Wednesday, November 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Bwa mbere RDF yasobanuye impamvu zatumye hirukanwa burundu Abajenerali babiri

radiotv10by radiotv10
14/06/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
RDF yatangaje amakuru ku ntandaro y’iyirukanwa ry’abasirikare barimo Abajenerali babiri
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, bwashyize umucyo ku iyirukanwa ry’Abasirikare bo ku rwego rwa General, barimo ufite ipeti rya Major General n’ufite irya Brigadier General, baherutse kwirukanwa n’Umugaba w’Ikirenga wa RDF, bunasobanura ibyatumye birukanwa, birimo ubusinzi bukabije.

Icyumweru kiruzuye, Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa RDF, yirukanye Maj Gen Aloys Muganga na Brig Gen Francis Mutiganda ndetse n’abandi basirikare bo ku rwego rwa Ofisiye.

Itangazo ryirukana aba basirikare ryasohotse mu ijoro ryo ku ya 07 Kamena 2023, rigaragaza ko aba basirikare birukanywe burundu muri RDF.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Kamena 2023, nyuma y’icyumweru cyuzuye, Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, bwagiranye ikiganiro n’Itangazamakuru, cyagarutse ku iyirukanwa ry’aba basirikare bo ku rwego rwo hejuru ndetse n’abandi 116 bafite andi mapeti, ndetse no gusesa amasezerano y’abandi 112.

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga wari wabigarutseho mbere ko kwirukana abasirikare, bishingira ku mpamvu zitandukanye zirimo imyitwarire idahwitse cyangwa ibyaha baba bakoze, yongeye kugaruka ku iyirukanwa rya bariya basirikare bafite amapeti yo hejuru.

Yavuze ko Brig. Gen. Ronald Rwivanga na Maj Gen Aloys Muganga, mu byatumye birukanwa harimo imyitwarire idahwitse y’ubusinzi bukabije, hakaba kandi n’agasuzuguro.

Agaruka kuri buri umwe, Brig Gen Rwivanga yavuze ko kuri Maj Gen Aloys Muganga, yagaragaweho ubusinzi bukabije, naho Brig Gen Francis Mutiganda yirukanirwa gusuzugura inzego za Gisirikare, bikaba binagize icyaha.

Ubwo hari hamaze kwirukanwa aba basirikare, Brig Gen Rwivanga yari yagize ati “Kwirukanwa bibaho kubera impamvu zitandukanye, ariko ahanini ni ibyaha cyangwa imyitwarire y’umwofisiye cyangwa imyitwarire igayitse. Ariko hari n’imyitwarire mibi itajyanye n’uko umusirikare akwiye kwifata, ariko nanone utajyana mu rukiko kubera impamvu zitandukanye.”

Aba basirikare birukanywe ndetse hanaseswa amasezerano y’abandi, nyuma y’umunsi umwe gusa, Perezida wa Repubulika anakoze impinduka mu buyobozi bukuru bwa RDF, zasize General Jean Bosco Kazura asimbuwe na Lt Gen Mabarakh Muganga ku mwanya w’Umugaba Mukuru, ndetse na Maj Gen Vincent Nyakarundi asimbura Muganga wari usanzwe ari Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka.

Muri iki kiganiro n’Itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa Gatatu, Brig Gen Ronald Rwivanga abajijwe niba ziriya mpinduka zifitanye isano n’iyirukanwa rya bariya basirikare, yasubije agira ati “Ibyo bikorwa byombi byabaye mu gihe cyegeranye ariko nta sano bifitanye. Biratandukanye.”

Brig Gen Rwivanga uyu munsi mu kiganiro n’itangazamakuru

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − one =

Previous Post

Abanya-Uganda bari bagiye gutegerereza Yezu muri Ethiopia ibyabayeho byatumye bataha atarabageraho

Next Post

Hamenyekanye amakuru kuri umwe mu Banyarwanda umunani baburanishijwe na TPIR bari Niger bigeze kuzamura impaka

Related Posts

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

by radiotv10
05/11/2025
0

Inzego z’umutekano zataye muri yombi abatetsi babiri bo ku ishuli ribanza rya Nyarutovu riri mu murenge wa Bushenge, abanyonzi babiri...

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Dafalla Musa yavuze ko urugomo rwagaragajwe na bamwe mu banyeshuri bakomoka muri iki Gihugu biga...

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

by radiotv10
04/11/2025
0

Abantu 11 bakekwaho ubujura barimo abategeraga abantu banyura ahahoze irimbi ry’i Nyamirambo, bafatiwe mu mukwabu wakozwe na Polisi y’u Rwanda...

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

by radiotv10
04/11/2025
0

Perezida Paul Kagame uri i Doha muri Qatar, yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, bagirana...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Eng.-Emotions of the first Rwandans taking part in Digital ID identity verification and photo registration

by radiotv10
04/11/2025
0

Some residents from three districts in Rwanda’s Southern Province, who were among the first to participate in the correction of...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana
MU RWANDA

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

by radiotv10
05/11/2025
0

Igihugu cy’u Bushinwa n’icy’u Burusiya birishimira uko umubano wabyo uhagaze bikaniyemeza ibirenzeho

Igihugu cy’u Bushinwa n’icy’u Burusiya birishimira uko umubano wabyo uhagaze bikaniyemeza ibirenzeho

05/11/2025
AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

04/11/2025
Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye amakuru kuri umwe mu Banyarwanda umunani baburanishijwe na TPIR bari Niger bigeze kuzamura impaka

Hamenyekanye amakuru kuri umwe mu Banyarwanda umunani baburanishijwe na TPIR bari Niger bigeze kuzamura impaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Igihugu cy’u Bushinwa n’icy’u Burusiya birishimira uko umubano wabyo uhagaze bikaniyemeza ibirenzeho

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.