• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

UBUHAMYA: “Baransambanyije birampungabanya kugeza ubwo ngerageje kwiyahura”

radiotv10by radiotv10
22/07/2021
in MU RWANDA
0
UBUHAMYA: “Baransambanyije birampungabanya kugeza ubwo ngerageje kwiyahura”
Share on FacebookShare on Twitter

Niyibizi Josiane ,ni amazina twahaye uwahohotewe  afite imyaka 14 ubu akaba ari mu kigero cy’imyaka 31 utuye mu murenge wa Gatenga mu mujyi wa Kigali ariko akaba avuka mu karere ka Nyaruguru.

Niyibizi avuga ko ari imfubyi ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ariko akaba yarakunze kugira ihungabana akaba yarababajwe no kuba yarahohotewe n’uwashoboraga kumufasha mu gihe yari yahuye n’ihungabana.

Aganira n’umunyamakuru wa RADIOTV10 yagize ati “Arambwira ngo icyo nshaka gukora ndagikora, yafunze icyumba ,mpita numva ibitekerezo bisubiye inyuma, ntumbaze ngo byaje kugenda gute, naherutse tuvugana ayo magambo arakinga, imibonano mpuzabitsina irarangira aragenda asiga afunze kuko yarabonye n’ubundi nasubiye muri crise (nahungabanye)”

Niyibizi avuga gusambanywa byasembuye ihungabana yarasanganywe, bikiyongeraho ko yahise asama bityo inzozi yari afite zo kuba umubikira zigacikira ku buryo yagerageje no kwiyahura inshuro enye ariko Imana igakinga akaboko.

“Ku byakira byarangoye kuko nari mfite gahunda yo kuzaba umubikira, none ndi impfubyi, ngiye kurera umwana nkiri muto, byarangoye kubyakira ngerageza kwiyahura inshuro enye, rimwe nkanywa imiti y’imbeba ubundi nkajya ku cyuzi ariko icyo Imana idashaka n’ubundi ntikiba”

Mu buhamya burebure bwa Niyibizi avuga ko umwana yatwise bivuye mu kumusambanya yamubyaye ariko yagera ku myaka itatu agapfa, uwamuhohoteye arafungwa n’ubwo ngo kubura ibimenyetso bifatika bitamuhaye ubutabera bwuzuye.

Iyi nzira Niyibizi yanyuzemo agahura n’abafite ibibazo  basangiye, byamuteye gushinga umuryango wa Shirimpumpu  abahohotewe bahuriramo bagakira ibikomere .

“Naje guhura n’abandi numva abafite ibibazo biruta n’ibyanjye numva biranduhuye mpita ngira igitekerezo cyo kujya duhura tukaganira,iryo huriro turyita Shirampumpu”

Niyibizi yemeza ko uyu muryango watumye inkubirane y’ihohotera n’ihungabana wabimuvuye kuko bafite n’umushinga muto wo kudoda utagamije ubucuruzi ahubwo ugamije kubibagiza ibyo banyuzemo.

Icyakora bifuza ko abagiraneza n’inzego za Leata zabafasha kuwagura bakabona nkaho bakorera kuko ubu aho bari bahatijwe n’ubuyobozi bw’akagali ka Niboyi.

Batamuriza Mireille umuyobozi mukuru ushinzwe iterambere ry’umuryango no kurengera abana muri minisiteri y’uburinganire n’iterambere ry’umuryango (MIGEPROF) avuga ko gufasha Shirimpumpu bizaborohera bitewe nuko ihuriro aribo baryishyiriyeho.

“Nababwira ko ari igitekerezo cyiza cyo kwihuza kandi nibyo bitanga umusaruro kuruta ko byakorwa n’uwabibatekerereje,natwe rero ntacyatubuza kubafasha binyuze no mu bayobozi babegereye”

Kugeza ubu ihuriro rya Shirimpumpu rimaze imyaka ibiri rikaba rihuriyemo abantu 20 b’ibitsinabyombi,guhura bakaba bemeza ko bibavura ibikomere batakomorwa n’ubonetse wese, bakifuza ko bakongerwa ubushobozi bw’aho bakorera ndetse n’ubudozi bakora dore ko badaheza uwariwe wese wahohotewe.

Inkuru ya: Vedaste Kubwimana/RadioTV10 Rwanda

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × five =

Previous Post

RUBAVU: Hari abarembejwe n’abiyise abuzukuru ba shitani

Next Post

Bitunguranye Kwizera Olivier yasezeye mu mupira w’amaguru

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Bitunguranye Kwizera Olivier yasezeye mu mupira w’amaguru

Bitunguranye Kwizera Olivier yasezeye mu mupira w’amaguru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.