• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Inkuru ibabaje ku mugabo wasetsaga abantu ku mbuga nkoranyambaga

radiotv10by radiotv10
31/03/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, SINEMA
0
Inkuru ibabaje ku mugabo wasetsaga abantu ku mbuga nkoranyambaga
Share on FacebookShare on Twitter

Umunya-Ghana Ahuofe Abrantie wari uzwi nka Tupac kubera kwisanisha na we mu myambarire, wagaragaraga mu mashusho magufi asekeje, yitabye Imana azize urupfu rutarasobanuka.

Amakuru avuga ko Ahoufe yitabiye Imana iwe kuri uyu wa Kane tariki 30 Werurwe 2023 nyuma yo gukora amashusho yatambukaga imbonankubone (live) y’amasaha 16.

Ikinyamakuru Yen News kivuga ko icyateye urupfu rwa Ahoufe kitaramenyekana, ariko urupfu rwe rwabaye kimomo ku mbuga nkoranyambaga.

Umwe mu baraperi uzwi nka Jay Bhad wo mu itsinda rya Asakaa Boys, yemeje urupfu rw’uyu munyarwenya mu mashusho yashyize hanze.

Jay Bhad, mu mashusho yemeza urupfu rwa Ahuofe Abrantie, yayaherekesheje ubutumwa bugira buti “Ubuzima ni bugufi koko, uruhuke mu mahoro Ahuofe, ugiye kare, tuzagukumbura.”

Ahuofe yari amaze kuba ikirangirire ku mbuga nkoranyambaga, byumwihariko kuri TikTok, yakundaga kugaragaraho yambaye imyambaro minini imenyerewe ku baraperi, yari inazwi ku wo yisanishaga na we, nyakwigendera Tupac.

Amashusho y’uyu mugabo yanashyirwaga ku zindi mbuga nkoranyambaga nko kuri status za WhatsApp, yasetsaga benshi kubera uburyo uyu mugabo yitwaraga.

Ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok yari amaze kubaho ikimenyabose, yari afite abamukurikira (Followers) miliyoni 3,9, mu gihe amashusho ye yari amaze kurebwa na miliyoni 39,8 aho yari amaze gushyiraho videwo 217.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × one =

Previous Post

Muhanga: Amayobera ku musaza wararaga izamu ku ishuri basanze hafi yaryo yapfuye

Next Post

Basuhuzanyije bahita baba inshuti: Ifoto y’urugwiro mu Rugwiro yazamuye amarangamutima ya benshi

Related Posts

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Next Post
Basuhuzanyije bahita baba inshuti: Ifoto y’urugwiro mu Rugwiro yazamuye amarangamutima ya benshi

Basuhuzanyije bahita baba inshuti: Ifoto y’urugwiro mu Rugwiro yazamuye amarangamutima ya benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.