• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Volleyball: Umunya-Brazil Paulo De Tarso Milagres yagizwe umutoza w’ikipe y’igihugu, ahabwa ubutumwa na Paul Bitok

radiotv10by radiotv10
04/08/2021
in SIPORO
0
Volleyball: Umunya-Brazil Paulo De Tarso Milagres yagizwe umutoza w’ikipe y’igihugu, ahabwa ubutumwa na Paul Bitok
Share on FacebookShare on Twitter

Umunya-Brazil Paulo De Tarso Milagres yagizwe umutoza w’ikipe y’igihugu y’abagabo n’abagore mu gihe u Rwanda rugomba gutangira imyiteguro yimbitse muri gahunda yo kwakira imikino y’igikombe cya Afurika cy’ibihugu kizabera muri Kigali Arena kuva tariki 5-15 Nzeri 2021.

Paulo De Tarso Milagres yabaye mu Rwanda nk’umutoza mukuru mu myaka icumi ishize (2010-2011) mbere y’uko asimburwa na Paul Bitok umunya-Kenya watoje u Rwanda imyaka icumi mbere yo kujya muri Kenya gutoza igihugu cye.

IGIHE on Twitter: "AMAKURU MASHYA: Umunya-Brésil Paulo De Tarso Milagres yagizwe Umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu ya Volleyball y'abagabo n'iy'abagore. Ni ku nshuro ya kabiri agiye gutoza u Rwanda kuko bwa mbere ari

Umunya-Brazil Paulo De Tarso Milagres yagizwe umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda (Abagabo/abagore)

Nyuma yo kumenya ko Paulo De Tarso Milagres agizwe umutoza mukuru, Paul Bitok yahise amugenera ubutumwa anamwibutsa ko bazaba bahanganye mu marushanwa ari imbere.

Mu butumwa bwa Paul Bitok yagize ati “Amahirwe masa umutoza wanjye w’ianararibonye ku kazi gashya wahawe aho uzakorana na Dominique (Ntawangundi) na Fidele (Nyirimana). Nakwigiyeho byinshi mu myaka 12 ishize kandi nizeye ntashidikanya ko uzafasha u Rwanda kuba igihugu gikomeye muri Volleyball ya Afurika”

Paul Bitok akomeza avuga ati “Tuzaba turi kumwe mu irushanwa aho nzaba ndi kumwe n’ikipe ya Kenya kandi tuzasangira ubunararibonye muri iryo rushanwa. Nkwifurije amahirwe ndetse n’igihugu cyanjye cya kabiri muri Volleyball (Rwanda), niteguye kukugira inama ku n’inyunganizi uzankeneraho”

Image

Paul Bitok watoje u Rwanda imyaka 10 yishimiye ko Paulo De Tarso Milagres yagizwe umutoza mukuru w’u Rwanda

Paulo De Tarso Milagres azaba ari umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu y’abagabo n’abagore mu Rwanda. Mu ikipe y’abagabo azaba yungirijwe na Nyirimana Fidel umutoza mukuru wa UTB VC ndetse na Ntawangundi Dominique.

Mu ikipe y’abagore, Paulo De Tarso Milagres azaba yungirijwe na Ndayikengurukiye Jean Luc ndetse na Mudahinyuka Christophe.

O técnico de vôlei de Ruanda é brasileiro | O Elefante na Sala

Si ubwa mbere Paulo De Tarso Milagres  atoje u Rwanda kuko yari ahari mu 2010

Kuri uyu wa gatatu tariki ya 4 Kanama 2021 nibwo aba batoza bashyira hanze urutonde rw’abakinnyi bagomba gutangira imyiteguro yaba mu ikipe y’abagabo n’abagore nk’uko itangazo ry’ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB) ribivuga.

Image

Abazaba bagize intebe ya tekinike mu ikipe y’abagore

Image

Abagize intebe ya tekinike mu ikipe y’abagabo

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =

Previous Post

Ikirangirire muri Basketball, Stephen Curry ari mu biruhuko muri Kenya

Next Post

Umwungeri Patrick yasinye muri Bugesera FC

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Umwungeri Patrick yasinye muri Bugesera FC

Umwungeri Patrick yasinye muri Bugesera FC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.