Saturday, November 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Burundi bwarabikoze kuki Congo itanabigerageje?- U Rwanda rwavuze kuri DRC yateye umugongo impunzi zayo

radiotv10by radiotv10
11/01/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Burundi bwarabikoze kuki Congo itanabigerageje?- U Rwanda rwavuze kuri DRC yateye umugongo impunzi zayo
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda rwamaganye ibiri guhwihwiswa ko rutazongera kwakira impunzi, ariko ko rutazahwema guhamagarira Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’umuryango mpuzamahanga, gutora umuti w’ikibazo cy’impunzi z’iki Gihugu zimaze imyaka irenga 20 mu Rwanda, itaranagira icyo izivugaho, mu gihe u Burundi buherutse gusaba izabwo gutahuka.

Ikibazo cy’impunzi z’Abanyekongo zicumbitse mu Rwanda zirimo n’izihamaze imyaka irenga 20, cyongeye kugarukwaho na Perezida Paul Kagame ku wa Mbere ubwo yongeraga kuvuga birambuye ku bibazo biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Perezida Kagame yavuze ko nta gihe u Rwanda rutagaragaje ikibazo cy’izi mpunzi ko zikwiye gutahuka mu Gihugu zaturutsemo ndetse ko we ubwe yakiganiriyeho na mugenzi we uyobora DRC muri iki gihe ubwo yari akijya ku butegetsi, akamwereka uburyo cyakemuka.

Perezida Kagame yagize ati “Narababwiye nka Perezida mushya nti ‘rwose tuzabafasha mu gukemura iki kibazo’. Bigitangira yarabyemeye, ariko aka kanya murabona uko bihaze.”

Umukuru w’u Rwanda kandi yavuze ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’Ibihugu byemeye kuyobywa n’ibinyoma byayo, bakomeje gushinja u Rwanda ibirego by’ibinyoma, nyamara bakirengagiza umuzi w’ikibazo kiri muri Congo kinatuma izi mpunzi zikomeza guhunga.

Perezida Kagame mu butumwa yageneye umuryango mpuzamahanga, yagize ati “Ni ikibazo kinini kuri mwe kuruta uko ari ikibazo kuri njye, ariko sinemera ko u Rwanda ruzakomeza kwikorera uyu mutwaro ruhora rucunagurizwaho, rutukirwa umunsi ku wundi.”

Yakomeje agira ati “Mubafate mubajyane aho mushaka cyangwa mubajyane iwabo mubarindireyo umutekano.”

Hari ibitangazamakuru mpuzamahanga ndetse n’abanyapolitiki bahise batangira kuzamura inkuru z’ibihuha ko u Rwanda rutazongera kwakira impunzi.

Guverinoma y’u Rwanda yahakanye ibi bikomeje gutangazwa, dore ko ubwo Perezida Kagame yanavugaga iri jambo, yavuze ko umunsi wabanjirije uwo, u Rwanda rwari rwakiriye impunzi zivuye muri Congo Kinshasa ndetse ko kuri uwo munsi bwo hashoboraga kuba hari haje benshi.

Umubugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yagize ati “U Rwanda ruzakomeza kwakira impunzi ndetse nanizeye ko kuri uyu mugoroba ubwo nza kwaka raporo haraza kuba hari impunzi ziza kuba zinjiye mu Rwanda.”

Yavuze ko u Rwamye rwubaha amasezerano mpuzamahanga arebana no kwakira impunzi ndetse n’uburenganzira bwazo ariko ko ikiruta byose runasangaywe indangagaciro zo kwita ku bari mu kaga.

Ati “Ikindi kandi ni uko mu muco w’u Rwanda twamye duhora twiteguye kwakira buri wese wifuza kuruzamo. Ibyo bivuze ko u Rwanda ruzakomeza kwakira impunzi.”

Alain Mukuralinda yakomeje avuga ko “nanone ariko ruzakomeza guha umukoro umuryango mpuzahanga na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Biratangaje kuba mu myaka 20 ishize tutarigeze twumva Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ivuga ku baturage bayo bari hano. Nyamara mu byumweru bibiri cyangwa bitatu Guverinoma y’u Burundi yohereje intuma z’abaminisitiri n’abandi bayobozi bakuru bakoze ingendo mu Gihugu basura impunzi z’Abarundi mu nkambi babashishikariza gutaha. Ko u Burundi bwabikoze ariko Congo ikaba itabigerageza.”

Yavuze ko igishishikaje Congo ari ugushinja u Rwanda ibinyoma ko rufasha umutwe wa M23 nyamara ikibazo gikomeye ari icy’izi mpunzi z’Abanyekongo zahungiye mu Rwanda ndetse n’impamvu yatumye zihunga na n’ubu igikomeje kubaho ikaba iri no gutuma hari izindi zihungira mu Rwanda.

Yavuze ko iki kibazo nikiramuka kidatorewe umuti, kizongera kigafata indi myaka itanu cyangwa icumi iri imbere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 13 =

Previous Post

Undi mwana mu Rwanda yitabye Imana avuye ku ishuri azize impanuka yo idasanzwe

Next Post

Ntabwo ari uguhahamura abantu ariko FDLR nabonye yanteye ubwoba- Umunyarwanda uvuye muri DRCongo

Related Posts

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye, yifashishije ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamuhamagaye kuri telefone saa cyenda z’ijoro, yavuze...

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

by radiotv10
07/11/2025
0

Abafite ibikorwa by’ubucuruzi mu Murenge wa Kibungo bakorera mu nzu z’Akarere kabo ka Ngoma, bavuga ko zisa nabi, ku buryo...

Harakekwa iki ku mukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari yari yagiye kunyweramo

Harakekwa iki ku mukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari yari yagiye kunyweramo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari gaherereye mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, birakekwa ko yaba yajugunywemo n’abamwishe....

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

by radiotv10
07/11/2025
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abayobozi mu nzego nkuru muri Leta Zunze Ubumwe za America,...

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

Eng.-President Kagame and First Lady host Senior U.S Officials including Senior Advisor to the White House

by radiotv10
07/11/2025
0

President Paul Kagame and First Lady Jeannette Kagame hosted senior officials from the United States of America, including Paula White-Cain,...

IZIHERUKA

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank
IMYIDAGADURO

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

07/11/2025
AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

07/11/2025
Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntabwo ari uguhahamura abantu ariko FDLR nabonye yanteye ubwoba- Umunyarwanda uvuye muri DRCongo

Ntabwo ari uguhahamura abantu ariko FDLR nabonye yanteye ubwoba- Umunyarwanda uvuye muri DRCongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.