Thursday, September 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Habonetse Idini mu Rwanda rifite icyo ryihariyeho ritandukaniyeho n’andi menshi

radiotv10by radiotv10
07/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Habonetse Idini mu Rwanda rifite icyo ryihariyeho ritandukaniyeho n’andi menshi
Share on FacebookShare on Twitter

Nubwo amadini n’amatorero ari menshi ku Isi ndetse no mu Rwanda, hafi ya yose ahurije ku cyita rusange cy’ituro, gusa ku itorero ‘Divine Kingdom Assemblies’, ryo ntiriturisha abarisengeramo, ibintu bituma riba iry’umwihariko ritandukaniyeho n’andi menshi.

Mu kiganiro cyihariye na RADIOTV10, Pasiteri Eric uyobora Divine Power Ministries na Divine Kingdom, abajijwe ku mwihariko w’itorero ayoboye, yagize ati “Umwihariko waryo twigisha Bibiliya mu buryo bwa Tewologiya, ikindi twe ntabwo twaka icya cumi n’amaturo.”

Kimwe mu bisobanuro bitangwa n’amadini n’amatorero ku mature, avuga ko ari uburyo bwo kugira ngo babone ubushobozi bwo gutuma umurimo w’Imana ukomeza, mu gufasha mu mibereho y’abashumba ndetse n’ibindi bikenerwa ku rusengero.

Pasiteri Eric avuga ko kuba bo baadaturisha, atari uko batemeranya n’ababikora cyangwa ngo babe babifata nabi.

ati “Kuba tutabikora si uko tutabyemera, si uko ari icyaha ku babikora, ahubwo ni uko muri iki gihe abenshi dukurikije ukuri guhari ni uko abenshi babikora nka Bizinesi (ubucuruzi). Twe rero twahisemo kubireka turavuga ngo umuntu we azajye atanga ari uko we abyiyumvisemo abishaka.”

Yakomeje asobanura ko abenshi mu bayoboke basengana ari urubyiruko kurusha abakuze. Ati “Yego abenshi ni urubyiruko kurusha abakuze kuko nange ndacyari urubyiruko.”

Pastor Eric avuga ko idini ryabo rifite umwihariko

Bibiliya ivuga iki ku maturo

“Imana ikunda utanga yishimye” (2 Abakorinto 9:7). Ayo magambo azwi n’abantu babarirwa muri za miliyoni ku isi. Icyakora, bamwe mu bayoboke b’amadini bashobora kumva bahatirwa gutura kandi koko, hari amadini amwe n’amwe asaba abayoboke bayo gutanga umubare uzwi w’amafaranga. Ayo mafaranga bayita icya cumi. Ibyo bishatse kuvuga ko umuntu aba agomba gutura 10 ku ijana by’amafaranga yinjiza.

Ariko se koko Bibiliya idusaba gutura umubare uzwi w’amafaranga? Buri wese muri twe yagombye kwibaza ati “ese nagombye gutanga amaturo angana iki?”

Bamwe mu bakristu muri iri dini

Na kolari ibafasha kwinjira mu mwuka
Pastor Eric aranabatiza

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Comments 1

  1. IRANZI Jackson says:
    2 years ago

    Mwashakiye number ye nkamuvugisha o shaka kuba umuyobokewe

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × two =

Previous Post

Ikindi Gihugu muri Afurika cyakanyaze itegeko rihana abatinganyi

Next Post

Menya Ibihugu 2 by’ibituranyi by’u Rwanda biri muri bicye byahawe inkingo z’indwara ihitana benshi

Related Posts

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

by radiotv10
18/09/2025
0

Abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, bavuga batazi impamvu Polisi yo mu Karere ka Rwamagana yakuyeho ibyapa bya...

Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

by radiotv10
18/09/2025
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ibiciro bishya by’umuriro w’amashanyarazi bisimbura ibyari bimaze imyaka itanu, byorohejwe ku cyiciro cy’ibanze, aho bakoresha...

The African time mentality: Harmless jokes or enemies of productivity?

The African time mentality: Harmless jokes or enemies of productivity?

by radiotv10
18/09/2025
0

Across Africa, the phrase “African Time” is often used in conversations, parties, and even workplaces. It is a joking way...

Why do young people quit jobs after a few months?

Why do young people quit jobs after a few months?

by radiotv10
17/09/2025
0

In today’s world, many employers are facing the same challenge: young workers leaving jobs after only a few months. In...

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

by radiotv10
17/09/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka Bishop Gafaranga, aherutse kuburanishwa mu mizi ku byaha aregwa bishingiye ku ihohotera akekwaho gukorera umugore we...

IZIHERUKA

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa
IBYAMAMARE

Amakuru agezweho ku bahanzikazi nyarwanda Ariel Wayz na Babo baherutse gutabwa muri yombi

by radiotv10
18/09/2025
0

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

18/09/2025
Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

18/09/2025
Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

18/09/2025
The African time mentality: Harmless jokes or enemies of productivity?

The African time mentality: Harmless jokes or enemies of productivity?

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya Ibihugu 2 by’ibituranyi by’u Rwanda biri muri bicye byahawe inkingo z’indwara ihitana benshi

Menya Ibihugu 2 by’ibituranyi by’u Rwanda biri muri bicye byahawe inkingo z’indwara ihitana benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku bahanzikazi nyarwanda Ariel Wayz na Babo baherutse gutabwa muri yombi

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.