Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ni ibitangaza: RPF imaze imyaka 35 ibayeho buri wese arayivuga imyato kubera ibyo yakoze

radiotv10by radiotv10
01/04/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ni ibitangaza: RPF imaze imyaka 35 ibayeho buri wese arayivuga imyato kubera ibyo yakoze
Share on FacebookShare on Twitter

Mu nama mpuzamahanga y’Umuryango wa RPF-Inkotanyi, yahujwe no kwizihiza Imyaka 35 uyu muryango umaze, abaturutse mu Bihugu bitandukanye ku Isi, bawushimye ku bw’ibitangaza wakoze mu kubaka u Rwanda rwari ruvuye mu bihe bikomeye, ubu rukaba ari Igihugu ntangarugero ku Isi.

Iyi nama mpuzamanga ya RPF-Inkotanyi, iri kubera ku gicumbi cy’Umuryango, kuri Intare Conference Arena, i Rusororo mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali.

Yitabiriwe n’Abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi, ndetse n’abayobozi mu nzego nkuru z’Igihugu ndetse n’abaturutse mu Bihugu binyuranye bayitumiwemo barimo n’abahagarariye amashyaka yo mu Bindi Bihugu.

Iyi nama yatangijwe n’Umuyobozi Wungirije wa RPF-Inkotanyi, Christophe Bazivamo, wagaragaje ko kugira ngo Abanyarwanda n’Abanyafurika bakomeza gutera imbere, hakenewe ibikorwa bifatika.

Yagize ati “Hakenewe ibikorwa bifatika kugira ngo duteze imbere imibereho y’abaturage mu Gihugu cyacu ndetse no ku Mugabane wa Afurika wose. Inama y’uyu munsi iratuganisha muri uwo murongo.”

Iyi nama kandi yatangiwemo ibiganiro byatanzwe n’inzobere zaturutse mu Bihugu binyuranye, bose bagiye bagaragaza RPF-Inkotanyi nk’Umuryango wagize uruhare rukomeye mu gukora ibyo amahanga atakekaga ko byari gushoboka nyuma ya Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Bavuze ko nyuma yuko RPF-Inkotanyi ibohoye u Rwanda ikanahagarika Jenoside Yakorewe Abatutsi, yubatse Igihugu buri wese yibonamo atari ku Banyarwanda gusa, ahubwo no ku batuye Isi yose, kuko ubu u Rwanda kiri mu Bihugu bya mbere bitekanye kandi biha agaciro bose.

Amb. Ami Ramadhan Mpungwe, umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe iby’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro n’ingufu muri Tanzaniya (Tanzania Chamber of Minerals & Energy) uzi iby’ishyaka rikomeye muri iki Gihugu cya CCM yavuze ko afite ubuhamya bwinshi yavuga kuri RPF-Inkotanyi.

Yagize ati “Kuri njye navuga ko RPF yari izi ibibereye u Rwanda, yaba mu miyoborere myiza, uburezi, ubuzima ndete n’ibidukikije.”

Amb. Ami Ramadhan Mpungwe yavuze kandi ko RPF itagumye gusa kugeza ku byiza Abanyarwanda, ahubwo ko ikomeye no kugira uruhare mu gushaka umuti w’ibibazo bigenda bivuka ku Isi.

Abayobozi mu nzego nkuru n’iz’umutekano bitabiriye iyi nama

Umuyobozi Wungirije, Christophe Bazivamo yatangije iyi nama
Abatanze ibiganiro n’ibitekerezo bose bashimye umuryango wa RPF-Inkotanyi
Madamu Jeannette Kagame yakurikiye iki kiganiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × four =

Previous Post

Umuhanzikazi ukunzwe mu Rwanda ahishuye igihe azibarukiraho imfura ye muri Muzika

Next Post

Ibyamamare byo mu Bufaransa byashyiriwe itegeko ridasanzwe ku bakabiriza ubwiza bwabo mu mafoto

Related Posts

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, bwagarutse ku byo bakoze mu gihe cy’umwaka bakoze ibikorwa bitandukanye...

IZIHERUKA

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda
Uncategorized

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyamamare byo mu Bufaransa byashyiriwe itegeko ridasanzwe ku bakabiriza ubwiza bwabo mu mafoto

Ibyamamare byo mu Bufaransa byashyiriwe itegeko ridasanzwe ku bakabiriza ubwiza bwabo mu mafoto

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.