Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Hari amakuru meza ku basigiwe amatsiko na Film iri guca ibintu

radiotv10by radiotv10
20/06/2023
in IMYIDAGADURO, SINEMA
0
Hari amakuru meza ku basigiwe amatsiko na Film iri guca ibintu
Share on FacebookShare on Twitter

Fake Profile, filimi y’uruhererekane ikunzwe muri iyi minsi by’umwihariko ku barebera kuri Netflix, yamaze gukinwa igice (Season) cya mbere, abayiteguye batangaje amakuru meza ku banyuzwe n’iki gice cyarangiranye amatsiko menshi.

Ni filimi igezweho muri iyi minsi yasohotse tariki 31 z’ukwezi gushize kwa Gicurasi, kubera uburyo ikinnyemo, ishushanya bimwe mu biri kuba muri iyi minsi bishingiye ku ikoranabuhanga ry’imbuga nkoranyambaga.

Igice cya mbere (Season 1) cy’iyi filimi gitangira, umugabo areshya umukobwa wakoraga akazi ko kubyina mu kabyiniro, akoresheje urubuga nkoranyambaga rwa Tinder rushakishirizwaho abakunzi, bakaza no guhura bakiyumvanamo bidasanzwe.

Nyuma uyu mukobwa aza gutahura ko uyu mugabo wari wamubeshye ko akiri ingaragu, yubatse ndetse afite n’abana bakuru, bigatuma ajya kumwegera aho yari atuye n’umuryango we, kugira ngo acukumbure ibye neza.

Mu duce (Episode) tubanziriza aka nyuma, uyu mukobwa ndetse n’uyu mugabo, bigaragara ko bishwe, aho umukobwa yicwa n’umugore w’uyu mugabo, naho uyu mugabo we akagwa mu mpanuka.

Iyi filimi igaruka ku buzima busanzwe bubaho, bw’imiryango n’ibibazo biyibamo byo gucana inyuma, ifite uduce (Episode) 10, iki gice cyayo cya mbere, kirangira bigaragaye ko aba bombi baba bakiriho.

Ibi bituma havuka urujijo, ndetse n’amashyushyu yo kumenya ibizakurikiraho, ku buryo benshi mu bayirebye, bari bakomeje kwibaza igihe igice cya kabiri (Season 2) kizasohokera.

Ubuyobozi bwa Netflix, bwatangaje ko season 2 yayo, izasohoka umwaka utaha, mu butumwa bwanyujije kuri Twitter, bwagize buti “Fake Profile yamaze kuvugururwamo na Season 2.”

Uyu mugabo n’umukobwa banyurana muri byinshi
Biyumvanamo bidasanzwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 10 =

Previous Post

DRCongo yongeye guhabwa gasopo ku bikorwa yijanditsemo bibangamira u Rwanda

Next Post

Mu Rwanda hatangijwe ikoranabuhanga ry’agashya ku bwa MTN

Related Posts

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mu rugo rw’umuhanzi w’umuraperi Ngenzi Serge wamenyekanye nka Neg G The General, utuye mu Murenge wa Kimisagara mu Karere ka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

by radiotv10
09/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwamaze gushyikiriza Ubushinjacyaha dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, rutangaza ko iperereza...

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

by radiotv10
03/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo kurwanya ububasha bw’amategeko, yanditse ibaruwa asaba imbabazi avuga ko ibyo...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

by radiotv10
02/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi akekwaho kwangiza ikintu cy’undi no...

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

by radiotv10
01/04/2026
0

Turahirwa Moses uri mu bahanga mu guhanga imideri bazwi mu Rwanda wanashinze inzu yayo ya Moshions, yagumishirijweho igihano cy’igifungo cy’imyaka...

IZIHERUKA

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside
MU RWANDA

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu Rwanda hatangijwe ikoranabuhanga ry’agashya ku bwa MTN

Mu Rwanda hatangijwe ikoranabuhanga ry’agashya ku bwa MTN

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.