Wednesday, November 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ntabwo ari uguhahamura abantu ariko FDLR nabonye yanteye ubwoba- Umunyarwanda uvuye muri DRCongo

radiotv10by radiotv10
11/01/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
4
Ntabwo ari uguhahamura abantu ariko FDLR nabonye yanteye ubwoba- Umunyarwanda uvuye muri DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Gatete Nyiringabo Ruhumuriza, Umunyamategeko ukubutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavuze ko yatunguwe n’uburyo yasanze FDLR ari igisirikare gikomeye kuko ari cyo kirwanirira Congo, kikaba kinafite ibikorwa by’ubucuruzi bikomeye birimo n’ubuhinzi bw’urumogi runyobwa mu karere kose.

Uyu munyamategeko uherutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho yari yagiye mu bushakashatsi ku bw’ubwicanyi bwakorewe mu gace ka Kishishe byavugwaga ko M23 yishe abaturage 131.

Me Gatete wanatangaje ko basanze amakuru yari yatanzwe na Guverinoma ya Congo na MONUSCO ari ibinyuma kuko basanze harapfuye abantu 19, yavuze ko umutwe wa M23 ari wo wabarindiye umutekano ubwo we na bagenzi be bariho bakora ubu bushakashatsi.

Gusa ngo ubwo bagendaga mu bice bitandukanye, abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa FDLR babateze inshuro nyinshi bashaka kubivugana ariko M23 ikaburizamo uyu mugambi mubisha.

Me Gatete aherutse muri DRC. Aha yari kumwe n’abarwanyi ba M23

 

FDLR ni yo irwana mu mwanya wa FARDC

U Rwanda rwakunze gusaba Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kurandura umutwe w’iterabwoba wa FDLR, aho kugira ngo ibyubahirize, igahitamo gukorana n’uyu mutwe ugizwe na bamwe mu basize bahekuye u Rwanda muri Jenoside Yakorewe Abatutsi, banakomereje uyu mugambi wabo muri iki Gihugu bahungiyemo, aho bakomeje kwica abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Ubutegetsi bwa Congo Kinshasa bwo bwagiye buvuga ko umutwe wa FDLR utakibaho ngo kuko abarwanyi bayo hafi ya bose bapfuye ku buryo hasigaye amabandi gusa na yo macye adateje impungenge.

Uyu munyametegeko Gatete Nyiringabo Ruhumuriza avuga ko we yatunguwe n’uburyo yabonye umutwe wa FDLR uhagaze ubu bitandukanye n’uko bivugwa na Guverinoma ya Congo.

Ati “Ndashaka kuvuga ubwoba natewe na FDLR. Ntabwo ngiye guhahamura abantu ariko FDLR mujya mwumva…icya mbere ni yo irwana, Abasirikare na Congo bagenda bitwaje intebe za pulasitike na za zindi bazinga, abayobozi ba Congo baricara bakohereza ibisasu barangiza FDLR ikaba ari iyo ijya kurwana.”

Akomeza avuga ko uyu mutwe wa FDLR wubashywe muri Congo kuko iyo abarwanyi bawo bakomeretse bajya kuvurizwa mu mavuriro ya MONUSCO.

Ikindi ni uko uyu mutwe w’iterabwoba ufite ibikorwa bikomeye biyinjiriza amafaranga, nko kuba ufite ikibaya muri Pariki y’Igihugu ya Virunga yahinzemo urumogi.

Ati “Urumogi rwose runyobwa hano muri aka karere, Abagande banywa, Abanyarwanda banywa, Abanyekongo banywa, ni bo [FDLR] baruhinga.”

Ikindi kandi ngo FDLR yaka imisoro abandi bahinga muri aka gace ku buryo “Binjiza hafi miliyoni imwe n’igice y’amadorali [Miliyari 1,5 Frw] ku kwezi muri ibyo.”

Uyu munyamategeko avuga kandi ko hari ikigo gikorerwamo imyitozo y’abarwanyi badasanzwe ba FDLR cyashinzwe n’Igisirikare cy’Abafaransa.

Ati “FDLR bajya bavuga ngo barashaje ngo hasigaye 500, Ndashaka ko abantu bumva ko FDLR ari igisirikare.”

Uyu munyamategeko avuga ko yabajije M23 impamvu ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo butambura intwaro uyu mutwe wa FDLR, bakamusubiza ko butabikora kuko ari icyo gisirikare cyabwo.

