Wednesday, September 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Igisubizo cy’ikibazo gituma basebera imbere y’abakiliya gitandukanye n’icyo bifuzaga

radiotv10by radiotv10
09/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rwamagana: Igisubizo cy’ikibazo gituma basebera imbere y’abakiliya gitandukanye n’icyo bifuzaga
Share on FacebookShare on Twitter

Abacururiza mu isoko rito ry’ahazwi nko ku Gisenyi mu Kagari Kigarama mu Murenge wa Nzige mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko kuba batagira ubwiherero, bituma basebera imbere y’abakiliya babo, none ubuyobozi buvuga ko n’ubundi bugiye kuhabakura.

Abaruriza muri iri soko riri mu isantere izwi nka Gisenyi iherereye mu Mudugudu wa Rugunga mu Kagari Kigarama, biganjemo abacuza imboga n’imbuto, babwiye RADIOTV10 ko babangamiwe no kuba nta bwiherero ndetse n’ikimpoteri cyo kumenamo imyanda bagira.

Nyirarwango Veronice yagize ati “Nta musarane uhaba, kubera ko ari agasoko gatoya twabuze aho tuyubaka. Naho twashyize ingarani twarahakodesheje. Abayobozi baraje barahareba barangije baravuga ngo ni hato.”

Naho Mukasangwa Donatha na we ukorera ukoreramuri iri soko, avuga ko ibi bibazo bituma n’icyashara kibura, bigatuma bakorera mu bihombo.

Yagize ati “None se nk’umukiriya iyo aje kugura akakubaza ati ‘ndashaka aho niherera’ ukahabura ntuba usebye.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nzige, Hanyurwimfura yabwiye RADIOTV10 ko ikibazo bakizi kandi ngo ari abantu 12 bahakorera, gusa ngo bagiye kuhabimura bashyirwe hafi yaho hari byose bakenera.

Ati “Tuzabaha ahantu hari ubwiherero, haruguru hari igihangari kinini ni ho tugiye kubajyana kandi harimo ubwiherero. Bari barijyanye mu gukora ibitemewe n’ubundi turabajyana aho ngaho hari ibyo bakeneye byose.”

Ubusanzwe aka gasoko gakorera muri iyi Santere ya Gisenyi muri uyu Murenge wa Nzige, gahahirwamo n’abaturuka mu Mirenge ya Gahengeri, Mwulire ndetse na Rubona.

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − fifteen =

Previous Post

Perezida Kagame yatumye Afurika Yunze Ubumwe itangira kugera ku byari inzozi zayo

Next Post

Madamu J.Kagame yahaye urubyiruko ubutumwa bukomeye rukwiye guhora ruzirikana

Related Posts

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

by radiotv10
17/09/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka Bishop Gafaranga, aherutse kuburanishwa mu mizi ku byaha aregwa bishingiye ku ihohotera akekwaho gukorera umugore we...

Iby’ingenzi mu masezerano hagati y’u Rwanda na Maroc mu bijyanye n’imicungire y’imfungwa n’abagororwa

Iby’ingenzi mu masezerano hagati y’u Rwanda na Maroc mu bijyanye n’imicungire y’imfungwa n’abagororwa

by radiotv10
17/09/2025
0

Urwego rushinzwe Igorora mu Rwanda (RCS) rwasinyanye amasezerano y’imikoranire n’urundi nkarwo rwo muri Maroc, yitezweho gusangizanya ubumenyi n’ubunararibonye mu bijyanye...

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

by radiotv10
17/09/2025
0

Umuhanga mu bijyanye n’imyuka ihumanya ikirere, atangaza ko mu Mujyi wa Kigali, ari ho haturuka iyi myuka kurusha ahandi hose...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

by radiotv10
17/09/2025
0

Bamwe mu barimu bigisha mu mashuri abanza byumwihariko mu cyiciro cya mbere, baravuga ko kwigisha ingunga ebyiri (bamwe igitondo, abandi...

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

by radiotv10
17/09/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bwatangaje ko indege nto yazo yo mu bwoko bwa drone yakoreshwaga mu myitozo, yataye inzira...

IZIHERUKA

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko
MU RWANDA

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

by radiotv10
17/09/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano hagati y’u Rwanda na Maroc mu bijyanye n’imicungire y’imfungwa n’abagororwa

Iby’ingenzi mu masezerano hagati y’u Rwanda na Maroc mu bijyanye n’imicungire y’imfungwa n’abagororwa

17/09/2025
Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

17/09/2025
Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

17/09/2025
Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

17/09/2025
Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

17/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Madamu J.Kagame yahaye urubyiruko ubutumwa bukomeye rukwiye guhora ruzirikana

Madamu J.Kagame yahaye urubyiruko ubutumwa bukomeye rukwiye guhora ruzirikana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

Iby’ingenzi mu masezerano hagati y’u Rwanda na Maroc mu bijyanye n’imicungire y’imfungwa n’abagororwa

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.