Monday, July 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko byagendekeye uwagiye kwaka serivisi kuri Polisi afite Perimi idasanzwe y’incurano

radiotv10by radiotv10
31/01/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uko byagendekeye uwagiye kwaka serivisi kuri Polisi afite Perimi idasanzwe y’incurano
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yafatanye umugabo w’imyaka 39 uruhushya rwa burundu rwo gutwara ibinyabiziga rw’uruhimbano ruriho ko afite ubushobozi bwo gutwara ibinyabiziga byose (A,B,C,D na E) bigaragara ko ari urwo muri DRC, ubwo yari agiye gusuzumisha ubuziranenge bw’ikinyabiziga.

Uyu mugabo witwa Samuel yafashwe kuri wa Mbere tariki ya 30 Mutarama 2023, ubwo yari agiye ku kigo gisuzuma imiterere y’ibinyabiziga giherereye i Remera mu Karere ka Gasabo.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yavuze ko uyu mugabo yari agiye gusuzumisha ubuziranenge bw’ikamyo yo mu bwoko bwa Volvo asanzwe atwara ariko abapolisi bakabanza gukemanga uru ruhushya.

Uru ruhushya rw’uruhimbano rwafatanywe uyu mugabo kandi, ruriho amazina adahuye n’ari ku irangamuntu ye.

CP Kabera yagize ati “Bimaze kugaragara ko uruhushya agenderaho rumwemerera gutwara imodoka zo ku rwego A, B, C, D na E rwatangiwe muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ari uruhimbano kandi rudahuje amazina yombi n’ayo ku ndangamuntu ye.”

Uyu Samuel utigeze agorana, yiyemereye ko atigeze akora ikizamini cyo gutwara ibinyabiziga, avuga ko yaruguze muri 2021, akishyura 200 USD (200.000 Frw).

CP Kabera yaboneyeho kugira inama abantu bose bifuza gutwara ibinyabiziga ko banyura mu nzira zemewe n’amategeko kugira ngo batagirwaho ingaruka n’uburiganya nk’ubu.

Yavuze ko umuntu wese wifuza gutwara ikinyabiziga, akwiye kubanza kwiga amategeko y’umuhanda, agakorera uruhushya rw’agateganyo, ubundi akanakora ikizamini cy’uruhushya rwa burundu. Ati “Indi nzira iyo ari yo yose irenze kuri izo, ntiyemewe kandi irahanirwa.”

ICYO ITEGEKO RITEGANYA

Ingingo ya 276 yo mu itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ivuga ko, Umuntu wese, ku bw’uburiganya, wandika, wandikisha ibintu bidahuye n’ukuri cyangwa ukora imenyekanisha ritari ryo afatwa nk’uwakoze icyaha cyo gukora ibihimbano.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka 5 ariko kitarenze imyaka 7 n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni 3 ariko atarenga miliyoni 5 cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + 11 =

Previous Post

Ifoto y’uwihimbiye umurimo mu bukerarugendo asangira ikigori n’inka yazamuye amarangamutima ya benshi

Next Post

Umunyamakuru w’imyidagaduro uzwi mu Rwanda yarezwe muri RIB ubugirakabiri

Related Posts

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

by radiotv10
14/07/2025
0

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yamenyesheje Abanyarwanda ko haherutse kuvumburwa urushinge umuntu ashobora guterwa rukamurinda kwandura Virusi Itera SIDA mu...

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

by radiotv10
14/07/2025
0

Rwanda’s Minister of Health, Dr. Sabin Nsanzimana, has announced the recent discovery of an injection that can protect an individual...

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

by radiotv10
14/07/2025
0

In our past article, we explained why and how Africa was maintained under domination by European countries. Should we keep...

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umugore wo mu Murenge wa Nyakiriba mu Karere ka Rubavu akurikiranyweho gucura umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we, afatanyije n’undi...

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, arasaba abagiraneza gufasha umugore we kujya kwivuza indwara y’ibibyimba yasanganywe...

IZIHERUKA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama
AMAHANGA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

by radiotv10
14/07/2025
0

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

14/07/2025
Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

14/07/2025
Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

14/07/2025
Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

14/07/2025
Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

14/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru w’imyidagaduro uzwi mu Rwanda yarezwe muri RIB ubugirakabiri

Umunyamakuru w’imyidagaduro uzwi mu Rwanda yarezwe muri RIB ubugirakabiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.