Saturday, April 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: M23 yavuze abahise bicwa ikirekura ibice yari yarafashe barimo Umuhoza washenguye benshi

radiotv10by radiotv10
11/04/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
DRCongo: M23 yavuze abahise bicwa ikirekura ibice yari yarafashe barimo Umuhoza washenguye benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wavuze ko ukomeje gushengurwa n’ibikorwa byo guhohotera Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi byongeye kubura muri Kibumba nyuma yuko irekuye aka gace, ahamaze kwicwa bamwe mu baturage barimo umuganga witwa Umuhoza Josephine.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na M23 kuri uyu wa Mbere tariki 10 Mata 2023, ritabariza abaturage bo mu gace ka Kibumba gaherutse kurekurwa n’uyu mutwe.

Iri tangazo rya M23 ritangira rivuga ko uyu mutwe ushingiye ku byemezo by’inama y’Abakuru ba EAC yabereye i Bujumbura mu Burundi tariki 04 Gashyantare, umaze kurekura ibice binyuranye birimo Karuba, Mushaki, Kilorirwe, Kitshanga, Mweso, Kishishe, Bambo, Tchengerero, Kiwanja na Kinyandonyi.

Gusa uyu mutwe uvuga ko bimwe muri ibi bice, byatinze kugeramo ingabo z’Umuryango wa Afrurika y’Iburasirazuba (EACRF), biha icyuho FARDC n’imitwe iyifasha kubyigabiza.

Iri tangazo rikomeza rivuga ko ribabajwe n’ibikorwa byo kurenga ku myanzuro yafashwe, aho abaturage bo muri Kibumba bavuga ko ibikorwa by’ubwicanyi byongeye kubura, bikozwe na FARDC ifatanyije n’imitwe irimo FDLR, Nyatura, APCLS, CODECO, PARECO, Mai-Mai ndetse n’abacancuro.

M23 yakomeje igaragaza abantu biciwe muri ibi bikorwa byabereye byumwihariko mu duce twa Busumba na Rigogwe ahabereye ubwicanyi tariki 25 Werurwe 2023.

Uvuga kandi ko tariki 03 Mata 2023 mu gace ka Bunyole hishwe uwitwa Munyarungabo Mukunzi, ndetse na Umuhoza Josephine wishwe kuri uyu wa Mbere tariki 10 Mata 2023, wiciwe mu gace ka Rusekera, ahavuzwe n’amagambo y’urwango.

Uyu Umuhoza Josephine wishwe kuri uyu wa Mbere, yari asanzwe ari umuganga ku Kigo Nderabuzima kitiriwe Mutagatifu Benoit, aho yababaje benshi bagiye bashyira amafoto ye ku mbuga nkoranyambaga, bavuga ko babajwe no kuba yishwe na FDLR.

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, rigira riti “M23 irasaba EAC-RF kurindira umutekano abasivile bo muri ibi bice.”

M23 kandi yaboneyeho gusaba Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kureka kwigabiza ibice byarekuwe n’uyu mutwe kuko bitari mu myanzuro yafashwe.

Josephine wishwe akababaza benshi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + 15 =

Previous Post

Rutsiro: Bizejwe ibitangaza nabo bicinya icyara ko bagiye gukira none ubukene n’inzara birabarembeje

Next Post

Umugeni bamutekera inyama z’ingona!!: Ibitangaje by’aho badakozwa inyama z’amatungo bakikundira iz’inyamaswa

Related Posts

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byinshi byo ku Mugabane wa Afurika bikomeje gutangaza ingamba zitandukanye zo guhangana n’ikibazo cy'ibura ry'ibikomoka kuri Peteroli n’izamuka ry’ibiciro...

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

IZIHERUKA

How to Choose What Matters Most in Life
IMIBEREHO MYIZA

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugeni bamutekera inyama z’ingona!!: Ibitangaje by’aho badakozwa inyama z’amatungo bakikundira iz’inyamaswa

Umugeni bamutekera inyama z’ingona!!: Ibitangaje by’aho badakozwa inyama z’amatungo bakikundira iz’inyamaswa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How to Choose What Matters Most in Life

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.