Sunday, July 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Mu Rwanda hari umuhanda wafunzwe burundu ubererekera ikindi gikorwa gihanitse

radiotv10by radiotv10
10/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Mu Rwanda hari umuhanda wafunzwe burundu ubererekera ikindi gikorwa gihanitse
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanda Giticyinyoni-Nzove-Ruli-Gakenke, wafunzwe burundu kugira ngo uhigamire ibikorwa by’urugomero rw’amashanyarazi rwa Nyabarongo II ruzatanga hafi 1/4 cy’amashanyarazi akenerwa mu Rwanda hose.

Uru rugomero rwa Nyabarongo II ruzatanga Megawati 43, rumaze umwaka rutangiye kubakwa, biteganyijwe ko ruzuzura muri 2026 rutwaye Miliyoni 210 USD [arenga Miliyari 220 Frw].

Uru rugomero rukora ku Turere twa Kamonyi mu Majyepfo, Rulindo, Gakenke two mu Ntara y’Amajyaruguru, rwatumye umuhanda Giticyinyoni-Nzove-Ruli-Gakenke, ufungwa burundu, kuko amazi y’umugezi wa Nyabarongo yayobejwe akanyuzwa aho uyu muhanda wanyuraga mu Kagari ka Musagara mu Murenge wa Ruli no mu Kagari ka Bwenda mu Murenge wa Muhororo mu Karere ka Gakenke.

Abasanzwe bakoresha uyu muhanda mu bikorwa bitandukanye by’umwihariko abajyaga kwivuza, bavuga ko byabashyize mu ihurizo, kuko bisaba kuzenguruka.

Uwitwa Juvens Habyarimana ati “Nk’umuntu wavaga hariya Giticyinyoni ajya i Ruli, yakoreshaga inote ya bitanu (5 000 Frw), ariko ubu azajya akoresha inote ya cumi na bitanu (15 000 Frw).”

Nyiransabimana wo mu Karere ka Rulindo, avuga ko uyu muhanda wabafashaga guhahirana n’abaturage bo mu Karere ka Gakenke, none ubu bakaba bibaza uko imibereho yabo igiye kugenda.

Ati “Ni ikibazo dufite kugira ngo badufungire amayira, kandi twajyaga n’i Ruli tukajyanayo abarwayi, tukanabagemurirayo.”

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Fidele Abimana, avuga ko gufunga uyu muhanda byakozwe muri iki gihe cy’impeshyi kugira ngo hubakwe urukuta ruzatangira amazi y’uru rugomero rwa Nyabarongo II.

Avuga ko ifungwa ry’uyu muhanda Giticyinyoni-Nzove-Ruli-Gakenke, ritazatuma abari basanzwe bawukoresha batabona aho banyura, kuko hari indi nzira bakoresha.

Ati “Hari inzira ebyiri zishoboka. Hari ugukomeza ugaca Giticyinyoni, ugaca i Rwahi, aho kugira ngo uce hariya hari urugomero, ukazamuka i Muhondo, wagerayo ukagaruka i Rushashi, wagera i Rushashi ukaba wasubira inyuma ukagera i Ruli, ndetse wanabishaka ugeze i Rushashi wakomeza ukagera i Gakenke.”

Avuga ko indi nzira ari ukunyura umuhanda usanzwe wa kaburimbo uturuka ku Giticyinyoni, ukagera i Shyorongi, ubundi bagera ku Kirenge bakaba bagera i Muhondo na Rushashi, ubundi bakaba bajya i Ruli.

Uru rugomero ruri kubakwa rwitezweho gutanga amashanyarazi menshi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − nineteen =

Previous Post

Rubavu: Nta kwezi kurashira umuntu wa gatatu ukekwa ko ari igisambo yarashwe

Next Post

Hamenyekanye amakuru atunguranye hagati ya Putin n’ukuriye itsinda ry’indwanyi kabuhariwe Wagner

Related Posts

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Nyuma yuko hasakaye ibaruwa bigaragara ko yanditswe n’Umuyobozi w’Ikio cya C.L Gashonga TSS cyo mu Karere ka Rusizi, agaya umukozi...

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

by radiotv10
26/07/2025
0

Mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza hari gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ ikomeje gufasha abaturage mu kwikemurira amakimbirane yo mu...

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

by radiotv10
25/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abayobozi bakwiye kujya mu nshingano bazumva kandi bakazikorana ubushake n’imyumvire bibaturutsemo bibumvisha ko akazi barimo...

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubutaka mu Rwanda kigaragaza ko ubutaka bwanditse ku bagore gusa bihariye badafite abo babuhuriyeho ari 18,88% mu...

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

“Kuyobora Abanyarwanda ntako bisa pe…” Ni bumwe mu butumwa Perezida Paul Kagame yavugiye i Kayonza ubwo yari mu bikorwa byo...

IZIHERUKA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’
MU RWANDA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye amakuru atunguranye hagati ya Putin n’ukuriye itsinda ry’indwanyi kabuhariwe Wagner

Hamenyekanye amakuru atunguranye hagati ya Putin n’ukuriye itsinda ry’indwanyi kabuhariwe Wagner

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.