Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abatsindiye indishyi bizagenda bite?- Me Evode ahishyuye byinshi bizakurikira ifungurwa rya Rusesabagina

radiotv10by radiotv10
27/03/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Abatsindiye indishyi bizagenda bite?- Me Evode ahishyuye byinshi bizakurikira ifungurwa rya Rusesabagina
Share on FacebookShare on Twitter
  • Niba nta mitungo afite iby’abaregeye indishyi bizaba birangiye
  • Imbabazi za Perezida ntizihanagura ibyaha

Umuhanga mu by’amategeko, avuga ko nubwo Paul Rusesabagina yarekuwe ku bw’imbabazi za Perezida Paul Kagame, bitazaburizamo ibindi byemezo byafatiwe Rusesabagina. Ati “imbabazi ntabwo zikuraho indishyi, nta n’ubwo zigira umuntu umwere, arakomeza akitwa umunyacyaha.”

Umunyamategeko Me Kayitana Evode usanzwe ari umwarimu w’amategeko muri kaminuza akaba anunganira abantu mu nkiko, yatangaje ibi nyuma yuko Paul Rusesabagina arekuwe ku bw’imbabazi za Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.

Me Evode avuga ko imbabazi za Perezida wa Repubulika azitanga mu nyungu rusange kandi ko zishobora gutangwa ku byaha ibyo ari byo byose.

Ati “Inyungu rusange rero burya ni ingingo nini cyane, irebana na Politiki, umutekano w’Igihugu, ibintu byose Perezida wa Repubulika ashobora kubona yuko bishobora kubangamira Igihugu mu gihe uwo muntu ashobora kumufunga, ariko ntabwo ibyo bibangamira inyungu z’abakorewe ibyaha byo kuregera indishyi.

Ntabwo imbabazi za Perezida zikuraho uburenganzira bw’abakoreye ibyaha kubona indishyi z’akababaro, ubwo rero abaziregeye banazitsindiye bo bazakomeza bazikurikirane.”

Uyu munyamategeko avuga ko niba Paul Rusesabagina afite imitungo, izakomeza gukurikiranwa n’Abahesha b’Inkiko kugira ngo abatsindiye indishyi z’akababaro, bishyurwe.

Me Evove Kayitana yakomeje agira ati “Cyangwa bagire [abatsindiye indishyi] ukuntu bahura na Rusesabagina bemeranye uburyo abo bantu bazishyurwa.”

Uyu munyamategeko uvuga ko nta rundi rubanza ruzabaho kuri izo ndishyi, kuko urwo baziregeyemo rwarangiye mu buryo bwa burundu.

Ati “Kandi inkiko zarazibageneye ahubwo igisigaye ni uburyo Rusesabagina yishyura ku bushake cyangwa ku ngufu. Ibyo bikorwa n’Abahesha b’Inkiko kuko icyemezo cy’Urukiko kirahari giteganya izo ndishyi. Bafatira imitungo yawe, iyo nta mitungo ufite ubwo biba birangiye baba bihombeye.”

 

Imbabazi za Perezida ntiziguhanaguraho ibyaha

Me Evode Kayitana avuga kandi ko kuba Rusesabagina yahawe imbabazi, adashobora kugera hanze ngo ashinge ijosi avuge ko atariha indishyi yaciwe, ashingiye kuri izi mbabazi zatumye afungurwa.

Ati “Imbabazi za Perezida wa Repubulika ntabwo zivuga ko ibyo wakoze atari ibyaha, haba hari impamvu zituma uva muri Gereza ariko ibyo wakoze birakomeza bikitwa ibyaha n’abangirijwe bagakomeza kugira uburenganzira bwo gusaba indishyi zabo.”

Paul Rusesabagina waburanishijwe yarikuye mu rubanza yaba mu rwa mbere ndetse n’urw’ubujurire, ubwo yari akirurimo yakunze kumvikana avuga ko atari Umunyarwanda kuko afite ubwenegihugu bw’u Bubiligi ndetse akagira n’uburenganzira bwo gutura muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Hari n’abakeka ko ashobora kurekurwa agahita asubira muri iki Gihugu cyanakunze kotsa igitutu u Rwanda kirusaba kumurekura.

Me Evode ukomeza kugaruka ku batsindiye indishyi, avuga ko niba imbabazi yahawe zirimo no kuba yahita asubira muri America, na byo bidashobora gutuma abagomba kwishyurwa, badahabwa uburenganzira bwabo.

Ati “Abakurikirana ubwo bakurikirana imitungo ye iri mu Rwanda, kuko ashobora kuba afite amazu cyangwa ubutaka bakabikurikirana bakabifatira bakabigurisha, cyangwa se bagakurikirana imitungo ye iri muri America.”

Gusa gukurikirana iyi mitungo yo muri America bisaba ko habaho gukorana n’abahesha b’Inkiko bo muri kiriya Gihugu, ku buryo icyemezo cy’Urukiko cyajyanwa muri America kikaba cyaterwaho kasha mpuruza n’inkiko zaho, ubundi hagashakwa indishyi zihabwa abazitsindiye.

Icyakora ngo biterwa n’uko amategeko yo muri America yaba ateye niba koko ateganya indishyi ku byaha byahamijwe Paul Rusesabagina ndetse n’ubwoko bw’izi ndishyi zemejwe n’inkiko zo mu Rwanda, bukaba buri mu buteganywa n’inkiko zo muri America.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 3 =

Previous Post

Harry Kane yaciye agahigo, Saka yerekana ko atari mwiza muri Arsenal gusa

Next Post

Rubavu: Impanuka ikomeye yasize inkuru y’incamugongo y’umupolisikazi washenguye benshi

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Impanuka ikomeye yasize inkuru y’incamugongo y’umupolisikazi washenguye benshi

Rubavu: Impanuka ikomeye yasize inkuru y'incamugongo y’umupolisikazi washenguye benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.