Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Ibyabaye ku bagiye mu nama batumijweho n’umuyobozi byatumye bataha bamwijujutira

radiotv10by radiotv10
06/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rwamagana: Ibyabaye ku bagiye mu nama batumijweho n’umuyobozi byatumye bataha bamwijujutira
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Mudugudu wa Rebero mu Kagari ka Gihumuza mu Murenge wa Gahengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bagiye mu Nteko y’Abaturage baramutegereza baramubura kandi ari we wari wabatumijeho.

Aba baturage bavuga ko ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki 04 Mata 2023, bitabiriye inteko y’Abaturage nkuko bisanzwe ndetse bari bararitswe n’Umuyobozi w’Umudugudu.

Bamwe muri bo babwiye RADIOTV10 ko bahageze saa munani, abandi bahagera saa cyenda, ariko bagasanga umuyobozi atarahagera, bagategereza bagaheba kuko byageze saa kumi n’imwe bataramuca iryera.

Speciose Mukandutiye yagize ati “Nahageze saa cyenda kuko Mudugudu yari yatubwiye ngo twitabire inama yatubazaga amafaranga y’umuryango… ati ‘hari inteko idasanzwe’. Ubwo rero icyantunguye ku nteko idasanzwe, ndahageze mbura abantu.”

Uyu muturage avuga ko n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari, yabanyuzeho akigendera dore ko iyi nteko yagombaga kubera ku Biro by’Akagari.

Ati “Gitifu w’Akagari ntasohotse turi aha akigendera hari ubwo atubwiye ngo nta nama ihari!! Mudugudu se ari he? kandi yarabwiye abantu ngo hari inama idasanzwe!”

Aba baturaga basaba ko mu gihe iyi Nteko itari bube, bajya babimenyeshwa mbere, kugira ngo ntibirirwe baza, kugira ngo bagire utundi turimo bikorera.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rwamagana ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Nyirabihogo Jeanne yamenyesheke RADIOTV10 ko bagiye gukurikirana kugira ngo hamenyekane impamvu yatumye aba baturage baza mu nteko yabo ariko bagategereza umuyobozi bakamubura.

Yagize ati “Mbere yuko inteko iba hajyaho umuhwituzi akamenyesha aho inteko iri bubere. Ikindi ni uko tugiye gukurikirana tukareba ikibazo gihari mu Mudugudu wa Rebero ku bijyanye n’inteko.”

 

INKURU MU MASHUSHO

Yussuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − five =

Previous Post

Abaganga bahamijwe icyaha kidasanzwe cyakurikiwe n’imyigaragambyo y’umujinya w’umuranduranzuzi

Next Post

Hagiye hanze andi makuru mashya ku mukino wabanjirijwe n’impaka ndende

Related Posts

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

IZIHERUKA

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
MU RWANDA

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

09/04/2026
Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikirego cyasabaga ko ikipe ikunzwe mu Rwanda ifatirwa icyemezo gikomeye cyatewe utwatsi

Hagiye hanze andi makuru mashya ku mukino wabanjirijwe n’impaka ndende

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.