Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu Rwanda hatangijwe ikoranabuhanga ry’agashya ku bwa MTN

radiotv10by radiotv10
20/06/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Mu Rwanda hatangijwe ikoranabuhanga ry’agashya ku bwa MTN
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’itumanaho n’ikoranabuhanga ya MTN Rwanda, yatangije ikoranabuhanga ryiswe ‘eSIM’ rizorohereza abafite Telephone zigezweho, kutagendana SIM Card, ahubwo bagakoresha ikozwe mu ikoranabuhanga, ku buryo kuri telefone imwe umuntu yakoreshaho nimero zirenze imwe.

Ubu buryo bwa ‘eSIM’, ni ikoranabuhanga rizafasha umuntu kutongera kugendana ikarita izwi nka SIM Card, ahubwo umuntu akaba yakoresha uburyo bw’ikoranabuhanga busimbura aka gakarita.

Ni uburyo buzatuma umuntu ufite telefone igezweho yemerewe gukoresha iri koranabuhanga, cyangwa ikindi gikoresho nka tablet cyangwa isaha, abasha gukoreshaho nimero zirenze imwe, mu gihe hari abo byasabaga kugendana telefone zirenze imwe kubera kugira SIM Card na zo zirenze imwe.

Umuyobozi mukuru wa MTN Rwanda, Mapula Bodibe yagize ati “Twishimiye kumenyesha abakiliya bacu iri koranabuhanga rishya, rizanye impinduka kandi ryorohereza abantu. Ku bwa MTN, ni gombwa ko dufasha abakiliya bakabona ibisubizo by’ibyifuzo byabo bizana impinduka.”

Yakomeje agira ati “Ubu hehe no kongera kugorwa no gukura cyangwa gushyira SIM Card mu gikoresho cyawe byasabaga umwanya. Ubu ni ugukora ibintu bicye ukabasha kugira ibisubizo mu ntoki zawe.”

MTN Rwanda ivuga ko ubu buryo bushya bwa eSIM buzafasha iyi sosiyete kurushaho kunoza itangwa rya serivisi nziza, zaba izo guhamagara, izo kohereza ubutumwa bugufi (SMS), ama-inite ya Interineti, ndetse n’uburyo bwo kohererezanya amafaranga bwa MoMo, binyuze muri ubu buryo bwa SIM card ikoranye ikoranabuhanga.

Iyi sosiyete irashishikariza abafite telefone cyangwa ibindi bikoresho by’ikoranabuhanga bigezweho, kwegera amashami ya MTN atandukanye mu Gihugu kugira ngo bake iri koranabuhanga, baniyandikishe kuri iri koranabuhanga rya eSIM.

Ibyo bakwiye kwitwaza kugira ngo bahabwe iyi serivisi, ni irangamuntu cyangwa Pasiporo, baba ari bashya bakitwaza ibyakorewe fotokopi z’ibi bibaranga.

Nanone kandi abakiliya bashobora gukanda  *#06# kugira ngo barebe niba ibikoresho byabo bishobora gukoresha ubu buryo bwa SIM card y’ikoranabuhanga. Iyo icyo gikoresho gishobora gukoresha ubu buryo bwa eSIM, umukiliya abona nimero yihariye yayo.

Umuyobozi ushinzwe ikoranabuhanga n’abakiliya muri MTN Rwanda, Desire Ruhinguka yagize ati “MTN ikomeje gufasha abakiliya bayo kwinjira mu Isi y’ikoranabuhanga. Tuzakomeza kuzana uburyo bugezweho bw’ikoranabuhanga, no korohereza abantu gutumanaho.”

Ubu buryo bushya, ni imwe muri gahunda zishimangira uburyo iyi sosiyete y’itumanaho ikomeje kuzana ibisubizo mu ikoranabuhanga, nk’imwe mu ntego zayo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − three =

Previous Post

Hari amakuru meza ku basigiwe amatsiko na Film iri guca ibintu

Next Post

Ikirego kidasanzwe cy’uwakuwe muri Group ya WhatsApp cyafashweho icyemezo

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikirego kidasanzwe cy’uwakuwe muri Group ya WhatsApp cyafashweho icyemezo

Ikirego kidasanzwe cy’uwakuwe muri Group ya WhatsApp cyafashweho icyemezo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.