Friday, June 6, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

America iributsa ko hari Umunyarwanda ukekwaho Jenoside washyiriweho Miliyari 5Frw utarafatwa

radiotv10by radiotv10
27/12/2022
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
America iributsa ko hari Umunyarwanda ukekwaho Jenoside washyiriweho Miliyari 5Frw utarafatwa
Share on FacebookShare on Twitter

Leta Zunze Ubumwe za America zongeye kwibutsa ko hagishakishwa Umunyarwanda Kayishema Fulgance ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi mu Rwanda, washyiriweho miliyoni 5 USD (Miliyari 5 Frw) ku muntu uzatanga amakuru y’aho ari.

Fulgence Kayishema ni umwe mu Banyarwanda bashyiriweho agahigo ka miliyoni 5 USD ku muntu watanga amakuru yatuma bafatwa, bakagezwa imbere y’ubutabera bakabazwa uruhare bakekwaho kugira muri Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Ikigo cy’Abanyamerika gishinzwe gukurikirana ifatwa ry’abantu baba bashakishwa kubera ibyaha by’intambara, War Crimes Rewards Program, kibukije ko uyu Fulgence agishakishwa.

Mu butumwa bwanyujijwe kuri Twitter twifashishije mu kwandika inkuru nka RADIOTV10, iki kigo cyagize kiti “Jenoside yakozwe mu Rwanda [inyito ya nyayo ni Jenoside Yakorewe Abatutsi] imaze imyaka 28 ibaye, kandi bamwe mu bayigizemo uruhare barakidegembya.”

Ubutumwa bw’iki Kigo buherekejwe n’ifoto iriho uyu Fulgence Kayishema inibutsa ko uzatanga amakuru azagororerwa agahabwa miliyoni 5 USD, bukomeza bugira buti “Tanga amakuru yafasha kumuta muri yombi ubundi wishyurwe.”

Kayishema Fulgence yari ku rutonde rumwe na Felicien Kabuga, Protais Mpiranya, Augustin Bizima, Ladislas Ntaganzwa, Aloys Ndimbari na Pheneas Munyarugarama.

Muri aba, bamwe barafashwe abandi byemejwe ko bapfuye, nka Kabuga Felicien wafatiwe mu Bufaransa ubu uri kuburanishwa n’Urukiko rw’i La Haye, ukekwaho kuba ari we nyambere mu gucura umugambi wa Jenoside Yakorewe Abatutsi ndetse no kuyitera inkunga.

Mu bafashwe kandi, hari Ladislas Ntaganzwa wanoherejwe mu Rwanda, wanahamijwe ibyaha n’Urugereko Rukuru ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka, rumukatira gufungwa burundu, ariko muri iki cyumweru yatangiye kuburana ubujurire bwe mu Rukiko rw’Ubujurire.

Muri Gicurasi uyu mwaka, Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT), rwemeje ko Protais Mpiranya na we wari muri aba bari kuri uru rutonde yapfiriye muri Zimbabwe muri 2006.

Muri uko kwezi kwa Gicurasi uyu mwaka wa 2022 kandi uru rwego IRMCT rwemeje ko na Phénéas Munyarugarama na we wari kuri uru rutonde, na we yapfiriye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri 2002.

Abanyarwanda bari kuri uru rutonde

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 9 =

Previous Post

Uganda: Herekanywe umurundo w’ibirwanisho kabuhariwe by’ibyihebe bya ADF byafashwe

Next Post

Impundu zigiye kuvuga mu rugo rw’Umuhanzikazi wa Gospel ukomeye mu Rwanda

Related Posts

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

by radiotv10
05/06/2025
0

Abagabo babiri bafatiwe mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge bafite ibilo 36 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi bari bahishe mu ipine...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Impundu zigiye kuvuga mu rugo rw’Umuhanzikazi wa Gospel ukomeye mu Rwanda

Impundu zigiye kuvuga mu rugo rw’Umuhanzikazi wa Gospel ukomeye mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.