Monday, November 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Mu ikipe yagaragaje ubudahangarwa i Burayi haravugwamo amakuru yo kuyitsindagira

radiotv10by radiotv10
03/07/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Mu ikipe yagaragaje ubudahangarwa i Burayi haravugwamo amakuru yo kuyitsindagira
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Manchester City yahiriwe n’umwaka w’imikino wa 2022-2023, igiye gusinyisha myugariro Josko Gvardiol mu rwego rwo gukomeza gukanyaga ubwugarizi bwayo.

Ibyo kuba Manchester City igiye kugura Josko Gvardiol, byemejwe n’ikipe asanzwe akinira ya Leipzig, yatangaje ko ibiganiro birimbanyije hagati y’amakipe yombi.

Amakuru y’uko Manchester City yifuza Josko Gvardiol yafashe indi ntera mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru ubwo ushinzwe ibijyanye na Sports (Sporting Director) muri Leipzig, yemezaga ko bari kuganira na Manchester City kugira ngo basoze iby’igurishwa ry’uyu mukinnyi.

Ikipe ya Leipzig yagiye yanga kugurisha uyu myugariro w’Umunya-Croatia, ariko we yamaze kuyimenyesha ko, muri iyi mpeshyi, yifuza kuyivamo akerekeza muri Manchester City, iherutse gutwara ibikombe 3 bikomeye (treble) mu mwaka w’imikino ushize.

Ikipe ya Leipzig, ibarizwa muri Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Budage, irifuza miliyoni 86 z’ama Pounds, zazongerwaho n’utundi duhimbazamusyi, kuri Gvardiol ufatwa nk’umwe muri ba myugariro bakiri bato, b’abahanga kandi bafite impano ku mugabane w’i Burayi.

Amakuru ava mu gihugu cy’u Bwongereza avuga ko Umunya-Espagne Pep Guardiola utoza ikipe ya Manchester City, yifuza cyane Josko Gvardiol dore ko ashaka kongera amaraso mashya mu ikipe ye nyuma y’uko igize umwaka w’imikino mwiza cyane mu mateka yayo.

Max Eberl, ushinzwe ibijyanye na Sports (Sporting Director) muri Leipzig, yavuze ko bari mu biganiro na Manchester City, ndetse yongeraho ko kuri miliyoni 100 z’ama Euros, zazongerwaho andi macye, bishobora kurangira Josko Gvardiol atojwe na Pep Guardiola muri Manchester City mu mwaka w’imikino utaha.

Ibi byahita bituma Gvardiol aba Myugariro wa mbere uhenze cyane mu mateka y’umupira w’amaguru ku isi.

Max Eberl, waganiraga n’ikinyamakuru cyo mu Budage cyitwa Leipziger-Volkszeitung, yakomeje ashimangira ko Josko Gvardiol n’abamuhagarariye bamenyesheje ikipe ya Leipzig icyifuzo cyo kwerekeza mu ikipe ya Manchester City.

Josko Gvardiol, w’imyaka 21, akina mu mwanya umwe na Aymeric Laporte, ushobora gutandukana na Manchester City mu byumweru bike biri imbere nubwo iyi kipe ya Manchester City yo itaratangaza ko izagurisha uyu Myugariro w’Umunya Espagne, Aymeric Laporte.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − four =

Previous Post

Haratutumba indi ntambara ishobora guhangayikisha Isi

Next Post

Ngoma: Igisubizo bahawe n’ubuyobozi ku kibazo kibabangamiye sicyo bari biteze

Related Posts

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

by radiotv10
31/10/2025
0

Abakinnyi b’ikipe ya Manchester United bagaragaye bambaye barimbye mu myambaro inogeye ijisho, ubwo bari bitabiriye imyitozo bitegura umukino bafite muri...

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

by radiotv10
31/10/2025
0

Cristiano Ronaldo Junior, imfura ya rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yerekanye imodoka ye ya mbere atunze ku myaka 15...

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abakinnyi 2 ba APR bagaragaje imyitwarire igayitse hanashyirwa hanze ibyo bakoze

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abakinnyi b’ingenzi ba APR bakorwagaho iperereza ku myitwarire idahwitse bagaragaje

by radiotv10
31/10/2025
0

Ubuyobozi bwa APR FC bwatangaje ko iperereza ryakorwaga ku bakinnyi b'iyi kipe, Dauda Yussif na Sy Mamadou ku myitwarire idahwite...

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Ikipe ya El Hilal iri mu ziherutse kwemererwa kuzakina Shampiyona y’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, yafashe urugendo iza muri iki Gihugu,...

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryatangaje ko ikipe ya El Ahli S.C Wad Madani yo muri Sudani, yari iherutse...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 hints at what is hidden behind France’s humanitarian Aid to Eastern Congo
AMAHANGA

Eng.-AFC/M23 hints at what is hidden behind France’s humanitarian Aid to Eastern Congo

by radiotv10
03/11/2025
0

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

03/11/2025
Umuhanzi uzwi mu ndirimbo zakanyujijeho hambere mu Rwanda yitabye Imana

Umuhanzi uzwi mu ndirimbo zakanyujijeho hambere mu Rwanda yitabye Imana

03/11/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

03/11/2025
Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

03/11/2025
Kurya indyo nziza ntibikwiye kubera abantu umutwaro cyangwa bibe iby’abifite gusa- Haratangwa icyifuzo

Kurya indyo nziza ntibikwiye kubera abantu umutwaro cyangwa bibe iby’abifite gusa- Haratangwa icyifuzo

03/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngoma: Igisubizo bahawe n’ubuyobozi ku kibazo kibabangamiye sicyo bari biteze

Ngoma: Igisubizo bahawe n’ubuyobozi ku kibazo kibabangamiye sicyo bari biteze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AFC/M23 hints at what is hidden behind France’s humanitarian Aid to Eastern Congo

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

Umuhanzi uzwi mu ndirimbo zakanyujijeho hambere mu Rwanda yitabye Imana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.