RADIOTV10

Comments 4

  1. Jean Claude Akiiki... says:
    3 years ago

    Birashoboka se kanda na Kabarebe yarigeze kuvuga ngo FDLR yararangiye abasigaye ntibaza ngo bamare iminota 5 ku butaka bw’U Rwanda?
    Ikindi mvuga uyu mushakashatsi ndabona arimo kwenyegeza umuriro nho we azabe yirebera uko ruhana inkoyoyo nka Bakme yigeze guteranya inzovu n’imvubu(yabihambiye/yabiziritse umugozi ukomeye mu majosi yazo) maze irakomeera…None nawe ati FDLR ni 8visirikare gikomeye…kugira ngo hakomeze kuboneka umwuka mubi hagati ya Congo na Rwanda…
    Nyamara burya uteranya abantu niwe mubi kurusha bo ateranya…kuko iyo bashyamiranye we aba yigrmiye…
    Umushakashatsi nyawe akora akazi ke neza…atagize uwo yereka ko ashyigikiye ngo yereke undi ko atamushyigikiye….
    Niba FDRL ikomeye njye mbona iki cyari igihe cyo kubegera ubwo bukungu bafite bukazanwa mu Rwanda ndetse bakabeger hakaba gukorana bya hafi ubundi itermbere rikaganza(aha ariko abakoze amahano ua Genocide yakorewe abatutsi bakabihanirwa niba hari abagihari kuko abenshi baguye iyo mu mashyamba)…

    Reply
  2. Musoni says:
    3 years ago

    Yayayayayaya ,ko se uvuze ngo abapfuye ni 19,ese bo si abantu?Bishwe na M23,uburyo usobanura usa nushinja abandi,biragaragara ko ari M23 yabishe.Tuvuye aho,amashusho yonyine yerekanwe yarengaga uwo mubare uvuze.
    Kuko abishwe bari mu kiliziya kandi ntabwo kibamo abantu 19gusa.
    Mensonge quand tu nous tiens!

    Reply
    • iraguha jean says:
      3 years ago

      Ndabaramukije mwese,ndabona mwese mwafashe uruhande kandi ubwo bivuze KO mudashaka amahoro , ubu uvuga ngo babegere ubwo ushaka kivuga iki? Ngo bashiriye mu mashyamba ubwose sebyo uvuze ngo iki? Gewe nabagiraga inama yo gutaha amahoro kuko inzira bicamo zirazwi kandi abatashye barazwi kandi bamerewe neza.naho ubukungu ntidukeneye gucuruza no gukwirakwiza urumogi kuko uretse no kwangiza ubuzima bwabanyafurika ,ntibyanateje imbere abo bafatanyije(congo).abafransa nabo ntibitangaje ibyo bakoze bashobora kubisubiramo gusa bashobora kubiseberamo nkibushize(1994) murwanda kandi abanyafrica bamaze no gusobanukirwa ibibi nubugome bagira(las ftancais) rero birumvikana kandi ntibitanga bifanyije nabakoze genocide ,ehh ngoho re
      ka mvuge NGO bake da numvise ntazi ibyo mubavugira gusa ubwo abababyaye(genocideur) bafashijwe nabafransa bivuzengo nubu barikubibatoza abongobo ikizavamo ni cyakindi(genocide)kandi ubwo izaba muri Congo nahano (mu rwanda),gusa abo bafransa nabo bana babo babatisimu ntibizaborohera kuko abanyarwanda mbona ntutuzongera gutega amajosi.reta yacu turayizeye ningabo babikoereho raise.

      Reply
  3. Eric says:
    3 years ago

    Numva bitoroshye kbx

    Reply

Leave a Reply to Eric Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × four =

Previous Post

U Burundi bwarabikoze kuki Congo itanabigerageje?- U Rwanda rwavuze kuri DRC yateye umugongo impunzi zayo

Next Post

Inzu y’imideri yashinzwe na Moses uherutse gutaramanwa yatangaje igikorwa kitamenyerewe

Related Posts

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

by radiotv10
05/11/2025
0

Inzego z’umutekano zataye muri yombi abatetsi babiri bo ku ishuli ribanza rya Nyarutovu riri mu murenge wa Bushenge, abanyonzi babiri...

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Dafalla Musa yavuze ko urugomo rwagaragajwe na bamwe mu banyeshuri bakomoka muri iki Gihugu biga...

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

by radiotv10
04/11/2025
0

Abantu 11 bakekwaho ubujura barimo abategeraga abantu banyura ahahoze irimbi ry’i Nyamirambo, bafatiwe mu mukwabu wakozwe na Polisi y’u Rwanda...

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

by radiotv10
04/11/2025
0

Perezida Paul Kagame uri i Doha muri Qatar, yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, bagirana...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Eng.-Emotions of the first Rwandans taking part in Digital ID identity verification and photo registration

by radiotv10
04/11/2025
0

Some residents from three districts in Rwanda’s Southern Province, who were among the first to participate in the correction of...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana
MU RWANDA

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

by radiotv10
05/11/2025
0

Igihugu cy’u Bushinwa n’icy’u Burusiya birishimira uko umubano wabyo uhagaze bikaniyemeza ibirenzeho

Igihugu cy’u Bushinwa n’icy’u Burusiya birishimira uko umubano wabyo uhagaze bikaniyemeza ibirenzeho

05/11/2025
AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

04/11/2025
Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inzu y’imideri yashinzwe na Moses uherutse gutaramanwa yatangaje igikorwa kitamenyerewe

Inzu y’imideri yashinzwe na Moses uherutse gutaramanwa yatangaje igikorwa kitamenyerewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Igihugu cy’u Bushinwa n’icy’u Burusiya birishimira uko umubano wabyo uhagaze bikaniyemeza ibirenzeho

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.