• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gisagara: Basaba inzego kugira icyo zikora ku wo babona uwigize nk’ikihebe ubarembeje

radiotv10by radiotv10
09/05/2026
in MU RWANDA
0
Gisagara: Basaba inzego kugira icyo zikora ku wo babona uwigize nk’ikihebe ubarembeje
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Rwanza, Umurenge wa Save mu Karere ka Gisagara, bavuga ko bafite impungenge z’umutekano muke baterwa n’umugabo witwa Nzabirinda Alphonse wo mu Mudugudu wa Karambo, bavuga ko akekwaho ibikorwa by’urugomo, ubujura n’ihohoterwa bikomeje gutera ubwoba abaturage.

Aba baturage bavuga ko mu mpera z’icyumweru gishize, uyu mugabo yatwaye umwana w’umuturanyi we uri mu kigero cy’imyaka 10, akamumarana iminsi abaturage n’inzego z’umutekano bamushakisha. Uwo mwana yaje kuboneka ari muzima nyuma y’ubufatanye bw’abaturage n’inzego z’umutekano, gusa uwo bakeka muri icyo gikorwa ntiyahise afatwa.

Umwe mu baturage bo muri aka gace yavuze ko ibikorwa by’uyu mugabo bimaze igihe bivugwa muri aka gace.

Ati: “Hari abo afata akabakubita, akabambura ibyo bafite ndetse akabakomeretsa. Hari n’abo bavuga ko yabasambanyije ku ngufu nyuma yo kubambura.”

Umukobwa uri mu kigero cy’imyaka 20 wo mu Kagari ka Rwanza, mu Mudugudu wa Karambo, avuga ko yahuye na we ari kumwe n’umuhungu mu masaha ya saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, maze uwo Nzabirinda ahita atema ukuboko uwo muhungu bari bari kumwe, ubundi ahita asambanya uwo mukobwa, ndetse ngo anabambura ibyo bari bafite byose.

Undi muturage yavuze ko abaturage batagifite umutekano usesuye kubera ibikorwa bavuga ko bikorwa n’uyu mugabo.

Ati “Twifuza ko yafatwa agashyikirizwa ubutabera kuko ibikorwa bye bikomeje kudutera ubwoba. Iyo bwije abaturage baba bafite impungenge zo gutembera kuko yambura abantu ibyo bafite.”

Undi na we yavuze ko hari amakenga ko uyu mugabo ashobora kuba afite abo bakorana.

Ati “Ntitwumva uburyo umuntu akora ibi bikorwa akabasha kongera kugaruka muri uyu mudugudu ntafashwe. Dukeka ko hari ababa bamufasha cyangwa bakamuhishira.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi, yavuze ko inzego za Polisi ziri gushakisha uyu Nzabirinda Alphonse kugira ngo afatwe ashyikirizwe ubutabera.

Yagize ati “Uwo muturage ushyirwa mu majwi mu bikorwa binyuranyije n’amategeko, amakuru yatanzwe n’abaturage bavuga ko afite imyitwarire mibi ishingiye ku ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge. Polisi ku bufatanye n’izindi nzego iri kumushakisha kugira ngo afatwe akurikiranwe kuri ibyo bikorwa byose avugwaho.”

Polisi kandi irasaba abaturage gukomeza gutanga amakuru ku gihe ndetse no gukomeza gukorana n’inzego zitandukanye mu gukumira ibyaha.

Abaturage bavuga ko uriya mugabo abarembeje

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + eleven =

Previous Post

Ibaruwa y’umwarimu ushinja Diregiteri w’ishuri kumukubitira imbere ya bagenzi be

Next Post

Uwari Umudipolomate w’u Rwanda yahamijwe n’urukiko muri America gukorera ihohotera rishingiye ku gitsina uwimenyerezaga umwuga

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Uwari Umudipolomate w’u Rwanda yahamijwe n’urukiko muri America gukorera ihohotera rishingiye ku gitsina uwimenyerezaga umwuga

Uwari Umudipolomate w’u Rwanda yahamijwe n’urukiko muri America gukorera ihohotera rishingiye ku gitsina uwimenyerezaga umwuga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.