Sunday, July 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hari amakuru mashya ku bakinnyi ba Rayon bari banze kujyana na bagenzi babo

radiotv10by radiotv10
02/06/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hari amakuru mashya ku bakinnyi ba Rayon bari banze kujyana na bagenzi babo
Share on FacebookShare on Twitter

Inkuru yavugwaga mu ikipe ya Rayon Sports igiye gukina umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro izahuramo na mucyeba wayo APR FC, ni uko abakinnyi bayo basanzwe ari ngenderwaho batajyanye na bagenzi babo mu mwiherero, ubu ariko bamaze kubasangayo.

Iyi nkuru yavuzwe cyane ejo hashize tariki 01 Kamena 2023, ko abakinnyi batandatu bakomeye muri Rayon Sports batamanukanye na bagenzi babo mu Karere ka Huye mu mwiherero wo kwitegura uyu mukino wa nyuma uzaba kuri uyu wa Gatandatu tariki 03 Kamena 2023.

Abo bakinnyi barimo kapiteni w’iyi kipe, Rwatubyaye Abdul, rutahizamu ubu uyoboye mu Rwanda Willy Léandre Onana, umunyezamu Hategekimana Bonheur, hakabamo myugariro Ndizeye Samuel usanzwe ari na kapiteni wungirije, Ngendahimana Eric na Mitima Isaac.

Byavugwaga ko icyatumye aba bakinnyi basanzwe ari ngenderwaho muri Rayon Sports, banze kujyana na bagenzi babo i Huye, kuko batarahembwa umushahara.

Bivugwa ko batarahembwa umushahara w’amezi abiri; ukwa Kane (Mata) n’ukwa Gatanu (Gicurasi), ariko aba bakinnyi bakaba bifuzaga umushahara w’ukwezi kwa Mata.

Amakuru ahari, ni uko ubu aba bakinnyi batandatu bamaze kumanuka, basanga bagenzi babo aho bari mu mwiherero, aho bacumbitse i Huye.

Aba bakinnyi bamanutse mu gicuku cy’ijoro ryacyeye nyuma y’uko biganiriweho n’abasanzwe bafite ijambo muri Rayon Sports, barimo abigeze kuba ba Perezida bayo, nka Sadate Munyakazi ndetse na Paul Muvunyi.

Aba bafite ijambo muri Rayon Sports bagerageje guturisha Perezida w’iyi kipe, Uwayezu Jean Fidel utari wishimiye imyitwarire y’aba bakinnyi avuga ko batazanaza mu mwiherero, ariko bakamusaba ko baza, akabyemera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − ten =

Previous Post

Hahishuwe icyafashije Korali ikomeye mu Rwanda gushikamana igikundiro mu myaka 50 imaze

Next Post

Icyagushije Perezida Biden imbere y’imbaga cyamenyekanye

Related Posts

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

by radiotv10
25/07/2025
0

Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu Mavubi, Nshuti Innocent, yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa ES Zarzis yo mu Cyiciro cya Mbere muri Tunisia. Nshuti...

Haravugwa akayabo k’ashobora gutangwa kuri Kapiteni wa APR wifuzwa n’ikipe ifite izina rikomeye

Haravugwa akayabo k’ashobora gutangwa kuri Kapiteni wa APR wifuzwa n’ikipe ifite izina rikomeye

by radiotv10
24/07/2025
0

Claude Niyomugabo, myugariro w’ikipe y’Igihugu Amavubi na APR FC anabereye kapiteni, ari mu biganiro na Simba Sports Club yo muri...

Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

by radiotv10
24/07/2025
0

Ikipe ya Rayon Sports ikomeje kwiyubaka yitegura igaruka rya Shampiyona ndetse no kuzahagararira u Rwanda muri CAF Confederation Cup, irerekana...

Cyera kabaye Kiyovu iratangira imyitozo, Haringingo na Amissi Cedrick baritezwe

Cyera kabaye Kiyovu iratangira imyitozo, Haringingo na Amissi Cedrick baritezwe

by radiotv10
23/07/2025
0

Umutoza mushya wa SC Kiyovu, Haringingo Francis Christian aratangiza imyitozo itegura umwaka w'imikino 2025-2026 kuri iyi kipe yahise ininjiza Amiss...

Hamenyekanye amakipe azwi ashobora gukina na APR nyuma yo kwipima n’ayo mu Rwanda

Hamenyekanye amakipe azwi ashobora gukina na APR nyuma yo kwipima n’ayo mu Rwanda

by radiotv10
23/07/2025
0

Ikipe ya APR FC ikomeje imyiteguro y'umwaka utaha w'imikino, aho mu makipe yifuza gukina na yo imikino ya gicuti harimo...

IZIHERUKA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’
MU RWANDA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyagushije Perezida Biden imbere y’imbaga cyamenyekanye

Icyagushije Perezida Biden imbere y’imbaga cyamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.