Sunday, July 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umuhanzikazi mushya ahishuye inkuru y’agahinda yashibutsemo indirimbo yazamuriye benshi amarangamutima

radiotv10by radiotv10
11/07/2023
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzikazi mushya ahishuye inkuru y’agahinda yashibutsemo indirimbo yazamuriye benshi amarangamutima
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi mushya Chartine Imfurikeye uherutse gushyira hanze indirimbo ye ya mbere yise ‘Mureke abeho’ yakoze benshi ku mutima, yahishuye ko igitekerezo cyayo cyashibutse mu rupfu rw’inshuti ye, yitabye Imana ubwo yakuragamo inda.

Iyi ndirimbo yakoze benshi ku mutima bitewe n’amagambo ayigize, we ahamya ko ishingiye ku nkuru mpamo nk’uko yabitangarije RADIOTV10.

Iyi nkuru itangirira mu mashuri abanza aho Chartine yigaga, avuga ko yahahuriye n’undi mwana waje kuba inshuti ye cyane, icyakora uyu mwana yatinyaga ababyeyi be dore ko batajyaga banaganira bihagije.

Igihe cyaje kugera uyu mwana acudika n’umusore, baza no kuryamana amutera inda. Akibimenya ngo yiyambaje inshuti ye (Chartine) ndetse amubwira ibyo gutwita kwe anamusaba inama y’icyo yakora kuko yari afite ubwoba ko ababyeyi be nibabimenya batazamworohera.

Chartine ati “Namugiriye inama yo kureka gukuramo inda ariko byaje kurangira ayikuyemo.”

Icyakora Chartine avuga ko uyu mwana wakuyemo inda bitamuhiriye kuko nyuma y’iminsi micye yaje kwitaba Imana.

Avuga ko ibi byabaye imbarutso yo kwandika indirimbo avuga ko imaze imyaka irenga 7 ayanditse.

Ati “Nyuma y’ibyo rero nanditse indirimbo ariko yarimo ubwana bwinshi, rero aho mviriye ku ishuri narayikosoye, mpitamo kuyisohora ari indirimbo yanjye ya mbere kugira ngo nkebure urungano.”

Chartine Imfurikeye ni umukobwa winjiye mu muziki nyuma yo kuwiga ku ishuri rya muzika, akaba umwe mu barangije aya masomo mu 2021.

Yinjiye mu ruhando rwa muzika n’iyi ndirimbo ariko yari amaze igihe akora nk’umwanditsi w’indirimbo afatanyije na Prince Kiiz akaba n’umwe mu bo biganye.

Joby Joshua
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × one =

Previous Post

Mu mvugo igezweho mu rubyiruko Minisitiri yarugene ubutumwa bw’umuburo ku kibazo gihangayikishije

Next Post

Umukinnyi wazamuriraga benshi ibinezaneza aciye impaka ku byo kugaruka muri Rayon

Related Posts

Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

by radiotv10
25/07/2025
0

Mwitende Abdoulkarim uzwi nka ‘Burikantu’ ku mbuga nkoranyambaga, wari watawe muri yombi akurikiranyweho gufungirana abakobwa bapfaga 7 000 Frw, yarekuwe....

African Streetwear: A trend or a cultural movement?

African Streetwear: A trend or a cultural movement?

by radiotv10
25/07/2025
0

African streetwear is no longer just an underground aesthetic, it has transformed into a bold expression of culture, identity, and...

Amakuru yamenyekanye y’ibyabanjirije ifungwa rya ‘Burikantu’ byanabaye intandaro

Amakuru yamenyekanye y’ibyabanjirije ifungwa rya ‘Burikantu’ byanabaye intandaro

by radiotv10
22/07/2025
0

Umusore Mwitende Abdoulkarim uzwi nka ‘Burikantu’ ku mbuga nkoranyambaga uri mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB akurikiranyweho gufungirana mu nzu...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

by radiotv10
22/07/2025
0

Nishimwe Naomie wabaye Nyampinga w’u Rwanda wa 2020, uri mu bari baherutse kugaragaza ibibazo bagiriye muri Hoteli Château le Marara...

Umuhanzikazi Marina yasangije abantu ikimero cye mu mashusho y’inzongamubiri

Umuhanzikazi Marina yasangije abantu ikimero cye mu mashusho y’inzongamubiri

by radiotv10
21/07/2025
1

Umuhanzikazi Marina yasangije abantu amashusho ye agaragaza ikimero cye, aho aba yambaye imyenda yenda kugaragaza imyanya y’ibanga nk’umukondo. Ni amashusho...

IZIHERUKA

Do young Rwandans really understand financial independence?
MU RWANDA

Do young Rwandans really understand financial independence?

by radiotv10
27/07/2025
0

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

26/07/2025
Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukinnyi wazamuriraga benshi ibinezaneza aciye impaka ku byo kugaruka muri Rayon

Umukinnyi wazamuriraga benshi ibinezaneza aciye impaka ku byo kugaruka muri Rayon

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Do young Rwandans really understand financial independence?

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.