Sunday, July 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Inzoga idasanzwe bise ‘mood’ uyinyoye arasusuruka birenze urugero agakora amahano

radiotv10by radiotv10
13/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Inzoga idasanzwe bise ‘mood’ uyinyoye arasusuruka birenze urugero agakora amahano
Share on FacebookShare on Twitter
  • Abayinywa bo bayifata nk’amanu bahawe n’Imana, umwe ati “ni Mutzig yacu.”

Mu Kagari Rukoko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa inzoga idasanzwe bise Mudu (mood) ikomeje gutuma bamwe bakora amahano kuko uwayinyoye agira imyitwarire idasanzwe, bamwe badatinya kuvuga ko itaba itandukanye n’iy’itungo ry’ingurube.

Aba baturage bo mu Mudugudu wa wa Bisizi muri aka Kagari ka Rukoko, babwiye RADIOTV10 ko uwanyoye iyi nzoga ikamuganza, baba batakimufata nk’umuntu.

Umwe ati “Uyinywa ntaho aba atandukaniye n’ingurube, ni ukuza ari guhinda mu baturage, uko ingurube ihora isakuza mu kiraro na we ni gutyo. Mudu ntabwo ari inzoga y’abantu.”

Uyu muturage ukomeza avuga impamvu iyi nzoga bayise ‘Mood’, ati “Ni uko ibashyira muri mudu nawe urabyumva bagahita batumuka bakigira muri mudu zabo.”

Aba baturage bavuga ko abanywa iyi nzoga bo bavuga ko ntawayibakuraho ndetse bagiye bazita amazina yo kuzirata ibigwi, ku buryo iyo bumvise hari uyivuga nabi baba babiri.

Undi muturage ati “Hari bamwe bazita ngo ni ya gahunda, abandi ngo ni LPG, abandi ngo ni vitensi. Barabinywa bakarara mu muhanda, abandi bakambara ubusa abandi bakirukanka. Hari n’uherutse kurarana n’umukwe we.”

Bamwe mu banywa iyi nzoga, bo bavuga ko ntako isa kuko bayibonye nk’inzoga y’ab’amikoro macye kuko idahenda, kandi ngo ibyo bayivugaho byose atari byo.

Umwe ati “Ntabwo umuntu asusuruka ngo asinde, kuko anywana ubwenge ni nk’uko umuntu anywa ibinyobwa byose. Uburyohe bwako twumva ari nka Mitsingi, uko munywa Mitsingi na yo ni ko iba imeze.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rubavu, Harerimana Emmanuel Blaise yemeye ko ikibazo cy’iyi nzoga itemewe kizwi.

Ati “Twatangiye kugikoraho, twaganirije abo bireba bose. Ntabwo yemewe ni nkuko turwanya n’ibindi byose bitemewe, iyo tubibonye turabyangiza hashingiwe ku mabwiriza abigenga.”

Iyi nzoga yahawe izina rya ‘mood’ ikorwa mu bisigazwa by’ibyatunganyijwe n’uruganda rutunganya ibinyobwa rwa Bralirwa bisanzwe bigaburirwa amatungo.

Uwayinyoye ntiwayimukura mu munwa
Hari uwihangiye umurimo mu bucuruzi bw’iyi nzoga itemewe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × one =

Previous Post

Ibiteye amatsiko ku mbwa ikuze kurusha izindi ku Isi yamaze kuba ikirangirire

Next Post

Umukino wa APR&Rayon wongeye gukurikirwa n’ibidasanzwe, Umuvugizi wa Rayon abivuga ibitunguranye

Related Posts

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Nyuma yuko hasakaye ibaruwa bigaragara ko yanditswe n’Umuyobozi w’Ikio cya C.L Gashonga TSS cyo mu Karere ka Rusizi, agaya umukozi...

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

by radiotv10
26/07/2025
0

Mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza hari gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ ikomeje gufasha abaturage mu kwikemurira amakimbirane yo mu...

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

by radiotv10
25/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abayobozi bakwiye kujya mu nshingano bazumva kandi bakazikorana ubushake n’imyumvire bibaturutsemo bibumvisha ko akazi barimo...

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubutaka mu Rwanda kigaragaza ko ubutaka bwanditse ku bagore gusa bihariye badafite abo babuhuriyeho ari 18,88% mu...

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

“Kuyobora Abanyarwanda ntako bisa pe…” Ni bumwe mu butumwa Perezida Paul Kagame yavugiye i Kayonza ubwo yari mu bikorwa byo...

IZIHERUKA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’
MU RWANDA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukino wa APR&Rayon wongeye gukurikirwa n’ibidasanzwe, Umuvugizi wa Rayon abivuga ibitunguranye

Umukino wa APR&Rayon wongeye gukurikirwa n’ibidasanzwe, Umuvugizi wa Rayon abivuga ibitunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.