Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhanga: Abakoresha ubwisungane mu kwivuza binubira ko hari imiti badahabwa

radiotv10by radiotv10
10/07/2021
in MU RWANDA
0
Muhanga: Abakoresha ubwisungane mu kwivuza binubira ko hari imiti badahabwa
Share on FacebookShare on Twitter

Hirya no hino mu gihugu hari bamwe mu basanzwe bivuriza ku mitiweli bavuga ko akenshi abayivurizaho hari imiti badahabwa bagasabwa kujya kuyigurira mu mafaromasi. Abo mu karere ka Muhanga twaganiriye bo ngo hari n’ubwo basanga irenze ubushobozi bwabo ntibayigure indwara ikazikiza cyangwa se bikaba byanabaviramo izindi ngaruka.

Utamuriza Epiphanie RADIOTV10 yasanze mu kigonderabuzima cya Gitarama giherereye mu karere ka Muhanga, umurenge wa Shyogwe, yatubwiye ko ibyo byamubayeho.

”Nyine byambayeho. Nikuzaga iryinyo biba ngombwa ko baribaga, baramvura ariko uburibwe bwanga gukira, bituma bambwira kujya kwigurira imiti muri farumasi.’’ Utamuriza

Utamuriza kandi ngo yageze aho yagombaga kugura imiti agasanga yaruriye mu biciro bityo bikarangira atayiguze.

Habimana Yohani we yabwiye RadioTV10 ko bidashoboka ko umuntu wabuze amafaranga yo kwishyura mitiweli kugeza leta imugobotse ikayimwishyurira adashobora kubona amafaranga yo kujya kugura imiti hanze y’ivuriro yagiye agana.

Habimana  kandi yumva ko ibitaro bikomeye bitabura imiti ifite agaciro k’ibihumbi bine, ahubwo ngo bashobora kuba bayitanga bakurikije ayo umukiriya ari bwishyure.

Dusabeyezu Marie Goleti umuyobozi w’ikigonderabuzima cya Gitarama yabwiye Radio TV10 impamvu hari abarwayi basabwa kujya kwigurira imiti.

”Kujyeza uyu munsi imiti myinshi mitiweli irayishyura, gusa hari indi miti micye usanga itari mu bushobozi bwo kwishyurwa na mitiweli. Iyo hari umurwayi ukeneye iyo miti itishyurwa na mitiweli tumwohereza ku bitaro bikuru i Kabgayi cyangwa tukamwandikira akajya kuyigurira muri farumasi.”

Goreti kandi avuga ko imiti ibitaro bikuru nka Kabgayi bitanga yaruta itangirwa ku kigonderabuzima kuko ku kigo nderabuzima uhivurije yishyura amafaranga 200 gusa naho ku bitaro bikuru uhivurije buri gikorwa akorewe akakishyurira 10%. Gusa avuga ko wenda nabyo bizajyenda bivugururwa kuko na mbere mitiweli zigitangira zavurirwagaho malariya ndetse n’abagore bagiye kubyara ariko ubu hakaba haragiye hakorwamo impinduka kandi nziza ku mukiriya.

Inkuru ya: SINDIHEBA Yussuf/RadioTV10 Rwanda

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 13 =

Previous Post

Niyonzima Olivier Sefu yongereye amasezerano muri APR FC

Next Post

Abataliyani batwaye igikombe cya EURO 2020 batsinze Abongereza kuri penaliti-AMAFOTO

Related Posts

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abataliyani batwaye igikombe cya EURO 2020 batsinze Abongereza kuri penaliti-AMAFOTO

Abataliyani batwaye igikombe cya EURO 2020 batsinze Abongereza kuri penaliti-AMAFOTO

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.