Tuesday, July 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhanga: Abakoresha ubwisungane mu kwivuza binubira ko hari imiti badahabwa

radiotv10by radiotv10
10/07/2021
in MU RWANDA
0
Muhanga: Abakoresha ubwisungane mu kwivuza binubira ko hari imiti badahabwa
Share on FacebookShare on Twitter

Hirya no hino mu gihugu hari bamwe mu basanzwe bivuriza ku mitiweli bavuga ko akenshi abayivurizaho hari imiti badahabwa bagasabwa kujya kuyigurira mu mafaromasi. Abo mu karere ka Muhanga twaganiriye bo ngo hari n’ubwo basanga irenze ubushobozi bwabo ntibayigure indwara ikazikiza cyangwa se bikaba byanabaviramo izindi ngaruka.

Utamuriza Epiphanie RADIOTV10 yasanze mu kigonderabuzima cya Gitarama giherereye mu karere ka Muhanga, umurenge wa Shyogwe, yatubwiye ko ibyo byamubayeho.

”Nyine byambayeho. Nikuzaga iryinyo biba ngombwa ko baribaga, baramvura ariko uburibwe bwanga gukira, bituma bambwira kujya kwigurira imiti muri farumasi.’’ Utamuriza

Utamuriza kandi ngo yageze aho yagombaga kugura imiti agasanga yaruriye mu biciro bityo bikarangira atayiguze.

Habimana Yohani we yabwiye RadioTV10 ko bidashoboka ko umuntu wabuze amafaranga yo kwishyura mitiweli kugeza leta imugobotse ikayimwishyurira adashobora kubona amafaranga yo kujya kugura imiti hanze y’ivuriro yagiye agana.

Habimana  kandi yumva ko ibitaro bikomeye bitabura imiti ifite agaciro k’ibihumbi bine, ahubwo ngo bashobora kuba bayitanga bakurikije ayo umukiriya ari bwishyure.

Dusabeyezu Marie Goleti umuyobozi w’ikigonderabuzima cya Gitarama yabwiye Radio TV10 impamvu hari abarwayi basabwa kujya kwigurira imiti.

”Kujyeza uyu munsi imiti myinshi mitiweli irayishyura, gusa hari indi miti micye usanga itari mu bushobozi bwo kwishyurwa na mitiweli. Iyo hari umurwayi ukeneye iyo miti itishyurwa na mitiweli tumwohereza ku bitaro bikuru i Kabgayi cyangwa tukamwandikira akajya kuyigurira muri farumasi.”

Goreti kandi avuga ko imiti ibitaro bikuru nka Kabgayi bitanga yaruta itangirwa ku kigonderabuzima kuko ku kigo nderabuzima uhivurije yishyura amafaranga 200 gusa naho ku bitaro bikuru uhivurije buri gikorwa akorewe akakishyurira 10%. Gusa avuga ko wenda nabyo bizajyenda bivugururwa kuko na mbere mitiweli zigitangira zavurirwagaho malariya ndetse n’abagore bagiye kubyara ariko ubu hakaba haragiye hakorwamo impinduka kandi nziza ku mukiriya.

Inkuru ya: SINDIHEBA Yussuf/RadioTV10 Rwanda

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × three =

Previous Post

Niyonzima Olivier Sefu yongereye amasezerano muri APR FC

Next Post

Abataliyani batwaye igikombe cya EURO 2020 batsinze Abongereza kuri penaliti-AMAFOTO

Related Posts

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

by radiotv10
07/07/2025
1

Annette Murava, umugore wa Zacharie Habiyaremye wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’, yaje ku Rukiko rwakiriye ubujurire bw’uyu mugabo ku cyemezo cyo...

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

by radiotv10
07/07/2025
0

The Government of Rwanda has called on the United States to ensure strict enforcement of the recently signed peace agreement...

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

by radiotv10
07/07/2025
0

Abantu 22 bafatiwe ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro mu gihe cy’iminsi ibiri, bakekwaho ibikorwa...

Hamenyekanye igihe umunyapolitiki Ingabire Victoire azagerezwa imbere y’Urukiko

Hamenyekanye igihe umunyapolitiki Ingabire Victoire azagerezwa imbere y’Urukiko

by radiotv10
07/07/2025
0

Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza ukurikiranyweho ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, azagezwa imbere y’Urukiko kuri uyu wa Kabiri kugira ngo aburane...

Icyo u Rwanda rwabwiye America ku kizatuma amasezerano rwasinyanye na Congo yubahirizwa

Icyo u Rwanda rwabwiye America ku kizatuma amasezerano rwasinyanye na Congo yubahirizwa

by radiotv10
07/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe; avuga ko ubwo Guverinoma y’u Rwanda yasinyanaga Amasezerano y’Amahoro n’iya DRC, yasabye Leta...

IZIHERUKA

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage
AMAHANGA

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

by radiotv10
07/07/2025
0

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

07/07/2025
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

07/07/2025
Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

07/07/2025
Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

07/07/2025
Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

07/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abataliyani batwaye igikombe cya EURO 2020 batsinze Abongereza kuri penaliti-AMAFOTO

Abataliyani batwaye igikombe cya EURO 2020 batsinze Abongereza kuri penaliti-AMAFOTO

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.