Wednesday, July 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko byagendekeye uwagiye kwaka serivisi kuri Polisi afite Perimi idasanzwe y’incurano

radiotv10by radiotv10
31/01/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uko byagendekeye uwagiye kwaka serivisi kuri Polisi afite Perimi idasanzwe y’incurano
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yafatanye umugabo w’imyaka 39 uruhushya rwa burundu rwo gutwara ibinyabiziga rw’uruhimbano ruriho ko afite ubushobozi bwo gutwara ibinyabiziga byose (A,B,C,D na E) bigaragara ko ari urwo muri DRC, ubwo yari agiye gusuzumisha ubuziranenge bw’ikinyabiziga.

Uyu mugabo witwa Samuel yafashwe kuri wa Mbere tariki ya 30 Mutarama 2023, ubwo yari agiye ku kigo gisuzuma imiterere y’ibinyabiziga giherereye i Remera mu Karere ka Gasabo.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yavuze ko uyu mugabo yari agiye gusuzumisha ubuziranenge bw’ikamyo yo mu bwoko bwa Volvo asanzwe atwara ariko abapolisi bakabanza gukemanga uru ruhushya.

Uru ruhushya rw’uruhimbano rwafatanywe uyu mugabo kandi, ruriho amazina adahuye n’ari ku irangamuntu ye.

CP Kabera yagize ati “Bimaze kugaragara ko uruhushya agenderaho rumwemerera gutwara imodoka zo ku rwego A, B, C, D na E rwatangiwe muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ari uruhimbano kandi rudahuje amazina yombi n’ayo ku ndangamuntu ye.”

Uyu Samuel utigeze agorana, yiyemereye ko atigeze akora ikizamini cyo gutwara ibinyabiziga, avuga ko yaruguze muri 2021, akishyura 200 USD (200.000 Frw).

CP Kabera yaboneyeho kugira inama abantu bose bifuza gutwara ibinyabiziga ko banyura mu nzira zemewe n’amategeko kugira ngo batagirwaho ingaruka n’uburiganya nk’ubu.

Yavuze ko umuntu wese wifuza gutwara ikinyabiziga, akwiye kubanza kwiga amategeko y’umuhanda, agakorera uruhushya rw’agateganyo, ubundi akanakora ikizamini cy’uruhushya rwa burundu. Ati “Indi nzira iyo ari yo yose irenze kuri izo, ntiyemewe kandi irahanirwa.”

ICYO ITEGEKO RITEGANYA

Ingingo ya 276 yo mu itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ivuga ko, Umuntu wese, ku bw’uburiganya, wandika, wandikisha ibintu bidahuye n’ukuri cyangwa ukora imenyekanisha ritari ryo afatwa nk’uwakoze icyaha cyo gukora ibihimbano.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka 5 ariko kitarenze imyaka 7 n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni 3 ariko atarenga miliyoni 5 cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − nine =

Previous Post

Ifoto y’uwihimbiye umurimo mu bukerarugendo asangira ikigori n’inka yazamuye amarangamutima ya benshi

Next Post

Umunyamakuru w’imyidagaduro uzwi mu Rwanda yarezwe muri RIB ubugirakabiri

Related Posts

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

by radiotv10
30/07/2025
0

Umugabo w’imyaka 48 wari uzwiho ubusinzi, yasanzwe yapfuye mu mukingo wa metero zirindwi mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka...

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko kuba Guverinoma y’u Rwanda yaremeye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro na...

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko ikibazo cy’ibura ry’amazi riri kugaragara muri iyi minsi, cyatewe n’igabanuka ry’ayo mu mugezi wa Nyabarongo...

Bride Price: Cultural treasure or commercial transaction?

Bride Price: Cultural treasure or commercial transaction?

by radiotv10
30/07/2025
0

In many African societies and beyond, the tradition of bride price also known as "lobola" in Southern Africa or "inkwano"...

IZIHERUKA

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo
AMAHANGA

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

by radiotv10
30/07/2025
0

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

30/07/2025
Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru w’imyidagaduro uzwi mu Rwanda yarezwe muri RIB ubugirakabiri

Umunyamakuru w’imyidagaduro uzwi mu Rwanda yarezwe muri RIB ubugirakabiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.