• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Nyuma y’umunsi 1 afunguwe umuhanzi nyarwanda yahise asohora indirimbo ivuga ibyamubayeho

radiotv10by radiotv10
23/02/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Nyuma y’umunsi 1 afunguwe umuhanzi nyarwanda yahise asohora indirimbo ivuga ibyamubayeho
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Jowest uherutse kugirwa umwere ku byaha birimo icyo gusambanya undi ku gahato, agafungurwa; nyuma y’umunsi umwe arekuwe, yahise ashyira hanze indirimbo ishingiye ku nkuru mpamo y’ibyo yaregwaga.

Joshua Giribambe cyangwa Jowest yafunguwe kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Gashyantare 2023, agizwe umwere ku cyaha cyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato ndetse n’icyaha cyo gukubita no gukomeretsa undi ku bushake.

Ni icyaha bivugwa ko yakoreye umukobwa usanzwe afite umwana wabaga iwabo, mu gihe uyu muhanzi we yaburanye ahakana ibyaha nyuma yo gutabwa muri yombi tariki 01 Gashyantare 2023.

Nyuma y’umunsi umwe gusa agizwe umwere akanasohoka muri kasho, Jowest yashyize hanze indirimbo yise ‘Ku wa 3’.

Iyi ndirimbo yasohotse mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 23 Gashyantare, itangira agaruka ku buryo yafashwemo, harimo aho avuga amagambo yabwiye n’umupolisi.

Aririmba agira ati “Afande ati ‘ko uri akana keza, ibi mbona urabisobanura ute?’ ndamwegera nti ‘ngaho nyereka ikirego’ ati ‘urashinzwa gukoma no gukubita umubebi’ umutima utera cyane ntangira gutitira…”

Muri iyi ndirimbo ituje iryoheye amatwi, Jowest akomeza aririmba ko yisobanuye ahakana ibyaha yivuye inyuma ariko ko abamufashe bamubwiye ko n’ubundi arara muri kasho.

Akomeza aririmba agira ati “Ijoro riri kumbana ukwezi, umunsi wo uri gutinda nk’umwaka, malayika murinzi wanjye ubanza asizinziriye, Mana mfasha umukangure basi amfashe kuburana.”

Mu nyikirizo akomeza aririmba ati “Iyi ngoma nidasohoka ubwo nyine nzaba nkiri mu gihome, gusa nanone nuyumva ntuzarire nzaba naciye ishene.”

Jowest uri mu bahanzi bagezweho mu Rwanda muri iyi minsi, asanzwe afite indirimbo izirimo iyo yise ‘Hejuru’, ‘Agahapinesi’, ‘Saye’ ndetse n’iyi ‘Ku wa 3’ ashyize hanze nyuma yo gufungurwa.

Umunanzi Jowest yahise ashyira hanze indirimbo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 1 =

Previous Post

M23 yaramutse ikora ikindi gikorwa kigaragaza ko igikomeye imbere ya FARDC

Next Post

TdRda: Chriss Froome uyu munsi werekanye ubuhangange bwe yahuye n’ibizazane bamucaho (LIVE)

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
TdRda: Chriss Froome uyu munsi werekanye ubuhangange bwe yahuye n’ibizazane bamucaho (LIVE)

TdRda: Chriss Froome uyu munsi werekanye ubuhangange bwe yahuye n’ibizazane bamucaho (LIVE)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.