Monday, July 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ntabwo ari uguhahamura abantu ariko FDLR nabonye yanteye ubwoba- Umunyarwanda uvuye muri DRCongo

radiotv10by radiotv10
11/01/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
4
Ntabwo ari uguhahamura abantu ariko FDLR nabonye yanteye ubwoba- Umunyarwanda uvuye muri DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Gatete Nyiringabo Ruhumuriza, Umunyamategeko ukubutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavuze ko yatunguwe n’uburyo yasanze FDLR ari igisirikare gikomeye kuko ari cyo kirwanirira Congo, kikaba kinafite ibikorwa by’ubucuruzi bikomeye birimo n’ubuhinzi bw’urumogi runyobwa mu karere kose.

Uyu munyamategeko uherutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho yari yagiye mu bushakashatsi ku bw’ubwicanyi bwakorewe mu gace ka Kishishe byavugwaga ko M23 yishe abaturage 131.

Me Gatete wanatangaje ko basanze amakuru yari yatanzwe na Guverinoma ya Congo na MONUSCO ari ibinyuma kuko basanze harapfuye abantu 19, yavuze ko umutwe wa M23 ari wo wabarindiye umutekano ubwo we na bagenzi be bariho bakora ubu bushakashatsi.

Gusa ngo ubwo bagendaga mu bice bitandukanye, abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa FDLR babateze inshuro nyinshi bashaka kubivugana ariko M23 ikaburizamo uyu mugambi mubisha.

Me Gatete aherutse muri DRC. Aha yari kumwe n’abarwanyi ba M23

 

FDLR ni yo irwana mu mwanya wa FARDC

U Rwanda rwakunze gusaba Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kurandura umutwe w’iterabwoba wa FDLR, aho kugira ngo ibyubahirize, igahitamo gukorana n’uyu mutwe ugizwe na bamwe mu basize bahekuye u Rwanda muri Jenoside Yakorewe Abatutsi, banakomereje uyu mugambi wabo muri iki Gihugu bahungiyemo, aho bakomeje kwica abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Ubutegetsi bwa Congo Kinshasa bwo bwagiye buvuga ko umutwe wa FDLR utakibaho ngo kuko abarwanyi bayo hafi ya bose bapfuye ku buryo hasigaye amabandi gusa na yo macye adateje impungenge.

Uyu munyametegeko Gatete Nyiringabo Ruhumuriza avuga ko we yatunguwe n’uburyo yabonye umutwe wa FDLR uhagaze ubu bitandukanye n’uko bivugwa na Guverinoma ya Congo.

Ati “Ndashaka kuvuga ubwoba natewe na FDLR. Ntabwo ngiye guhahamura abantu ariko FDLR mujya mwumva…icya mbere ni yo irwana, Abasirikare na Congo bagenda bitwaje intebe za pulasitike na za zindi bazinga, abayobozi ba Congo baricara bakohereza ibisasu barangiza FDLR ikaba ari iyo ijya kurwana.”

Akomeza avuga ko uyu mutwe wa FDLR wubashywe muri Congo kuko iyo abarwanyi bawo bakomeretse bajya kuvurizwa mu mavuriro ya MONUSCO.

Ikindi ni uko uyu mutwe w’iterabwoba ufite ibikorwa bikomeye biyinjiriza amafaranga, nko kuba ufite ikibaya muri Pariki y’Igihugu ya Virunga yahinzemo urumogi.

Ati “Urumogi rwose runyobwa hano muri aka karere, Abagande banywa, Abanyarwanda banywa, Abanyekongo banywa, ni bo [FDLR] baruhinga.”

Ikindi kandi ngo FDLR yaka imisoro abandi bahinga muri aka gace ku buryo “Binjiza hafi miliyoni imwe n’igice y’amadorali [Miliyari 1,5 Frw] ku kwezi muri ibyo.”

Uyu munyamategeko avuga kandi ko hari ikigo gikorerwamo imyitozo y’abarwanyi badasanzwe ba FDLR cyashinzwe n’Igisirikare cy’Abafaransa.

Ati “FDLR bajya bavuga ngo barashaje ngo hasigaye 500, Ndashaka ko abantu bumva ko FDLR ari igisirikare.”

Uyu munyamategeko avuga ko yabajije M23 impamvu ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo butambura intwaro uyu mutwe wa FDLR, bakamusubiza ko butabikora kuko ari icyo gisirikare cyabwo.

