Friday, October 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

UBUHAMYA: “Baransambanyije birampungabanya kugeza ubwo ngerageje kwiyahura”

radiotv10by radiotv10
22/07/2021
in MU RWANDA
0
UBUHAMYA: “Baransambanyije birampungabanya kugeza ubwo ngerageje kwiyahura”
Share on FacebookShare on Twitter

Niyibizi Josiane ,ni amazina twahaye uwahohotewe  afite imyaka 14 ubu akaba ari mu kigero cy’imyaka 31 utuye mu murenge wa Gatenga mu mujyi wa Kigali ariko akaba avuka mu karere ka Nyaruguru.

Niyibizi avuga ko ari imfubyi ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ariko akaba yarakunze kugira ihungabana akaba yarababajwe no kuba yarahohotewe n’uwashoboraga kumufasha mu gihe yari yahuye n’ihungabana.

Aganira n’umunyamakuru wa RADIOTV10 yagize ati “Arambwira ngo icyo nshaka gukora ndagikora, yafunze icyumba ,mpita numva ibitekerezo bisubiye inyuma, ntumbaze ngo byaje kugenda gute, naherutse tuvugana ayo magambo arakinga, imibonano mpuzabitsina irarangira aragenda asiga afunze kuko yarabonye n’ubundi nasubiye muri crise (nahungabanye)”

Niyibizi avuga gusambanywa byasembuye ihungabana yarasanganywe, bikiyongeraho ko yahise asama bityo inzozi yari afite zo kuba umubikira zigacikira ku buryo yagerageje no kwiyahura inshuro enye ariko Imana igakinga akaboko.

“Ku byakira byarangoye kuko nari mfite gahunda yo kuzaba umubikira, none ndi impfubyi, ngiye kurera umwana nkiri muto, byarangoye kubyakira ngerageza kwiyahura inshuro enye, rimwe nkanywa imiti y’imbeba ubundi nkajya ku cyuzi ariko icyo Imana idashaka n’ubundi ntikiba”

Mu buhamya burebure bwa Niyibizi avuga ko umwana yatwise bivuye mu kumusambanya yamubyaye ariko yagera ku myaka itatu agapfa, uwamuhohoteye arafungwa n’ubwo ngo kubura ibimenyetso bifatika bitamuhaye ubutabera bwuzuye.

Iyi nzira Niyibizi yanyuzemo agahura n’abafite ibibazo  basangiye, byamuteye gushinga umuryango wa Shirimpumpu  abahohotewe bahuriramo bagakira ibikomere .

“Naje guhura n’abandi numva abafite ibibazo biruta n’ibyanjye numva biranduhuye mpita ngira igitekerezo cyo kujya duhura tukaganira,iryo huriro turyita Shirampumpu”

Niyibizi yemeza ko uyu muryango watumye inkubirane y’ihohotera n’ihungabana wabimuvuye kuko bafite n’umushinga muto wo kudoda utagamije ubucuruzi ahubwo ugamije kubibagiza ibyo banyuzemo.

Icyakora bifuza ko abagiraneza n’inzego za Leata zabafasha kuwagura bakabona nkaho bakorera kuko ubu aho bari bahatijwe n’ubuyobozi bw’akagali ka Niboyi.

Batamuriza Mireille umuyobozi mukuru ushinzwe iterambere ry’umuryango no kurengera abana muri minisiteri y’uburinganire n’iterambere ry’umuryango (MIGEPROF) avuga ko gufasha Shirimpumpu bizaborohera bitewe nuko ihuriro aribo baryishyiriyeho.

“Nababwira ko ari igitekerezo cyiza cyo kwihuza kandi nibyo bitanga umusaruro kuruta ko byakorwa n’uwabibatekerereje,natwe rero ntacyatubuza kubafasha binyuze no mu bayobozi babegereye”

Kugeza ubu ihuriro rya Shirimpumpu rimaze imyaka ibiri rikaba rihuriyemo abantu 20 b’ibitsinabyombi,guhura bakaba bemeza ko bibavura ibikomere batakomorwa n’ubonetse wese, bakifuza ko bakongerwa ubushobozi bw’aho bakorera ndetse n’ubudozi bakora dore ko badaheza uwariwe wese wahohotewe.

Inkuru ya: Vedaste Kubwimana/RadioTV10 Rwanda

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =

Previous Post

RUBAVU: Hari abarembejwe n’abiyise abuzukuru ba shitani

Next Post

Bitunguranye Kwizera Olivier yasezeye mu mupira w’amaguru

Related Posts

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

by radiotv10
31/10/2025
0

A 62-year-old man suspected of taking part in the 1994 Genocide against the Tutsi was arrested at the Rubengera Sector...

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

by radiotv10
31/10/2025
0

Umugabo w’imyaka 62 y’amavuko ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yafatiwe ku Biro by'Umurenge wa Rubengera mu Karere ka...

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

by radiotv10
31/10/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Mozambique, Gen Júlio dos Santos Jane wasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu mujyi wa wa...

Uw’i Nyabihu wari umaze iminsi ibiri i Rubavu yakuyemo inda abaturanyi baramutahura

Uko hatahuwe umukobwa ukekwaho kwihekura wabyaye umwana agahita amuta mu musarani

by radiotv10
31/10/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha mu Karere ka Rubavu, rwataye muri yombi umukobwa w’imyaka 18 ukekwaho kubyara umwana wari ugejeje igihe cyo...

Kayonza: Bavuze uko umuhanda wakozwe n’Abashinwa ugiye kubicisha inzara

Kayonza: Bavuze uko umuhanda wakozwe n’Abashinwa ugiye kubicisha inzara

by radiotv10
31/10/2025
1

Bamwe mu bo mu Mirenge ya Murama na Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko amazi aturuka mu muhanda w'amakamyo...

IZIHERUKA

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding
MU RWANDA

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

by radiotv10
31/10/2025
0

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

31/10/2025
Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

31/10/2025
Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

31/10/2025
Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

31/10/2025
Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

31/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bitunguranye Kwizera Olivier yasezeye mu mupira w’amaguru

Bitunguranye Kwizera Olivier yasezeye mu mupira w’amaguru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.