Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bwa mbere Perezida Kagame yavuze birambuye ku bya Ukraine n’u Burusiya n’igikwiye gukorwa

radiotv10by radiotv10
17/07/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Bwa mbere Perezida Kagame yavuze birambuye ku bya Ukraine n’u Burusiya n’igikwiye gukorwa
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko impande zifite ukuboka mu ntambara iri kubera muri Ukraine, zikwiye guca bugufi, zikaganira ku cyatuma amahoro aboneka, aho gukomeza guhigana ubutwari no gutiza umurindi iyi ntambara hatangwa inkunga z’intwaro.

Perezida Kagame yabitangaje kuri iki Cyumweru tariki 16 Nyakanga 2023 mu kiganiro n’itangazamukuru ubwo yari kumwe na Perezida wa Hungary, Madamu Katalin Novák, uri mu ruzinduko mu Rwanda.

Perezida Paul Kagame avuga ko hari umusanzu abantu batanga mu biganiro-mpaka bigamije gushaka amahoro muri biriya bice, kuko iyi ntambara igira ingaruka ku Isi yose, ndetse zageze no ku Rwanda.

Avuga ko iyi ntambara yagiye ivugwaho byinshi n’Ibihugu byo mu burengerazuba bw’Isi, ndetse bikavugwa ko biyigiramo uruhare, ariko ko icyari gikwiye kuganirwaho, ari ugushaka umuti w’umuzi w’iyi ntambara.

Ati “Dushobora kuganira, dushobora gutanga umusanzu, dushobora kujya impaka ariko hari ikintu gito dushobora gukora nk’Igihugu nk’u Rwanda, ariko mu gihe yaba ari ugutanga ibitekerezo byatanga umusaruro, iteka ryose twavuga ko habanza gusuzumwa umuzi w’ikibazo.”

Avuga ko Ibihugu by’ibihangange byakunze kujya impaka, hibazwa “ni inde uri mu kuri, ni inde utari mu kuri, ariko byose birangira intambara ikomeje nk’uko imeze ubu. Bigaragara ko hari byinshi bibeshyeho kuruta ibyo batekereza ko ari ukuri.”

Akomeza agira ati “Iyo ushaka amahoro no kuyageraho, utangira guha agaciro iby’ukuri kurusha ibitari ukuri […] bitabaye ibyo, kuba bakomeza kurwana, kuba wakomeza guha intwaro z’ubwoko bwose wizeye ko uruhande rumwe ruzatsinda urundi, bishobora kuzafata igihe kinini, kandi ingaruka na zo zifite igiciriro kinini.”

Umukuru w’u Rwanda avuga ko impande ziri muri ibi bibazo, zikwiye kureba kure kuko iyi ntambara ikomeje kugira ingaruka ziremereye, zikareba icyo zikura muri iyi ntambara n’icyo zihomberamo.

Avuga ko hakunze kubaho impaka ngo Igihugu kimwe cyateye ikindi, abandi bakavuga ko cyagiteye kubera impamvu runaka, ariko ko impaka nk’izi zikwiye guhagarara hakarebwa icyageza ku mahoro.

Ati “Bakeneye kuba baca bugufi bakicara hamwe bakabanza bagatuza ubundi bakareba inzira zabafasha kugera ku mahoro, kandi natwe tukareka gukomeza kugirwaho ingaruka n’ibiri kuba hariya.”

 

U Burayi busa nk’ubumaze kwibagirwa

Perezida wa Hungary, Madamu Katalin Novák, na we wagarutse kuri iki kibazo, yavuze ko igikenewe cya mbere ari amahoro.

Ati “Kandi kuba ndi hano mu Rwanda, nakumva neza impamvu amahoro ari ingirakamaro. Dusa nk’aho twatese mu Burayi kuba tumaze igihe nta ntambara nyinshi kuva intambara ya kabiri y’Isi yarangira.

Abantu basa nk’abashaka kwibagirwa uburyo intambara igira ingaruka, bashaka kwibagirwa igisobanuro cyo kubura ubuzima, icyo bisobanuye kuba umubyeyi yabura abana be, kuba abagore babura abagabo babo, ubu ni byo turi kubona muri Ukraine.”

Perezida wa Hungary, Madamu Katalin Novák avuga ko nk’Igihugu ayoboye bifuza ko iyi ntambara yo muri Ukraine, yahagarara mu gihe cya vuba, hakabaho ibiganiro.

Yavuze ko impande ziri muri iyi ntambara, zikwiye gutekereza by’igihe kirambye, zikareba ingaruka izasiga kuruta kumva ko zakomeza guhigana ubutwari.

RADIOTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × two =

Previous Post

Afurika: Ikindi Gihugu cyatangiye inzira ikuriraho inzitizi Perezida kutiyamamariza manda ya 3

Next Post

Mu Rwanda hageze Perezida wa gatatu mu minsi micye

Related Posts

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

IZIHERUKA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules
MU RWANDA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu Rwanda hageze Perezida wa gatatu mu minsi micye

Mu Rwanda hageze Perezida wa gatatu mu minsi micye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.