Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

UBUHAMYA: “Baransambanyije birampungabanya kugeza ubwo ngerageje kwiyahura”

radiotv10by radiotv10
22/07/2021
in MU RWANDA
0
UBUHAMYA: “Baransambanyije birampungabanya kugeza ubwo ngerageje kwiyahura”
Share on FacebookShare on Twitter

Niyibizi Josiane ,ni amazina twahaye uwahohotewe  afite imyaka 14 ubu akaba ari mu kigero cy’imyaka 31 utuye mu murenge wa Gatenga mu mujyi wa Kigali ariko akaba avuka mu karere ka Nyaruguru.

Niyibizi avuga ko ari imfubyi ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ariko akaba yarakunze kugira ihungabana akaba yarababajwe no kuba yarahohotewe n’uwashoboraga kumufasha mu gihe yari yahuye n’ihungabana.

Aganira n’umunyamakuru wa RADIOTV10 yagize ati “Arambwira ngo icyo nshaka gukora ndagikora, yafunze icyumba ,mpita numva ibitekerezo bisubiye inyuma, ntumbaze ngo byaje kugenda gute, naherutse tuvugana ayo magambo arakinga, imibonano mpuzabitsina irarangira aragenda asiga afunze kuko yarabonye n’ubundi nasubiye muri crise (nahungabanye)”

Niyibizi avuga gusambanywa byasembuye ihungabana yarasanganywe, bikiyongeraho ko yahise asama bityo inzozi yari afite zo kuba umubikira zigacikira ku buryo yagerageje no kwiyahura inshuro enye ariko Imana igakinga akaboko.

“Ku byakira byarangoye kuko nari mfite gahunda yo kuzaba umubikira, none ndi impfubyi, ngiye kurera umwana nkiri muto, byarangoye kubyakira ngerageza kwiyahura inshuro enye, rimwe nkanywa imiti y’imbeba ubundi nkajya ku cyuzi ariko icyo Imana idashaka n’ubundi ntikiba”

Mu buhamya burebure bwa Niyibizi avuga ko umwana yatwise bivuye mu kumusambanya yamubyaye ariko yagera ku myaka itatu agapfa, uwamuhohoteye arafungwa n’ubwo ngo kubura ibimenyetso bifatika bitamuhaye ubutabera bwuzuye.

Iyi nzira Niyibizi yanyuzemo agahura n’abafite ibibazo  basangiye, byamuteye gushinga umuryango wa Shirimpumpu  abahohotewe bahuriramo bagakira ibikomere .

“Naje guhura n’abandi numva abafite ibibazo biruta n’ibyanjye numva biranduhuye mpita ngira igitekerezo cyo kujya duhura tukaganira,iryo huriro turyita Shirampumpu”

Niyibizi yemeza ko uyu muryango watumye inkubirane y’ihohotera n’ihungabana wabimuvuye kuko bafite n’umushinga muto wo kudoda utagamije ubucuruzi ahubwo ugamije kubibagiza ibyo banyuzemo.

Icyakora bifuza ko abagiraneza n’inzego za Leata zabafasha kuwagura bakabona nkaho bakorera kuko ubu aho bari bahatijwe n’ubuyobozi bw’akagali ka Niboyi.

Batamuriza Mireille umuyobozi mukuru ushinzwe iterambere ry’umuryango no kurengera abana muri minisiteri y’uburinganire n’iterambere ry’umuryango (MIGEPROF) avuga ko gufasha Shirimpumpu bizaborohera bitewe nuko ihuriro aribo baryishyiriyeho.

“Nababwira ko ari igitekerezo cyiza cyo kwihuza kandi nibyo bitanga umusaruro kuruta ko byakorwa n’uwabibatekerereje,natwe rero ntacyatubuza kubafasha binyuze no mu bayobozi babegereye”

Kugeza ubu ihuriro rya Shirimpumpu rimaze imyaka ibiri rikaba rihuriyemo abantu 20 b’ibitsinabyombi,guhura bakaba bemeza ko bibavura ibikomere batakomorwa n’ubonetse wese, bakifuza ko bakongerwa ubushobozi bw’aho bakorera ndetse n’ubudozi bakora dore ko badaheza uwariwe wese wahohotewe.

Inkuru ya: Vedaste Kubwimana/RadioTV10 Rwanda

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 3 =

Previous Post

RUBAVU: Hari abarembejwe n’abiyise abuzukuru ba shitani

Next Post

Bitunguranye Kwizera Olivier yasezeye mu mupira w’amaguru

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bitunguranye Kwizera Olivier yasezeye mu mupira w’amaguru

Bitunguranye Kwizera Olivier yasezeye mu mupira w’amaguru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.