Monday, November 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Inama iha urubuga Abanyarwanda bose imaze gusubikwa ubugiragatatu hamenyekanye igihe ishobora kubera

radiotv10by radiotv10
04/01/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Inama iha urubuga Abanyarwanda bose imaze gusubikwa ubugiragatatu hamenyekanye igihe ishobora kubera
Share on FacebookShare on Twitter

Inama y’Igihugu y’Umushyikirano isanzwe ihuriza hamwe Abanyarwanda bose bagasasa inzobe bakungurana ibitekerezo, iheruka kuba muri 2019, ikaba imaze gusubikwa inshuro eshatu, ishobora kuba mu ntangiro z’uyu mwaka.

Umushyikirano usanzwe ari inama ngarukamwaka, iheruka kuba mu kwezi k’Ukuboza 2019 ubwo yabaga ku nshuro yayo ya 17.

Indi myaka yakurikiye, iyi nama y’Igihugu y’Umushyikirano ntiyabaye kubera icyorezo cya COVID-19 kitatumaga abantu bahurira hamwe, mu gihe iyi nama isanzwe ihuza Abanyarwanda bose ba bateraniye ku masite atandukanye.

Iya 2021 yagombaga kuba hagati ya tariki 20-21 Ukuboza 2021, yaje gusubikwa kubera n’ubundi iki cyorezo cya COVID-19.

Alain Mukuralinda, Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yatangaje ko kuba iyi nama ngarukamwaka isanzwe inateganywa n’Itego Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda imaze imyaka itatu itaba, atari ukwirengagiza iri tegeko risumba ayandi mu Rwanda.

Yagize ati “Ni byo koko inama iteganywa n’Itegeko Nshinga, ntabwo ryibagiranye kuko navuganye n’inzego zibishinjwe bambwira ko batabyibagiwe.”

Alain Mukuralinda yakomeje ahumuriza Abanyarwanda ko Guverinoma yabo idashobora kunyuranya n’Itegeko Nshinga nta mpamvu ifatika yabayeho.

Ati “Ntabwo ubuyobozi bwanyuranya n’Itegeko Nshinga nkana, aho icyorezo tukivuriyemo batangiye kuyitegura, ni yo mpamvu bavuga ngo bigenze neza mu kwezi kwa mbere cyangwa ukwa kabiri byashoboka.”

Yakomeje agaragaza ko hari icyizere ko iyi nama yaba mu gihe cya vuba kuko n’ibindi bikorwa bihuriza hamwe abantu benshi, biri gukorwa nta nkomyi ariko ko nanone hari ahacyubahirizwa ingamba zo kwirinda COVID-19.

Ati “Uyu munsi ushobora kuvuga ngo ejo ko nabonye abantu mu bitaramo muri BK Arena, Musanze na Rubavu mu mihanda, ni byiza, ndabona abantu mu mupira ni byiza ariko ndakubwira ko hari ahantu tukijya hafunganye tukabanza kwipimisha.”

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yatangaje ko iyi nama y’Igihugu y’Umushyikirano ishobora kuba muri uku kwezi kwa Mutarama cyangwa ugutaha kwa Gashyantare.

Mu Mushyikirano wa 17 uheruka kuba muri 2019, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame wagaragaje uko Igihugu cyari gihagaze, ubwo yausozaga iyi nama, yavuze ko uwo mwaka wari waragenze neza ndetse ko hari icyizere ko uwari gukurikiraho wa 2022 ushobora kuzagenda neza kurushaho ariko ko byose bizaterwa n’uko ibihe bizaba bimeze.

Icyo gihe mu Bushinwa hari haramaze kwaduka icyorezo cya COVID-19 cyaje gukwira ku Isi hose, cyaje no kugera mu Rwanda muri Werurwe 2020, kigira ingaruka ku bukungu ndetse no ku buzima bw’Abaturarwanda n’abatuye Isi bose.

Iki cyorezo ni na cyo cyatumye iyi nama y’Igihugu y’Umushyikirano itaba muri uwo mwaka wa 2020 ndetse n’uwa 2021 no muri 2022 ntiyaba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − seven =

Previous Post

Havutse impaka kubera umuyobozi ushinjwa na mugenzi we kwiba Intama akayirya

Next Post

Gen. Muhoozi yagize icyo avuga ku by’u Rwanda na DRCongo

Related Posts

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

by radiotv10
03/11/2025
0

Inzu isanzwe ari icumbi ry’abanyeshuri mu ishuri rya IWE (Institute Of Women For Excellence) Secondary School riherereye mu Karere ka...

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

by radiotv10
03/11/2025
0

The First lady of Rwanda and Chairperson of the Unity Club Intwararumuri, Mrs. Jeannette Kagame, has urged Rwandans to continue...

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

by radiotv10
03/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru w’Umuryango Unity Club Intwararumuri, Madamu Jeannette Kagame yasabye Abanyarwanda gukomeza kwimakaza Ihame ntakukuka ry’Ubunyarwanda, abibutsa ko gahunda ya...

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

by radiotv10
03/11/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Kamonyi, yafashe itsinda ry’abantu batanu barimo umugore umwe, bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano, birimo ubujura...

Kurya indyo nziza ntibikwiye kubera abantu umutwaro cyangwa bibe iby’abifite gusa- Haratangwa icyifuzo

Kurya indyo nziza ntibikwiye kubera abantu umutwaro cyangwa bibe iby’abifite gusa- Haratangwa icyifuzo

by radiotv10
03/11/2025
0

Mu gihe ibiciro by'ibicuruzwa by'ibanze birimo n’ibiribwa bikomeje gutumbagira, umuryango utegamiye kuri Leta wa Foodwatch, wagaragaje ubwoko 100 bw’ibiribwa bigomba...

IZIHERUKA

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana
MU RWANDA

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

by radiotv10
03/11/2025
0

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

03/11/2025
Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

03/11/2025
Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

03/11/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

03/11/2025
Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

03/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen. Muhoozi yagize icyo avuga ku by’u Rwanda na DRCongo

Gen. Muhoozi yagize icyo avuga ku by’u Rwanda na DRCongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.