Tuesday, October 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yongeye guha gasopo FARDC na FDLR kubera ikosa ritihanganirwa bakoze

radiotv10by radiotv10
29/12/2022
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yongeye guha gasopo FARDC na FDLR kubera ikosa ritihanganirwa bakoze
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’umutwe wa M23 buratangaza ko FARDC ifatanyije n’imitwe irimo FDLR noneho bagabye igitero cy’indege y’intambara ku basivile bahungiye kuri uyu mutwe, kandi ko udashobora kwipfumbata ngo ubirebere.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’ubuyobozi bwa M23 kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Ukuboza 2022, uyu mutwe uvuga ko ku wa Gatandatu w’iki cyumweru tariki 31 Ukuboza 2022 uzagirana inama n’ingabo z’Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba (EACRF) mu rwego rwo gukomeza gushyira mu bikorwa imyanzuro y’inama zitandukanye zirimo izabere i Luanda.

Ni imyanzuro iri mu murongo umwe n’uherutse gufatwa n’uyu mutwe wo kurekura agace ka Kibumba, ukagashyikiriza izi ngabo za EACRF mu gikorwa cyabaye mu cyumweru gishize.

Gusa uyu mutwe uvuga ko nubwo ukomeje kugaragaza ubushake bwo kubahiriza iyi myanzuro, ariko ubufatanye bwa FARDC n’indi mitwe irimo FDLR, APCLS, Nyatura, CODECO na Mai-Mai, bakomeje kuwushotora bawugabaho ibitero.

Iri tangazo rigira riti “Kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Ukuboza 2022, ubwo bufatanye bwa Guverinoma ya DRC bwakoresheje ibisasu biremereye ndetse n’indege z’intambara za Sukhoi mu kugaba ibitero ku baturage bavanywe mu byabo bakaba bacumbitse nk’impunzi mu bice tugenzura nyamara barahunze ubwo bufatanye.”

M23 ikomeza ivuga ko ibi bigaragaza ko Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikomeje kurenga ku mbaraga z’akarere ndetse n’indi miryango mpuzamahanga zo gushaka umuti w’ibibazo.

Iti “Nyamara M23 yo igikomeje guhagarara ku mwanzuro wo guhagarika imirwano nkuko biteganywa n’imyanzuro y’inama y’i Luanda.”

Iri tangazo rya M23 rikomeza rigira riti “Ku bw’iyo mpamvu M23 ntabwo izicara ngo irebere ubwicanyi bukorerwa inzirakarengane mu bice igenzura, nkuko abantu bakomeje kwicirwa muri Ituri, muri Kivu ya Ruguru no muri Kivu y’Epfo bicwa n’ubwo bufatanye bwa Guverinoma ya DRC, bityo rero izakomeza kwirinda no kurinda abaturage b’abasivile bo mu bice iri gucunga.”

Uyu mutwe wa M23 usoza uvuga ko uzakomeza gushyigikira imbaraga zose z’Abakuru b’Ibihugu byo mu karere zigamije gushaka umuti w’amahoro, uboneraho kongera gusaba ibiganiro na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 10 =

Previous Post

DRC: Abaminisitiri bo mu ishyaka ry’umuherwe Katumbi bakomeje gukura akarenge muri Guverinoma

Next Post

Inkuru ibabaje ku Munyarwanda wabaga mu Bubiligi wari waburiwe irengero

Related Posts

Uko imirwano ya AFC/M23 na Wazalendo yagenze mu gace kamwe i Walikare

Amayobera ku cyatumye uruhande ruhanganye na AFC/M23 rufata icyemezo gitunguranye

by radiotv10
13/10/2025
0

Nyuma y’iminsi ibiri inyeshyamba z’umutwe wa Wazalendo urwana ku ruhande rwa Leta ya DRC zigenzura ibice bine byo muri Teritwari...

Hakozwe igikorwa cyashimishije benshi mu kurangiza intambara ya Israel na Hamas

Hakozwe igikorwa cyashimishije benshi mu kurangiza intambara ya Israel na Hamas

by radiotv10
13/10/2025
0

Israel yashyikirijwe imfungwa 20 bari barafashwe bugwate n’umutwe wa Hamas mu rwego rwo gushyira mu bikorwa amasezerano y’agahenge agamije kurangiza...

Icyo America n’u Bubiligi bavuga ku cyemezo cya Congo cyahaye itegeko FDLR

Icyo America n’u Bubiligi bavuga ku cyemezo cya Congo cyahaye itegeko FDLR

by radiotv10
13/10/2025
0

Guverinoma y’u Bubiligi n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zagaragaje ko zishimiye itangazo ry’igisirikare cya DRC (FARDC) rihamagarira abarwanyi b’umutwe...

Abadipolomate batatu bitabiriye ibiganiro byatanze umusaruro hagati ya Israel na Hamas bapfiriye mu Misiri

Abadipolomate batatu bitabiriye ibiganiro byatanze umusaruro hagati ya Israel na Hamas bapfiriye mu Misiri

by radiotv10
13/10/2025
0

Abakozi batatu b’Urwego rukuru rw’Ubuyobozi rwa Qatar, bari bitabiriye ibiganiro bihuza Israel na Hamas mu Misiri, bapfiriye mu mpanuka y’imodoka...

Intambara irarangiye- Trump yatangaje ku mugaragaro ibya Israel na Hamas

Intambara irarangiye- Trump yatangaje ku mugaragaro ibya Israel na Hamas

by radiotv10
13/10/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yatangaje ko intambara imaze imyaka ibiri ihanganishije Israel n’umutwe wa Hamas...

IZIHERUKA

Icyo basabira umuturanyi wabo uri mu buzima bubabaje burimo kuba ahahoze ubwiherero
MU RWANDA

Icyo basabira umuturanyi wabo uri mu buzima bubabaje burimo kuba ahahoze ubwiherero

by radiotv10
14/10/2025
0

BREAKING: Rayon yahagaritse Umutoza Afhamia Lotfi itandukana burundu na myugariro wayo

BREAKING: Rayon yahagaritse Umutoza Afhamia Lotfi itandukana burundu na myugariro wayo

13/10/2025
Amahirwe ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’Abofisiye

Amahirwe ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’Abofisiye

13/10/2025
AMAKURU MASHYA: Urujya n’uruza mu muhanda Kigali-Muhanga rwabangamiwe

AMAKURU MASHYA: Urujya n’uruza mu muhanda Kigali-Muhanga rwabangamiwe

13/10/2025
Uko imirwano ya AFC/M23 na Wazalendo yagenze mu gace kamwe i Walikare

Amayobera ku cyatumye uruhande ruhanganye na AFC/M23 rufata icyemezo gitunguranye

13/10/2025
Abahanzikazi bagezweho muri Gospel Nyarwanda Vestine&Dorcas buriye indege berecyeje hanze

Abahanzikazi bagezweho muri Gospel Nyarwanda Vestine&Dorcas buriye indege berecyeje hanze

13/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru ibabaje ku Munyarwanda wabaga mu Bubiligi wari waburiwe irengero

Inkuru ibabaje ku Munyarwanda wabaga mu Bubiligi wari waburiwe irengero

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo basabira umuturanyi wabo uri mu buzima bubabaje burimo kuba ahahoze ubwiherero

BREAKING: Rayon yahagaritse Umutoza Afhamia Lotfi itandukana burundu na myugariro wayo

Amahirwe ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’Abofisiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.