• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

radiotv10by radiotv10
24/01/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro ‘Ishya’, barishimira imyaka ine kigiye kuzuza batangiye kugikorana.

Iki kiganiro Ishya cyatangiye muri Werurwe 2021, aho cyabanje kujya gitambuka kuri Televiziyo y’Igihugu, kikaza gukurwaho kuva mu ntangiro z’umwaka ushize.

Babinyujije ku mbuga nkoranyambaga z’iki kiganiro, aba banyamakuru basangije abantu amafoto yo kwitegura gusoza imyaka ine kimaze gitangiye gukorwa.

Mu mafoto aba banyamakurukazi bambaye imyambaro yera de, bagize bati “Turi kugana ku musozo w’igice cyane muri style. Igice cya gatanu muriteguye?”

Ubwo batangizaga iki kiganiro, aba banyamakuru bavugaga ko kigamije kwigisha abantu ibintu binyuranye ndetse no kurema impaka ku buzima bwa buri munsi bw’Abanyarwanda.

Iki kiganiro cyatambukaga kuri Televiziyo y’u Rwanda, nyuma y’imyaka itatu cyakuweho, gihita kimurirwa kuri YouTube Channel ari na ho gitambuka ubu.

Guhagarika iki kiganiro kuri RTV, byatewe no kuba impande zombi zitarabashije kumvikana ku masezerano y’imikoranire ku buryo gukomeza gukorana byahise bihagarara.

Aba bagore bane bakora iki kiganiro, barimo batatu basanzwe bafite amazina azwi mu mwuga w’itangazamakuru, mu gihe undi asanzwe akora mu bijyanye n’imiti.

Aissa Cyiza wakoreye ibitangazamakuru binyuranye, asanzwe ari umunyamakuru wa Royal FM, akaba anaherutse kugirwa umuyobozi mukuru w’iyi Radio.

Michèle Iradukunda we, azwi cyane mu Kigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru RBA, aho yumvikanye cyanye kuri Radiyo Rwanda na Magic FM.

Ni mu gihe Cyuzuzo Jeanne d’Arc we ubu adafite igitangazamakuru akorera, gusa na we yanyuze ku maradiyo anyuranye mu Rwanda, arimo Radio 10, ndetse na Kiss FM aheruka gukoraho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − nine =

Previous Post

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Next Post

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.