• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyuma y’amasaha macye muri Kigali hagaragaye indi nkongi

radiotv10by radiotv10
11/07/2023
in MU RWANDA
0
Nyuma y’amasaha macye muri Kigali hagaragaye indi nkongi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’amasaha macye inkongi y’umuriro yibasiye Agakiriro ko mu Murenge wa Ndera mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, indi nkongi yagaragaye mu gace ko mu Gatsata na ho mu Karere ka Gasabo, ikongokeramo imodoka nyinshi.

Iyi nkongi yadutse ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Nyakanga 2023, yafashe imodoka zari ziri ahazwi nko ku Cyerekezo mu Murenge wa Gatsata.

Uyu muriro wafashe aha hakunze gakunze guparika imodoka ndetse zikanahakorerwa, wangije imodoka zimwe zari zihari, mu gihe bamwe mu bari bahari, bavuze ko bagiye kubona bakabona umuriro mwinshi uri kuzamuka.

Umwe mu babonye iyi nkongi, avuga ko zimwe mu modoka zari zihari zirenga eshanu, zahiye zigakongoka zikangirika bikabije ku buryo ibyazo byarangiye burundu.

Iyi nkongi, ibaye nyuma y’amasaha macye mu Gakiriro ko mu Murenge wa Ndera mu Karere ka Gasabo, na ho habaye inkongi yafashe igice cyakorerwagamo ububaji, ikangiza ibyari biri muri aka Gakiriro, nk’imashini ndetse n’ibindi bikoresho birimo imbaho.

Ni mu gihe kandi mu kwezi kumwe n’igice mu Gakiriro ka Gisozi naho mu Karere ka Gasabo, hari habaye indi nkongi y’umuriro, nayo yari yafashe igice gisanzwe gikorerwamo ububaji, ikangiza byinshi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 − two =

Previous Post

Umukinnyi wazamuriraga benshi ibinezaneza aciye impaka ku byo kugaruka muri Rayon

Next Post

Ukuri mpamo ku byavugwaga ko umubyinnyi uzwi mu Rwanda yafunguwe

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Uzwi muri muzika nyarwanda ufunze yagaragaye yaje kuburana

Ukuri mpamo ku byavugwaga ko umubyinnyi uzwi mu Rwanda yafunguwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.