Friday, July 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Icyakorerwaga abasanzwe mu rugo rw’umuturage bazirikishije iminyururu n’ingufuri kiratangaje

radiotv10by radiotv10
17/01/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Icyakorerwaga abasanzwe mu rugo rw’umuturage bazirikishije iminyururu n’ingufuri kiratangaje
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rugo rw’umuturage mu Murenge wa Muhondo mu Karere ka Gakenke, bahasanze abaturage babiri bari baziritse barimo uwari uzirikishije iminyururu n’ingufuri, aho bivugwa ko uru rugo ari urw’umuvuzi gakondo wabavuraga imyuka mibi yabasaritse.

Abasanzwe muri uru rugo ruherereye mu Mudugudu wa Mubuga mu Kagari ka Ruganda, mu Murenge wa Muhondo, barimo umuhungu witwa Emmanuel Uwimpuwe w’imyaka 26 y’amavuko.

Uyu muhungu ukomoka mu Mujyi wa Kigali, bamusanze aziritse ku kiraro, n’iminyururu ndetse n’ingufuri ku buryo n’amaboko ye yari yaratangiye kwangirika kubera uburyo bari baramukanyagiye ku kiraro kiri mu rugo rw’uyu muturage bivugwa ko ari umuvuzi gakondo.

Nanone kandi muri uru rugo hari harimo umukecuru witwa Soline Mukamusoni w’imyaka 60 y’amavko we waje aturuka mu Murenge wa Muyongwe mu Karere ka Gakenke.

Aba bombi babasanze mu rugo rw’uyu muvuzi gakondo witwa Bizimana Claver wiyita ko ari umuvuzi gakondo, wavuze ko yari ari guha ubuvuzi aba baturage.

Evergiste Gasasa uyobora Umurenge wa Muhondo uherereyemo urugo rw’uyu muvuzi gakondo, yatangaje ko amakuru yatanzwe, avuga ko aba baturage bari bamaze ibyumweru bibiri muri uru rugo.

Uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muhondo yavuze ko nyiri uru rugo basanzemo abaturage baboshye “yavugaga ko yari ari kubavura imyuka mibi.”

Ubwo aba bantu batahurwaga, uyu muvuzi gakondo yahise atabwa muri yombi, akaba acumbikiwe kuri polisi ya Rushashi, naho uwari uzirikishije iminyururu we akaba yahise abohorwa.

Abavuzi gakondo bagiye bavugwaho ibikorwa nk’ibi bihonyora uburenganzira bw’abantu, bakazirika abaturage baba bafite uburwayi babazaniye byumwihariko aba bafite ibibazo byo mu mutwe.

Inzego z’ubuzima na zo zakunze gukangurira abaturage guca ukubiri no kujya kwiyambaza abavuzi gakondo kuko uretse kuba ubuvuzi bwabo butizewe ariko buba bunashobora kuviramo impfu abantu babo.

Uyu musore bamusanze baramuzirikiye ku kiraro nk’itungo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − five =

Previous Post

Kayonza: Amayobera ku murambo w’umukobwa basanze mu muhanda bamwambuye imyenda

Next Post

The Ben na Pamella bakomeje gutanga Isomo ry’urukundo

Related Posts

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

by radiotv10
11/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yagenewe igihembo n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) ku bw’uruhare rwe mu miyoborere ishyira imbere ubuvugizi...

Gatsibo: Abayoboraga Koperative baravugwaho guca ruhinganyuma abanyamuryango bakayigurisha mu ibanga rikomeye

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

by radiotv10
11/07/2025
0

Mu Murenge wa Muhura mu Karere ka Gatsibo, haravugwa umusore ukekwaho kwica umubyeyi we (Nyina) amuhoye kuba yamubuzaga gutereta umugore...

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

by radiotv10
11/07/2025
0

In today’s world, parents get so busy with work which makes it hard to spend quality time and raise their...

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

by radiotv10
10/07/2025
0

Umukozi wo mu rugo rwo mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, uregwa gushaka kuroga abo babanaga, yemeye icyaha,...

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

by radiotv10
10/07/2025
0

The Government of Rwanda has announced that, in partnership with Hashemite Kingdom of Jordan, it has donated 40 tons of...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

by radiotv10
11/07/2025
0

Gatsibo: Abayoboraga Koperative baravugwaho guca ruhinganyuma abanyamuryango bakayigurisha mu ibanga rikomeye

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

11/07/2025
Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

11/07/2025
Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

10/07/2025
Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

10/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
The Ben na Pamella bakomeje gutanga Isomo ry’urukundo

The Ben na Pamella bakomeje gutanga Isomo ry’urukundo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.