Friday, July 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abakoreye uruganda rwa Imana Steel bararushinja kubirukana by’amaherere

radiotv10by radiotv10
13/07/2021
in MU RWANDA
0
Abakoreye uruganda rwa Imana Steel bararushinja kubirukana by’amaherere
Share on FacebookShare on Twitter

Hari abahoze bakorera uruganda rwa Imana Steel rwo mu karere ka Bugesera, barushinja kubirukana by’amaherere nyuma y’uko bagiriye ibibazo birimo gucika amaguru bari mu kazi karwo.

Ni abagabo bakomoka mu Murenge wa Rweru ho mu Karere ka Bugesera, bahuriza ku kibazo kimwe cy’uko bakoreye uruganda rwa Imana Steel rukorera muri aka karere, ariko ngo bamwe barugiriramo ibibazo by’umubiri birimo gucika amaguru no gukubitwa n’amashanyarazi, rugahita rubahambiriza nta n’imperekeza kandi nyamara barangirikiye mu kazi karwo.

Uwitwa Ndindiriyimana Fiston yagize ati” Nagize ikibazo, imashini y’uruganda irankubita ndi mu kazi inca akaguru, bituma ngira ubumuga buhoraho, ariko kuva uwo munsi ubuyobozi bw’uruganda duherukana ubwo”

Uwitwa Hanyurwimfura Canisius we yavuze ko we na bagenzi be bashinjwe kugambanira uruganda kandi babeshyerwa, bahita bahabwa amabaruwa abasezerera mu kazi.

Itegeko  rigenga umurimo mu Rwanda  rivuga umukozi wagize impanuka cyangwa indwara bikomoka ku murimo atarateganyirijwe n’umukoresha we mu kigo cy’ubwiteganyirize mu Rwanda  yishyurwa n’umukoresha amafaranga angana nk’ayo yagahawe n’ikigo cy’ubwiteganyirize mu Rwanda iyo aza kuba yarateganyirijwe, harimo kumuvuza n’ibindi bijyanye na byo, icyakora ngo mu gihe yamuteganyirije RSSB niyo ibimenya.Image

Umwe mu baburiye ingingo mu kazi ka IMANA Steel

Iri tegeko rinavuga kandi ko umukoresha atemerewe kwirukana umukozi kubera impanuka cyangwa uburwayi byaturutse ku kazi mu gihe bitemejwe na muganga ubifitiye ububasha ko umukozi atagishoboye gukomeza inshingano ze.

Nyamara kuri aba bakozi bo ngo nta na kimwe cyubahirijwe muri ibi byose, kuko kugeza ubu nta numwe uri mu kazi.

“Ntabwo bigeze bampa indishyi iteganywa,ahubwo bahise banyirukana kandi ubundi itegeko atari ko rivuga”.

Ku rundi ruhande ntitwabashije kubona ubuyobozi bw’uru ruganda ngo bugire icyo buvuga kuri iki kibazo bashinjwa n’abahoze ari abakozi barwo. Gusa, umuyobozi w’akarere ka Bugesera, Richard avuga ko ari bwo yabyumva ariko ngo igikurikiye ni ukubikurikirana.

“Niba bafite amasezerano n’urwo ruganda turabakurikiranira tubahuze n’ubuyobozi bwarwo mu gihe  bwakomeza kwinangira ubwo twabashyikiriza inkiko.” Mutabazi

Ingingo ya 19 yo mu itegeko N° 66/2018 ryo kuwa 30/08/2018 rigenga umurimo mu Rwanda riteganya ko umukozi wagize impanuka cyangwa indwara bikomoka ku murimo adashobora gusezererwa ku murimo bitewe n’ibyago bikomoka ku murimo, keretse iyo byemejwe na muganga wemewe na Leta ko atagishoboye gukomeza gukora uwo murimo.Image

Ababuriye ingingo mu kazi ka IMANA Steel barasaba ubutabera 

Iyo bigaragaye ko umukozi agishoboye gukora akazi umukoresha amuhindurira umwanya w’umurimo ujyanye n’ubushobozi bwe. Iyo udahari amasezerano y’umurimo araseswa umukozi  agahabwa ibiteganywa n’amategeko.

Ikigaragara ni uko hari aho airi tegeko rishobora kuba ridkaurikizwa uramutse ushingiye kuri ibi bivugwa n’aba bahoze bakorera uruganda rwa Imana Steel.

Inkuru ya: Eugenie Nyiransabimana/RadioTV10 Rwanda

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × one =

Previous Post

Women Zone V: U Rwanda rwatangiye neza rubona intsinzi imbere ya Kenya

Next Post

Bamporiki yashimye indirimbo Piyapuresha ya Niyo Bosco

Related Posts

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

by radiotv10
18/07/2025
0

Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guteza imvururu muri rubanda, yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30. Ni icyemezo...

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

by radiotv10
18/07/2025
0

Banki Nkuru y’u Rwanda BNR yatangaje igiye guhugura urubyiruko ku mikoreshereze y'ikoranabuhanga muri serivisi z'imari hifashishijwe telefoni ngendanwa, kugira ngo...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Amakuru agezweho: Umuyobozi mu Kigo cy’Igihugu NAEB afunzwe ukurikiranyweho kwigwizaho imitungo

by radiotv10
18/07/2025
0

Umuyobozi ushinzwe ibikorwa (Operations Manager) mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry'ibikomoka ku buhinzi n'ubworozi (NAEB), ari...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

by radiotv10
18/07/2025
0

Umugabo w’imyaka 74 y’amavuko usanzwe akora akazi ko kunganira abantu mu mategeko, ukurikiranywe n’Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Muhanga icyaha...

Igisubizo cyahawe ushinja ubuyobozi kumuteza ubukene cyumvikanamo ko akwiye gukurayo ijisho

Igisubizo cyahawe ushinja ubuyobozi kumuteza ubukene cyumvikanamo ko akwiye gukurayo ijisho

by radiotv10
18/07/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, uvuga ko ubuyobozi bwamutwariye umusaruro w’ikawa wari kuvamo agera miliyoni...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe
MU RWANDA

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

by radiotv10
18/07/2025
0

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

18/07/2025
Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

18/07/2025
Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

The DRC Government has summoned the Ugandan Ambassador over diplomatic concerns

18/07/2025
Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Amakuru agezweho: Umuyobozi mu Kigo cy’Igihugu NAEB afunzwe ukurikiranyweho kwigwizaho imitungo

18/07/2025
Ubutegetsi bw’u Burundi buravugwaho gufata icyemezo cyatangiye guteza ihungabana impunzi z’Abanyekongo

Ubutegetsi bw’u Burundi buravugwaho gufata icyemezo cyatangiye guteza ihungabana impunzi z’Abanyekongo

18/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bamporiki yashimye indirimbo Piyapuresha ya Niyo Bosco

Bamporiki yashimye indirimbo Piyapuresha ya Niyo Bosco

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.