• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Inama iha urubuga Abanyarwanda bose imaze gusubikwa ubugiragatatu hamenyekanye igihe ishobora kubera

radiotv10by radiotv10
04/01/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Inama iha urubuga Abanyarwanda bose imaze gusubikwa ubugiragatatu hamenyekanye igihe ishobora kubera
Share on FacebookShare on Twitter

Inama y’Igihugu y’Umushyikirano isanzwe ihuriza hamwe Abanyarwanda bose bagasasa inzobe bakungurana ibitekerezo, iheruka kuba muri 2019, ikaba imaze gusubikwa inshuro eshatu, ishobora kuba mu ntangiro z’uyu mwaka.

Umushyikirano usanzwe ari inama ngarukamwaka, iheruka kuba mu kwezi k’Ukuboza 2019 ubwo yabaga ku nshuro yayo ya 17.

Indi myaka yakurikiye, iyi nama y’Igihugu y’Umushyikirano ntiyabaye kubera icyorezo cya COVID-19 kitatumaga abantu bahurira hamwe, mu gihe iyi nama isanzwe ihuza Abanyarwanda bose ba bateraniye ku masite atandukanye.

Iya 2021 yagombaga kuba hagati ya tariki 20-21 Ukuboza 2021, yaje gusubikwa kubera n’ubundi iki cyorezo cya COVID-19.

Alain Mukuralinda, Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yatangaje ko kuba iyi nama ngarukamwaka isanzwe inateganywa n’Itego Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda imaze imyaka itatu itaba, atari ukwirengagiza iri tegeko risumba ayandi mu Rwanda.

Yagize ati “Ni byo koko inama iteganywa n’Itegeko Nshinga, ntabwo ryibagiranye kuko navuganye n’inzego zibishinjwe bambwira ko batabyibagiwe.”

Alain Mukuralinda yakomeje ahumuriza Abanyarwanda ko Guverinoma yabo idashobora kunyuranya n’Itegeko Nshinga nta mpamvu ifatika yabayeho.

Ati “Ntabwo ubuyobozi bwanyuranya n’Itegeko Nshinga nkana, aho icyorezo tukivuriyemo batangiye kuyitegura, ni yo mpamvu bavuga ngo bigenze neza mu kwezi kwa mbere cyangwa ukwa kabiri byashoboka.”

Yakomeje agaragaza ko hari icyizere ko iyi nama yaba mu gihe cya vuba kuko n’ibindi bikorwa bihuriza hamwe abantu benshi, biri gukorwa nta nkomyi ariko ko nanone hari ahacyubahirizwa ingamba zo kwirinda COVID-19.

Ati “Uyu munsi ushobora kuvuga ngo ejo ko nabonye abantu mu bitaramo muri BK Arena, Musanze na Rubavu mu mihanda, ni byiza, ndabona abantu mu mupira ni byiza ariko ndakubwira ko hari ahantu tukijya hafunganye tukabanza kwipimisha.”

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yatangaje ko iyi nama y’Igihugu y’Umushyikirano ishobora kuba muri uku kwezi kwa Mutarama cyangwa ugutaha kwa Gashyantare.

Mu Mushyikirano wa 17 uheruka kuba muri 2019, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame wagaragaje uko Igihugu cyari gihagaze, ubwo yausozaga iyi nama, yavuze ko uwo mwaka wari waragenze neza ndetse ko hari icyizere ko uwari gukurikiraho wa 2022 ushobora kuzagenda neza kurushaho ariko ko byose bizaterwa n’uko ibihe bizaba bimeze.

Icyo gihe mu Bushinwa hari haramaze kwaduka icyorezo cya COVID-19 cyaje gukwira ku Isi hose, cyaje no kugera mu Rwanda muri Werurwe 2020, kigira ingaruka ku bukungu ndetse no ku buzima bw’Abaturarwanda n’abatuye Isi bose.

Iki cyorezo ni na cyo cyatumye iyi nama y’Igihugu y’Umushyikirano itaba muri uwo mwaka wa 2020 ndetse n’uwa 2021 no muri 2022 ntiyaba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + sixteen =

Previous Post

Havutse impaka kubera umuyobozi ushinjwa na mugenzi we kwiba Intama akayirya

Next Post

Gen. Muhoozi yagize icyo avuga ku by’u Rwanda na DRCongo

Related Posts

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Next Post
Gen. Muhoozi yagize icyo avuga ku by’u Rwanda na DRCongo

Gen. Muhoozi yagize icyo avuga ku by’u Rwanda na DRCongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.