Wednesday, July 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abatsindiye indishyi bizagenda bite?- Me Evode ahishyuye byinshi bizakurikira ifungurwa rya Rusesabagina

radiotv10by radiotv10
27/03/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Abatsindiye indishyi bizagenda bite?- Me Evode ahishyuye byinshi bizakurikira ifungurwa rya Rusesabagina
Share on FacebookShare on Twitter
  • Niba nta mitungo afite iby’abaregeye indishyi bizaba birangiye
  • Imbabazi za Perezida ntizihanagura ibyaha

Umuhanga mu by’amategeko, avuga ko nubwo Paul Rusesabagina yarekuwe ku bw’imbabazi za Perezida Paul Kagame, bitazaburizamo ibindi byemezo byafatiwe Rusesabagina. Ati “imbabazi ntabwo zikuraho indishyi, nta n’ubwo zigira umuntu umwere, arakomeza akitwa umunyacyaha.”

Umunyamategeko Me Kayitana Evode usanzwe ari umwarimu w’amategeko muri kaminuza akaba anunganira abantu mu nkiko, yatangaje ibi nyuma yuko Paul Rusesabagina arekuwe ku bw’imbabazi za Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.

Me Evode avuga ko imbabazi za Perezida wa Repubulika azitanga mu nyungu rusange kandi ko zishobora gutangwa ku byaha ibyo ari byo byose.

Ati “Inyungu rusange rero burya ni ingingo nini cyane, irebana na Politiki, umutekano w’Igihugu, ibintu byose Perezida wa Repubulika ashobora kubona yuko bishobora kubangamira Igihugu mu gihe uwo muntu ashobora kumufunga, ariko ntabwo ibyo bibangamira inyungu z’abakorewe ibyaha byo kuregera indishyi.

Ntabwo imbabazi za Perezida zikuraho uburenganzira bw’abakoreye ibyaha kubona indishyi z’akababaro, ubwo rero abaziregeye banazitsindiye bo bazakomeza bazikurikirane.”

Uyu munyamategeko avuga ko niba Paul Rusesabagina afite imitungo, izakomeza gukurikiranwa n’Abahesha b’Inkiko kugira ngo abatsindiye indishyi z’akababaro, bishyurwe.

Me Evove Kayitana yakomeje agira ati “Cyangwa bagire [abatsindiye indishyi] ukuntu bahura na Rusesabagina bemeranye uburyo abo bantu bazishyurwa.”

Uyu munyamategeko uvuga ko nta rundi rubanza ruzabaho kuri izo ndishyi, kuko urwo baziregeyemo rwarangiye mu buryo bwa burundu.

Ati “Kandi inkiko zarazibageneye ahubwo igisigaye ni uburyo Rusesabagina yishyura ku bushake cyangwa ku ngufu. Ibyo bikorwa n’Abahesha b’Inkiko kuko icyemezo cy’Urukiko kirahari giteganya izo ndishyi. Bafatira imitungo yawe, iyo nta mitungo ufite ubwo biba birangiye baba bihombeye.”

 

Imbabazi za Perezida ntiziguhanaguraho ibyaha

Me Evode Kayitana avuga kandi ko kuba Rusesabagina yahawe imbabazi, adashobora kugera hanze ngo ashinge ijosi avuge ko atariha indishyi yaciwe, ashingiye kuri izi mbabazi zatumye afungurwa.

Ati “Imbabazi za Perezida wa Repubulika ntabwo zivuga ko ibyo wakoze atari ibyaha, haba hari impamvu zituma uva muri Gereza ariko ibyo wakoze birakomeza bikitwa ibyaha n’abangirijwe bagakomeza kugira uburenganzira bwo gusaba indishyi zabo.”

Paul Rusesabagina waburanishijwe yarikuye mu rubanza yaba mu rwa mbere ndetse n’urw’ubujurire, ubwo yari akirurimo yakunze kumvikana avuga ko atari Umunyarwanda kuko afite ubwenegihugu bw’u Bubiligi ndetse akagira n’uburenganzira bwo gutura muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Hari n’abakeka ko ashobora kurekurwa agahita asubira muri iki Gihugu cyanakunze kotsa igitutu u Rwanda kirusaba kumurekura.

Me Evode ukomeza kugaruka ku batsindiye indishyi, avuga ko niba imbabazi yahawe zirimo no kuba yahita asubira muri America, na byo bidashobora gutuma abagomba kwishyurwa, badahabwa uburenganzira bwabo.

Ati “Abakurikirana ubwo bakurikirana imitungo ye iri mu Rwanda, kuko ashobora kuba afite amazu cyangwa ubutaka bakabikurikirana bakabifatira bakabigurisha, cyangwa se bagakurikirana imitungo ye iri muri America.”

Gusa gukurikirana iyi mitungo yo muri America bisaba ko habaho gukorana n’abahesha b’Inkiko bo muri kiriya Gihugu, ku buryo icyemezo cy’Urukiko cyajyanwa muri America kikaba cyaterwaho kasha mpuruza n’inkiko zaho, ubundi hagashakwa indishyi zihabwa abazitsindiye.

Icyakora ngo biterwa n’uko amategeko yo muri America yaba ateye niba koko ateganya indishyi ku byaha byahamijwe Paul Rusesabagina ndetse n’ubwoko bw’izi ndishyi zemejwe n’inkiko zo mu Rwanda, bukaba buri mu buteganywa n’inkiko zo muri America.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 3 =

Previous Post

Harry Kane yaciye agahigo, Saka yerekana ko atari mwiza muri Arsenal gusa

Next Post

Rubavu: Impanuka ikomeye yasize inkuru y’incamugongo y’umupolisikazi washenguye benshi

Related Posts

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

by radiotv10
30/07/2025
0

Umugabo w’imyaka 48 wari uzwiho ubusinzi, yasanzwe yapfuye mu mukingo wa metero zirindwi mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka...

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko kuba Guverinoma y’u Rwanda yaremeye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro na...

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko ikibazo cy’ibura ry’amazi riri kugaragara muri iyi minsi, cyatewe n’igabanuka ry’ayo mu mugezi wa Nyabarongo...

IZIHERUKA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage
MU RWANDA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Impanuka ikomeye yasize inkuru y’incamugongo y’umupolisikazi washenguye benshi

Rubavu: Impanuka ikomeye yasize inkuru y'incamugongo y’umupolisikazi washenguye benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.