Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Habonetse Idini mu Rwanda rifite icyo ryihariyeho ritandukaniyeho n’andi menshi

radiotv10by radiotv10
07/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Habonetse Idini mu Rwanda rifite icyo ryihariyeho ritandukaniyeho n’andi menshi
Share on FacebookShare on Twitter

Nubwo amadini n’amatorero ari menshi ku Isi ndetse no mu Rwanda, hafi ya yose ahurije ku cyita rusange cy’ituro, gusa ku itorero ‘Divine Kingdom Assemblies’, ryo ntiriturisha abarisengeramo, ibintu bituma riba iry’umwihariko ritandukaniyeho n’andi menshi.

Mu kiganiro cyihariye na RADIOTV10, Pasiteri Eric uyobora Divine Power Ministries na Divine Kingdom, abajijwe ku mwihariko w’itorero ayoboye, yagize ati “Umwihariko waryo twigisha Bibiliya mu buryo bwa Tewologiya, ikindi twe ntabwo twaka icya cumi n’amaturo.”

Kimwe mu bisobanuro bitangwa n’amadini n’amatorero ku mature, avuga ko ari uburyo bwo kugira ngo babone ubushobozi bwo gutuma umurimo w’Imana ukomeza, mu gufasha mu mibereho y’abashumba ndetse n’ibindi bikenerwa ku rusengero.

Pasiteri Eric avuga ko kuba bo baadaturisha, atari uko batemeranya n’ababikora cyangwa ngo babe babifata nabi.

ati “Kuba tutabikora si uko tutabyemera, si uko ari icyaha ku babikora, ahubwo ni uko muri iki gihe abenshi dukurikije ukuri guhari ni uko abenshi babikora nka Bizinesi (ubucuruzi). Twe rero twahisemo kubireka turavuga ngo umuntu we azajye atanga ari uko we abyiyumvisemo abishaka.”

Yakomeje asobanura ko abenshi mu bayoboke basengana ari urubyiruko kurusha abakuze. Ati “Yego abenshi ni urubyiruko kurusha abakuze kuko nange ndacyari urubyiruko.”

Pastor Eric avuga ko idini ryabo rifite umwihariko

Bibiliya ivuga iki ku maturo

“Imana ikunda utanga yishimye” (2 Abakorinto 9:7). Ayo magambo azwi n’abantu babarirwa muri za miliyoni ku isi. Icyakora, bamwe mu bayoboke b’amadini bashobora kumva bahatirwa gutura kandi koko, hari amadini amwe n’amwe asaba abayoboke bayo gutanga umubare uzwi w’amafaranga. Ayo mafaranga bayita icya cumi. Ibyo bishatse kuvuga ko umuntu aba agomba gutura 10 ku ijana by’amafaranga yinjiza.

Ariko se koko Bibiliya idusaba gutura umubare uzwi w’amafaranga? Buri wese muri twe yagombye kwibaza ati “ese nagombye gutanga amaturo angana iki?”

Bamwe mu bakristu muri iri dini

Na kolari ibafasha kwinjira mu mwuka
Pastor Eric aranabatiza

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Comments 1

  1. IRANZI Jackson says:
    3 years ago

    Mwashakiye number ye nkamuvugisha o shaka kuba umuyobokewe

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 18 =

Previous Post

Ikindi Gihugu muri Afurika cyakanyaze itegeko rihana abatinganyi

Next Post

Menya Ibihugu 2 by’ibituranyi by’u Rwanda biri muri bicye byahawe inkingo z’indwara ihitana benshi

Related Posts

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

IZIHERUKA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi
AMAHANGA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya Ibihugu 2 by’ibituranyi by’u Rwanda biri muri bicye byahawe inkingo z’indwara ihitana benshi

Menya Ibihugu 2 by’ibituranyi by’u Rwanda biri muri bicye byahawe inkingo z’indwara ihitana benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.