Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AMAFOTO: Perezida w’u Burundi yasuye umuhinzi watahutse ava Canada baganirira mu rutoki

radiotv10by radiotv10
13/02/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, POLITIKI
0
AMAFOTO: Perezida w’u Burundi yasuye umuhinzi watahutse ava Canada baganirira mu rutoki
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yasuye Umurundi wari warahungiye muri Canada akaba aherutse gutahuka, ubu akaba ari umuhinzi-mworozi wa kijyambere, banaganirira muri kimwe mu bikorwa bye by’ubuhinzi.

Uyu Murundi witwa Jackson Nahayo wabaga muri Canada, akaza kwiyemeza gutahuka mu Gihugu cyamwibarutse, akajya gukomeza ibikorwa bimuteza imbere binateza imbere Igihugu cye.

Jackson Nahayo akigaruka mu Burundi yahise yiyemeza gukora ubuhinzi n’ubworozi mu buryo bwa kijyambere, ubu akaba ari umwe mu bahinzi ntangarugero muri Komini ya Murwi mu Ntara ya Cibitoke.

Aha mu rugo rwe ni na ho Perezida Evaritse Ndayishimiye yamusuye we n’umuryango, aho bagaragaye bicaye ku ntebe bateye mu rutoki bari kuganira.

Jackson Nahayo yavuze ko Abarundi benshi bibwira ko mu mahanga ari ho hari ubuzima bwiza, nyamara atari ko bimze, bityo ko yagarutse mu Burundi kugira ngo ahinyuze imyumvire nk’iyo kuko ubu ari gutera imbere kurusha uko yari ameze muri Canada.

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yaboneyeho guha ubutumwa abayobozi b’Intara zose, gushishikariza Abarundi baba mu mahanga, kuza guteza imbere Igihugu cyababyaye.

Evariste Ndayishimiye yasabye Abayobozi b’Intara kumenyesha abaturage bavuka mu Ntara bayoboye baba hanze, kubereka amahirwe ari mu Gihugu cyabo kugira ngo baze kuyabyaza umuraruro.

Perezida Ndayishimiye yaganiraga na Nahayo ubu wabaye umuhinzi wa kijyambere

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 5 =

Previous Post

Hari uwo mu muryango waje yashananaje asubizwayo shishitabona-Ibitaravuzwe mu bukwe bwa Gafaranga

Next Post

Yago arongeye…Aje mu ndirimbo inyura buri wese uryohewe n’urukundo

Related Posts

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Muri Nigeria, igisasu cyaturikiye mu musigiti uherereye mu mujyi wa Maiduguri, muri Leta ya Borno, gihitana abantu batanu, abandi 35...

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

by radiotv10
25/12/2025
0

Umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant Colonel mu gisirikare cy’u Burundi uherutse kurasirwa ku rugamba rwo guhangana na AFC/M23, byamenyekanye ko...

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Guverineri wa Leta ya Niger muri Nigeria yayoboye umuhango wo kwakira abana 130 n’abarimu bari barashimuswe n’abitwaje intwaro, nyuma yo...

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

Abapolisi b’igipolisi cy’Ihuriro AFC/M23 cyagaragaye mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, bari guhosha imyigaragambyo y’abaturage basaba ko iri...

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

by radiotv10
22/12/2025
0

Mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imyigaragambyo yitabiriwe n’Abanyekongo benshi, bamagana MONUSCO yongerewe igihe, ndetse...

IZIHERUKA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya
AMAHANGA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Yago arongeye…Aje mu ndirimbo inyura buri wese uryohewe n’urukundo

Yago arongeye…Aje mu ndirimbo inyura buri wese uryohewe n'urukundo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.