Thursday, June 5, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRC: Icyemezo cyafatiwe M23 hari abacyuririyeho batabariza ingagi

radiotv10by radiotv10
16/01/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
DRC: Icyemezo cyafatiwe M23 hari abacyuririyeho batabariza ingagi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango urengera ingagi wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, watangaje ko kohereza umutwe wa M23 muri Sabyinyo bizabangamira ingagi zo muri Pariki y’Igihugu ya Virunga.

Byatangajwe n’itangazo ry’itabaza ryatanzwe kuri iki Cyumweru tariki 15 Mutarama 2023, ry’uyu muryango utari uwa Leta witwa ONG Gorilla Ambassador.

Uyu muryango uvuga ko kohereza M23 mu misozi ya Sabyinyo muri Teritwari ya Rutshuru, bizabangamira inyamaswa ziba muri Pariki y’Igihugu ya Virunga.

Umuyobozi Mukuru w’agateganyo w’uyu muryango, Alain Mukiranya avuga ko n’ubusanzwe inyamaswa zagiye zicika mu bice birimo uyu mutwe wa M23.

Yagize ati “Kohereza abarwanyi mu musozi wa Sabyinyo birashyira mu kaga ubuzima bw’ingagi zimaze igihe zigirira ibibazo mu ntambara, ibi ni ibibazo bizatuma dutakaza izi nyamaswa zari zituyemo.”

Yakomeje agira ati “Kuba izi nyeshyamba zihari bizongera ihunga ry’ingagi kuko ubwo bazaba bahari bazajya batema ibiti byo gutwikamo amakara no kugurisha.”

Alain Mukiranya yasabye Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ko yakora ibishobotse byose kugira ngo ibirindiro bya m23 biri muri Sabyinyo bihakurwe.

Yanavuze kandi ko itambara ya M23 itagize ingaruka ku ngagi gusa, ahubwo no ku rusobe rw’ibinyabuzima rwose rusanzwe rubarizwa muri Pariki ya Virunga.

Yagize ati “Ni inyamaswa nyinshi zahunze iyi ntamba. Yewe n’isha n’inkima zahunguye muri Tongo.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Haravugwa icyahitanye Umudipolomate ukomeye wa Uganda wapfiriye muri Kenya

Next Post

Umusore w’ibigango ucungira umutekano abasitari mu Rwanda yahuye n’isanganya

Related Posts

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryakiriye Umunyapolitiki Marcelin Cishambo wigeze kuba Guverineri w’Intara ya Kivu y’Epfo n’abandi banyapolitiki barimo abatavuga rumwe...

Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

by radiotv10
04/06/2025
0

Ibitangazamakuru ryo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byahawe itegeko ryo kutavuga kuri Joseph Kabila wayoboye iki Gihugu, akaba aherutse...

Amakuru mashya ku cyemezo cyari cyafashwe na M23

AFC/M23 yagaragaje ko ishobora kuba yiteguye urugamba rukomeye

by radiotv10
03/06/2025
0

Ihuriro rya AFC/M23 riravugwaho gukaza imbaraga mu bice byinshi bisanzwe birimo ibirindiro by’abarwanyi baryo birimo ibyo muri Masisi na Walikale,...

Uko ijambo Fayulu yahereyemo ubutumwa Kabila rishobora kumuhuza na Tshisekedi batavuga rumwe

Uko ijambo Fayulu yahereyemo ubutumwa Kabila rishobora kumuhuza na Tshisekedi batavuga rumwe

by radiotv10
03/06/2025
0

Perezida wa Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yashimye ibyatangajwe na Martin Fayulu utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’iki Gihugu,...

Umunyapolitiki uzwi i Burundi yinjiye mu mpaka z’inenge zivugwa ku matora ategerejwe

Umunyapolitiki uzwi i Burundi yinjiye mu mpaka z’inenge zivugwa ku matora ategerejwe

by radiotv10
03/06/2025
0

Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi mu Burundi, Agathon Rwasa yavuze ko amatora yegereje muri iki Gihugu, ari nk’ikinamico y’ishyaka CNDD-FDD riri...

IZIHERUKA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye
AMAHANGA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

04/06/2025
Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

04/06/2025
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

04/06/2025
Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

04/06/2025
Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

04/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusore w’ibigango ucungira umutekano abasitari mu Rwanda yahuye n’isanganya

Umusore w’ibigango ucungira umutekano abasitari mu Rwanda yahuye n’isanganya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.