Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhanga: Abakoresha ubwisungane mu kwivuza binubira ko hari imiti badahabwa

radiotv10by radiotv10
10/07/2021
in MU RWANDA
0
Muhanga: Abakoresha ubwisungane mu kwivuza binubira ko hari imiti badahabwa
Share on FacebookShare on Twitter

Hirya no hino mu gihugu hari bamwe mu basanzwe bivuriza ku mitiweli bavuga ko akenshi abayivurizaho hari imiti badahabwa bagasabwa kujya kuyigurira mu mafaromasi. Abo mu karere ka Muhanga twaganiriye bo ngo hari n’ubwo basanga irenze ubushobozi bwabo ntibayigure indwara ikazikiza cyangwa se bikaba byanabaviramo izindi ngaruka.

Utamuriza Epiphanie RADIOTV10 yasanze mu kigonderabuzima cya Gitarama giherereye mu karere ka Muhanga, umurenge wa Shyogwe, yatubwiye ko ibyo byamubayeho.

”Nyine byambayeho. Nikuzaga iryinyo biba ngombwa ko baribaga, baramvura ariko uburibwe bwanga gukira, bituma bambwira kujya kwigurira imiti muri farumasi.’’ Utamuriza

Utamuriza kandi ngo yageze aho yagombaga kugura imiti agasanga yaruriye mu biciro bityo bikarangira atayiguze.

Habimana Yohani we yabwiye RadioTV10 ko bidashoboka ko umuntu wabuze amafaranga yo kwishyura mitiweli kugeza leta imugobotse ikayimwishyurira adashobora kubona amafaranga yo kujya kugura imiti hanze y’ivuriro yagiye agana.

Habimana  kandi yumva ko ibitaro bikomeye bitabura imiti ifite agaciro k’ibihumbi bine, ahubwo ngo bashobora kuba bayitanga bakurikije ayo umukiriya ari bwishyure.

Dusabeyezu Marie Goleti umuyobozi w’ikigonderabuzima cya Gitarama yabwiye Radio TV10 impamvu hari abarwayi basabwa kujya kwigurira imiti.

”Kujyeza uyu munsi imiti myinshi mitiweli irayishyura, gusa hari indi miti micye usanga itari mu bushobozi bwo kwishyurwa na mitiweli. Iyo hari umurwayi ukeneye iyo miti itishyurwa na mitiweli tumwohereza ku bitaro bikuru i Kabgayi cyangwa tukamwandikira akajya kuyigurira muri farumasi.”

Goreti kandi avuga ko imiti ibitaro bikuru nka Kabgayi bitanga yaruta itangirwa ku kigonderabuzima kuko ku kigo nderabuzima uhivurije yishyura amafaranga 200 gusa naho ku bitaro bikuru uhivurije buri gikorwa akorewe akakishyurira 10%. Gusa avuga ko wenda nabyo bizajyenda bivugururwa kuko na mbere mitiweli zigitangira zavurirwagaho malariya ndetse n’abagore bagiye kubyara ariko ubu hakaba haragiye hakorwamo impinduka kandi nziza ku mukiriya.

Inkuru ya: SINDIHEBA Yussuf/RadioTV10 Rwanda

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + twelve =

Previous Post

Niyonzima Olivier Sefu yongereye amasezerano muri APR FC

Next Post

Abataliyani batwaye igikombe cya EURO 2020 batsinze Abongereza kuri penaliti-AMAFOTO

Related Posts

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, abaturage benshi bakoraniye ku kigo cy’ishuri bavuga ko baje kureba amabonekerwa ya...

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika
FOOTBALL

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

by radiotv10
19/01/2026
0

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

19/01/2026
Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

19/01/2026
Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abataliyani batwaye igikombe cya EURO 2020 batsinze Abongereza kuri penaliti-AMAFOTO

Abataliyani batwaye igikombe cya EURO 2020 batsinze Abongereza kuri penaliti-AMAFOTO

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.