RADIOTV10

Comments 4

  1. Jean Claude Akiiki... says:
    3 years ago

    Birashoboka se kanda na Kabarebe yarigeze kuvuga ngo FDLR yararangiye abasigaye ntibaza ngo bamare iminota 5 ku butaka bw’U Rwanda?
    Ikindi mvuga uyu mushakashatsi ndabona arimo kwenyegeza umuriro nho we azabe yirebera uko ruhana inkoyoyo nka Bakme yigeze guteranya inzovu n’imvubu(yabihambiye/yabiziritse umugozi ukomeye mu majosi yazo) maze irakomeera…None nawe ati FDLR ni 8visirikare gikomeye…kugira ngo hakomeze kuboneka umwuka mubi hagati ya Congo na Rwanda…
    Nyamara burya uteranya abantu niwe mubi kurusha bo ateranya…kuko iyo bashyamiranye we aba yigrmiye…
    Umushakashatsi nyawe akora akazi ke neza…atagize uwo yereka ko ashyigikiye ngo yereke undi ko atamushyigikiye….
    Niba FDRL ikomeye njye mbona iki cyari igihe cyo kubegera ubwo bukungu bafite bukazanwa mu Rwanda ndetse bakabeger hakaba gukorana bya hafi ubundi itermbere rikaganza(aha ariko abakoze amahano ua Genocide yakorewe abatutsi bakabihanirwa niba hari abagihari kuko abenshi baguye iyo mu mashyamba)…

    Reply
  2. Musoni says:
    3 years ago

    Yayayayayaya ,ko se uvuze ngo abapfuye ni 19,ese bo si abantu?Bishwe na M23,uburyo usobanura usa nushinja abandi,biragaragara ko ari M23 yabishe.Tuvuye aho,amashusho yonyine yerekanwe yarengaga uwo mubare uvuze.
    Kuko abishwe bari mu kiliziya kandi ntabwo kibamo abantu 19gusa.
    Mensonge quand tu nous tiens!

    Reply
    • iraguha jean says:
      3 years ago

      Ndabaramukije mwese,ndabona mwese mwafashe uruhande kandi ubwo bivuze KO mudashaka amahoro , ubu uvuga ngo babegere ubwo ushaka kivuga iki? Ngo bashiriye mu mashyamba ubwose sebyo uvuze ngo iki? Gewe nabagiraga inama yo gutaha amahoro kuko inzira bicamo zirazwi kandi abatashye barazwi kandi bamerewe neza.naho ubukungu ntidukeneye gucuruza no gukwirakwiza urumogi kuko uretse no kwangiza ubuzima bwabanyafurika ,ntibyanateje imbere abo bafatanyije(congo).abafransa nabo ntibitangaje ibyo bakoze bashobora kubisubiramo gusa bashobora kubiseberamo nkibushize(1994) murwanda kandi abanyafrica bamaze no gusobanukirwa ibibi nubugome bagira(las ftancais) rero birumvikana kandi ntibitanga bifanyije nabakoze genocide ,ehh ngoho re
      ka mvuge NGO bake da numvise ntazi ibyo mubavugira gusa ubwo abababyaye(genocideur) bafashijwe nabafransa bivuzengo nubu barikubibatoza abongobo ikizavamo ni cyakindi(genocide)kandi ubwo izaba muri Congo nahano (mu rwanda),gusa abo bafransa nabo bana babo babatisimu ntibizaborohera kuko abanyarwanda mbona ntutuzongera gutega amajosi.reta yacu turayizeye ningabo babikoereho raise.

      Reply
  3. Eric says:
    3 years ago

    Numva bitoroshye kbx

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + nine =

Previous Post

U Burundi bwarabikoze kuki Congo itanabigerageje?- U Rwanda rwavuze kuri DRC yateye umugongo impunzi zayo

Next Post

Inzu y’imideri yashinzwe na Moses uherutse gutaramanwa yatangaje igikorwa kitamenyerewe

Related Posts

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

by radiotv10
28/07/2025
0

Once considered a forgotten and underdeveloped place, the hills of Kibali, in Rwanda's Gicumbi District, are now a symbol of transformation...

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

by radiotv10
28/07/2025
0

Uruganda rwa BRALIRWA rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye, rwatangaje ko mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka, rwungutse miliyari 18,4 Frw...

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

by radiotv10
28/07/2025
0

Ambasaderi Antoine Anfré uri gusoza inshingano ze nk’uhagarariye u Bufaransa mu Rwanda, yagaragaje ko yishimira kuba aherutse gusura Inka z’Inyambo...

Why many African parents fear talking to their children about sex life?

Why many African parents fear talking to their children about sex life?

by radiotv10
28/07/2025
0

In many African households, the topic of sex remains taboo, a subject shrouded in silence, discomfort, and often shame. For...

Huye: Abahinzi barashinja aborozi gutuma batagira icyo bakura mu mirima yabo

Huye: Abahinzi barashinja aborozi gutuma batagira icyo bakura mu mirima yabo

by radiotv10
28/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye bavuga ko abafite amatungo bayashumura mu mirima yabo akona...

IZIHERUKA

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future
IMIBEREHO MYIZA

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

by radiotv10
28/07/2025
0

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

28/07/2025
Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

28/07/2025
Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

28/07/2025
AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

28/07/2025
Mu mujinya mwinshi AFC/M23 yageneye ubutumwa ubutegetsi bwa Congo inaburira igisirikare cy’u Burundi

AFC/M23 yihanangirije kimwe mu bitangazamakuru bikomeye muri Congo

28/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inzu y’imideri yashinzwe na Moses uherutse gutaramanwa yatangaje igikorwa kitamenyerewe

Inzu y’imideri yashinzwe na Moses uherutse gutaramanwa yatangaje igikorwa kitamenyerewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.