Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyuma yo kuburira ‘abajura’ haramutseho amakuru y’uwo bitagendekeye neza

radiotv10by radiotv10
17/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyuma yo kuburira ‘abajura’ haramutseho amakuru y’uwo bitagendekeye neza
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Polisi y’u Rwanda iburiye insoresore zijanditse mu ngeso z’ubujura, umwe mu babukekwaho yarasiwe mu Murenge wa Musanze mu Karere ka Musanze, ubwo yari kumwe na bagenzi be bavuye kwiba, babona Abapolisi bakiruka.

Mu cyumweru gishize, Polisi y’u Rwanda yari yaburiye abijanditse muri ibi bikorwa bihungabanya umutekano w’Abaturarwanda, ibamenyesha ko hakajijwe ingamba.

Mu rucyerera rwo kuri uyu wa Mbere tariki 17 Mata 2023 ahagana saa cyenda z’ijoro, ubwo Abapolisi barimo bacunga umutekano w’abaturage n’ibyabo, babonye abantu batatu bakekwa ko ari ibisambo, barabahagarika, barinangira ahubwo bafunyamo bariruka.

Umutoni Irakoze Sandra, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari Rwambogo, yavuze ko ubwo ibi bisambo byirukankaga ngo bicike Abapolisi, bahise barasamo umwe, agahita yitaba Imana.

Yagize ati “Umwe muri bo yarashwe ahita apfa, ariko abandi bakomeza kwiruka baratoroka.

Uyu muyobozi avuga ko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB ndetse n’izindi nzego bakorana, bahise batangira iperereza.

Mu cyumweru gishize, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera yahumurije Abaturarwanda ko Polisi yahagurukiye iki kibazo cy’ubujura bukomeje gufata intera.

Yagize ati “Turwanya ubujura ku muntu ubukora cyangwa uwabukoze, Ubitekereza nabireke kuko binyuranyije n’amategeko, uzabikora bizamugiraho ingaruka.”

CP John Bosco Kabera kandi yavuze ko Polisi y’u Rwanda ifite amakuru y’aho insoresore zijandika muri ibi bikorwa zikunze kuba ziri, haba mu Mujyi wa Kigali ndetse no mu bindi bice, ku buryo ubu hagiye gukazwa umutekano.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, yari yaboneyeho kugira inama izi nsoresore gukura amaboko mu mifuka zikajya kuyakoresha, aho kujya kuyinjiza mu mifuka y’abandi bantu ngo zibibe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 3 =

Previous Post

Ibyabaye kuri APR na Arsenal byatumye Rayon na ManCity zicinya icyara

Next Post

Soudan: Ishami rya LONI ryafashe icyemezo cyumvikanamo ko cyatewe n’umujinya

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Soudan: Ishami rya LONI ryafashe icyemezo cyumvikanamo ko cyatewe n’umujinya

Soudan: Ishami rya LONI ryafashe icyemezo cyumvikanamo ko cyatewe n’umujinya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.