

Next Post
Kigali: Byamenyekanye ko Fuso yakoze impanuka ikomeye yanagonze imodoka yarimo uwabaye Minisitiri

Kigali: Byamenyekanye ko Fuso yakoze impanuka ikomeye yanagonze imodoka yarimo uwabaye Minisitiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.