Wednesday, April 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ishyamba si ryeru muri Label ibarizwamo abahanzi bakomeye mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
25/01/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Ishyamba si ryeru muri Label ibarizwamo abahanzi bakomeye mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Muri Label ya KIKAC isanzwe ifasha abahanzi barimo Mico The Best n’umuhanzikazi Bwiza ugezweho muri iyi minsi, haravugwa kudahuza bitewe n’itoneshwa ry’umwe mu bahanzi, ndetse ngo umwe muri bo asa nk’uwasezeye.

Iyi Label yahoze inabarizwamo umuhanzi Danny Vumbi, ubu ifasha umuhanzi Mico The Best na Bwiza ariko umwe muri aba bahanzi ni we umaze iminsi akora cyane anagaragara mu bihangano akora.

Uwahaye amakuru RADIOTV10 mu ishami ry’imyidagaduro, avuga ko kuba umuhanzi umwe muri aba bombi ari we witabwaho cyane, ari byo byabaye intandaro y’umwuka utari mwiza.

Icyakora ku ruhande rw’ubuyobozi bw’iyi Label, buvuga ko Mico The Best agoye kuko hari indirimbo ze eshatu zikiri muri studio zitarasohoka.

Uwaduhaye amakuru yagize ati “Umuyobozi wa KIKAC avuga ko kubwira Mico The Best ngo asohore indirimbo biba ari ikibazo kurusha uko wabibwira Bwiza kuko we arakiyubaka.”

Uyu waduhaye amakuru avuga kandi ko Mico yifuza ko yajya ahabwa amafaranga menshi kurusha ahabwa Bwiza mu gihe mu bucuruzi ngo ibi bitagezweho.

Ngo ibi byose byatumye havuka umwuka mubi muri iyi label ku buryo bisa nk’aho Mico The Best yamaze gutandukana n’iyi Label.

Uyu waduhaye amakuru yagize ati “Bisa nk’aho byarangiye, KIKAC na Mico baratandukanye igisigaye ni ukubivuga ku mugaragaro, ariko mu minsi micye bizajya hanze.”

Uyu muhanzi Mico The Best wamenyekanye mu ndirimbo zinyuranye zirimo ‘Umutaka’, na we ubwe yifuza gutandukana n’iyi Label ngo kuko nta byiza yayibonyemo.

Bwiza na Mico ni bo bari basigaye muri KIKAC

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + ten =

Previous Post

Iby’abafana ba Kiyovu batutse Mukansanga byageze ku rundi rwego, Guverinoma yabivuzeho

Next Post

Mu cya Semuhanuka Congo yavuze ibitari byitezwe ku ndege y’Intambara yayo yarasiwe mu Rwanda

Related Posts

Amakuru mashya: Hatangajwe ibyaha Eric Semuhungu akurikiranyweho

Amakuru mashya: Hatangajwe ibyaha Eric Semuhungu akurikiranyweho

by radiotv10
15/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB ruratangaza ko Eric Semuhungu uherutse gutabwa muri yombi akurikiranyweho ibyaha bitatu birimo gukoresha undi imibanano mpuzabitsina...

Umunyamakuru Jado Max yasubiye kuri radio yari amaze igihe gito avuyeho

Umunyamakuru Jado Max yasubiye kuri radio yari amaze igihe gito avuyeho

by radiotv10
15/04/2026
0

Umunyamakuru Nduwayezu Ndibyariye Jean de Dieu wamamaye nka Jado Max yasubiye kuri Radio ya Kiss FM yari amaze amezi akabakaba...

Hasohotse amafoto ataragaragaye y’umuhanzi nyarwanda Prosper Nkomezi uherutse gukora ubukwe mu ibanga

Hasohotse amafoto ataragaragaye y’umuhanzi nyarwanda Prosper Nkomezi uherutse gukora ubukwe mu ibanga

by radiotv10
15/04/2026
0

Umhanzi w’indirimbo zo kurama no guhimbaza Imana, Prosper Nkomezi usigaye uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, yashyize hanze amafoto...

Kasuku uzwi ku mbuga nkoranyambaga yatanze umucyo w’uko yakubitiwe muri America n’abo akeka

Kasuku uzwi ku mbuga nkoranyambaga yatanze umucyo w’uko yakubitiwe muri America n’abo akeka

by radiotv10
14/04/2026
0

Kambale Wilondja uzwi ku nka Jaysqueezer cyangwa Kasuku ku mbuga nkoranyambaga, yasobanuye uko abantu bataramenyekana bamusanze iwe aho atuye mu...

Ubutumwa bw’abahanzi Bruce Melodie na The Ben nyuma yo gusura Urwibutso rwa Jenoside no gusobanurirwa amateka

Ubutumwa bw’abahanzi Bruce Melodie na The Ben nyuma yo gusura Urwibutso rwa Jenoside no gusobanurirwa amateka

by radiotv10
13/04/2026
0

Abahanzi Bruce Melodie na The Ben basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi, bunamira inzirakarengane ziharuhukiye, banasobanurirwa amateka ya...

IZIHERUKA

AFC/M23 na Leta ya Congo basinyanye amasezerano mu biganiro by’i Burayi
AMAHANGA

AFC/M23 na Leta ya Congo basinyanye amasezerano mu biganiro by’i Burayi

by radiotv10
15/04/2026
0

Amakuru mashya: Hatangajwe ibyaha Eric Semuhungu akurikiranyweho

Amakuru mashya: Hatangajwe ibyaha Eric Semuhungu akurikiranyweho

15/04/2026
AFC/M23 and the Congolese Government Sign Agreement During Talks Held in Europe

AFC/M23 and the Congolese Government Sign Agreement During Talks Held in Europe

15/04/2026
Ukekwaho kwiba mudasobwa z’Ikigo cy’Ubuzima wagaragaye mu mashusho ya camera z’umutekano yafashwe

Ukekwaho kwiba mudasobwa z’Ikigo cy’Ubuzima wagaragaye mu mashusho ya camera z’umutekano yafashwe

15/04/2026
Perezida Kagame ni Umuyobozi w’Ikirenga: Iby’ingenzi ku buyobozi bwa Kaminuza Nshya y’Igisirikare mu Rwanda

Perezida Kagame ni Umuyobozi w’Ikirenga: Iby’ingenzi ku buyobozi bwa Kaminuza Nshya y’Igisirikare mu Rwanda

15/04/2026
DRC: Abasirikare ba FARDC batangiye gukuramo akabo karenge, abagera ku 1.000 bahunze urugamba

Hasinywe amasezerano ashobora gutuma abasirikare 3.000 ba FARDC bafashwe na AFC/M23 bashyikirizwa Leta ya Congo

15/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu cya Semuhanuka Congo yavuze ibitari byitezwe ku ndege y’Intambara yayo yarasiwe mu Rwanda

Mu cya Semuhanuka Congo yavuze ibitari byitezwe ku ndege y’Intambara yayo yarasiwe mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 na Leta ya Congo basinyanye amasezerano mu biganiro by’i Burayi

Amakuru mashya: Hatangajwe ibyaha Eric Semuhungu akurikiranyweho

AFC/M23 and the Congolese Government Sign Agreement During Talks Held in Europe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.